INTERNATIONAL

Impamvu y’inkubi y’umuyaga n’ubushyuhe bwinshi byagize uruhare mu rupfu rw’abantu mu nyanja muri Indonesia

Impamvu y’inkubi y’umuyaga n’ubushyuhe bwinshi byagize uruhare mu rupfu rw’abantu mu nyanja muri Indonesia

Mu gihugu cya Indonesia, abantu benshi bapfiriye mu nyanja abandi bagishakishwa nyuma y’uko ferry KMP Tunu Pratama Jaya yirohama ku mazi hafi y’ikirwa cya Bali, ku gicamunsi cyo ku wa Gatatu, tariki 3 Nyakanga 2025.

Ferry yari itwaye abantu 65 bose hamwe, barimo abagenzi 53 n’abakozi 12, ubwo bwahagurukaga ku cyambu cya Ketapang mu mujyi wa Banyuwangi, mu Ntara ya East Java, bwerekeza ku kirwa cya Bali.

Urwego rwa leta rushinzwe ubutabazi no kurohora abarohamye mu mazi (BASARNAS) rwatangaje ko impanuka yabaye nyuma y’iminota 25–30 ferry ikigenda, bitewe n’inkubi y’umuyaga ikomeye. Nubwo ibikorwa by’ubutabazi byabangamiwe n’imiyaga, abantu 31 bamaze kurokorwa, abandi 30 bagishakishwa mu mazi.

Iri sanganya ryabaye mu gihe hari ubushyuhe bwinshi bw’inyanja n’imiyaga ikomeye, ibintu byagize ingaruka ku mikorere ya ferry. Mu bikorwa byo gushakisha abataraboneka, hakoreshwa amato 13 n’indege za kajugujugu, mu gihe andi makipe akomeza kugenzura inkombe zose ziri hafi aho impanuka yabereye.

Ubuyobozi bwatangaje ko hari icyizere ko hari abashobora kuba bagihumeka. Uretse abantu, ferry yari itwaye imodoka 22, ariko nta makuru arambuye aratangazwa ku byangiritse.

Ibihugu bifite ibirwa byinshi nka Indonesia bihura kenshi n’impanuka nk’izi, akenshi ziterwa n’ubwato butujuje ibisabwa cyangwa ibikoresha by’umutekano bidahagije. Ubu, inzego z’ubuyobozi ziri gukora iperereza ku mpamvu y’impanuka, mu rwego rwo gukaza igenzura ry’imikoreshereze ya ferry muri ako gace.

Iyi nkuru yemejwe kandi n’ibinyamakuru mpuzamahanga birimo Reuters na The Guardian.

Comments

0