Imyenda y’imbere ku bagore ni imwe mu myambaro abantu benshi bamenyereye, ariko batita cyane ku mpamvu nyayo ituma bayambara. Akenshi umuntu arayambara buri munsi atigeze yibaza impamvu, icyayihimbiwe cyangwa uko igira uruhare ku buzima. Hari abavuga ko ari umuco, abandi bakavuga ko ari uburyo bwo kurimba cyangwa kwiyumva neza, ariko ibirenze ibyo ni uko ifite akamaro gafatika ku mubiri n’isuku y’umugore.
Imyenda y’imbere ibanza gufasha mu kurinda umubiri by’umwihariko igice cy’ibanga cy’umugore. Irinda ko imyanda cyangwa imyenda y’inyuma ihura n’ibice by’ingenzi by’umubiri, bityo igasigasira isuku n’ubuzima bwiza. Iyo ikozwe mu myenda yoroshye nk’ipamba, ifasha mu gukurura ubushyuhe n’ububobere, bityo ikarinda indwara zituruka ku mikorere mibi y’uduce two mu myanya ndangagitsina.
Imyenda y’imbere inatuma umugore yisanzura mu myambaro y’inyuma. Iyi myenda ituma ashobora kwambara ikanzu cyangwa ipantalo mu bwisanzure, atikanga ko hari icyagaragara cyangwa cyatera isoni. Hari igihe kandi iyi myenda iba ifite ubushobozi bwo gushyigikira umubiri, nko kuri bra ituma amabere aguma hamwe, akagira imiterere iboneye, bityo ikagabanya ububabare bw’umugongo no mu mabere igihe umubiri ukoze cyane.




Comments
0