Kuwa 16 Gicurasi 2025 – Ubutabera bw’u Bufaransa bwahagaritse burundu iperereza ryari rimaze imyaka irenga 15 bukora kuri Agathe Kanziga Habyarimana, umugore wa Perezida w’u Rwanda wahoze ku butegetsi, Juvénal Habyarimana, ku byaha bya jenoside n’ibyaha byibasiye inyokomuntu.
Agathe Kanziga yari amaze igihe kinini ashinjwa kugira uruhare rukomeye muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, by’umwihariko binyuze mu itsinda ry’abantu ba hafi b’ubutegetsi bwari rizwi ku izina rya “Akazu”. Iperereza ku ruhare rwe ryatangiye mu mwaka wa 2008, nyuma y’ikirego cyatanzwe n’umuryango uharanira ubutabera ku Rwanda, CPCR (Collectif des Parties Civiles pour le Rwanda).

Agathe Kanziga Habyarimana, umugore wa Perezida Juvénal Habyarimana wahoze ku butegetsi mu Rwanda.
Mu 2016, yashyizwe mu cyiciro cy’abatangabuhamya bafashwa n’ubutabera, ariko ntiyigeze agezwa imbere y’urukiko. Nubwo mu 2022 hari icyemezo cyari cyagaragaje ko iperereza rishobora guhagarikwa, ubushinjacyaha bwongeye kugaragaza inyungu yo gukomeza iperereza mu 2024 hashingiwe ku buhamya bushya.Ariko urukiko rw’i Paris rwanzuye ko ubwo buhamya bushya budafite ishingiro kandi bushidikanywaho. Rwagaragaje ko ibimenyetso byari bihari bidahagije, ndetse ko hari n’ibyashoboraga kuba byaratanzwe mu buryo bwo kuyobya ubutabera.
Agathe Kanziga yari amaze igihe atuye mu Bufaransa nk’impunzi, mu gihe ubusabe bw’u Rwanda bwo kumushyikirizwa bwagiye bwirengagizwa. Icyemezo cyo guhagarika iperereza gishobora kongera guteza impaka ku ruhare rw’u Bufaransa mu mateka ya jenoside. Leta y’u Rwanda n’imiryango iharanira inyungu z’abacitse ku icumu bagaragaje ko batishimiye iki cyemezo. Umuvugizi wa IBUKA, Naphtal Ahishakiye, yavuze ko ari intambwe isubiza inyuma ubutabera kandi igaca intege abarokotse, bikerekana icyuho mu mikoranire y’ubutabera mpuzamahanga.




Comments
0