Ijoro ryari rigenewe ibirori by’intsinzi ryahindutse amarira mu mujyi wa Bengaluru, ubwo abafana ba Royal Challengers Bengaluru bateraniraga hanze ya M. Chinnaswamy Stadium bishimira igikombe cya IPL 2025. Abantu benshi cyane bahuriranye mu gace kamwe bashaka kureba abakinnyi, bituma habaho umubyigano ukabije wateje imvururu (stampede). Nk’uko byatangajwe n’inzego z’ubuyobozi, abantu barenga 10 bahise bapfa, abandi benshi barakomereka.
Abatangabuhamya bavuze ko habaye akavuyo gakomeye, aho abantu bamwe bariye inyubako n’ibindi bintu kugira ngo babashe kubona abakinnyi. Umwe mu bari aho yavuze ko imihanda yari yuzuye abantu ku buryo butigeze bubaho mbere.
Umujyi rwagati wari wuzuye cyane ku buryo abapolisi bananiwe kugenzura urujya n’uruza rw’abantu n’ibinyabiziga. N’ahantu hahurira imodoka za gari ya moshi zo mu mujyi (metro) hari huzuye bikabije, abantu bamwe binjira ku ngufu abandi baza n’amaguru. Inzego zishinzwe ubutabazi zatabaye vuba, zitwara abakomeretse mu bitaro, ariko zivuga ko umubare w’abapfuye ushobora kwiyongera kubera uburemere bw’imvune zimwe.
Polisi n’inzego zishinzwe ibiza zatangiye iperereza ku cyateye iyi mvururu, harebwa niba hari intege nke mu mitegurire y’ibi birori. Leta y’iyo ntara yatangaje ko izafasha imiryango yabuze ababo ndetse n’abakomeretse. Hagati aho, India yatangaje ko igiye gukora ibarura rusange ry’abaturage mu byiciro bibiri, rizaba rishingiye ku ikoranabuhanga gusa. Tariki ya 1 Werurwe 2027 saa sita z’ijoro izaba ari yo tariki fatizo.




Comments
0