Mu nama yagiranye n’abaminisitiri, Donald Trump yongeye gushimangira ko Iran igomba kwinjira mu biganiro n’United States bigamije guhagarika intambara, ayiburira ko kutabyemera bishobora kuyiviramo ingaruka zikomeye.
Aya magambo ya Trump yongeye kuzamura impaka ku hazaza h’umubano w’ibihugu byombi, cyane cyane ku bijyanye n’uko ibiganiro bitaziguye bihagaze muri iki gihe.
Perezida Trump yavuze ko Iran igaragaza ubushake bwo kugera ku masezerano y’amahoro, ariko ku rundi ruhande, abayobozi ba Iran bakomeje kubihakana, bashimangira ko nta biganiro bari kugirana na Amerika.
Ku wa Gatatu, Iran yanenze umugambi w’amahoro wa Amerika uvugwa ko usaba Tehran kureka gahunda yayo ya nikleyeri no kugabanya ubushobozi bwayo mu bya misile, ibintu Iran ivuga ko bidashoboka kwemera. Muri iyo nama, intumwa idasanzwe ya Trump, Steve Witkoff, yemeje ko Amerika yamaze gushyikiriza Iran umushinga w’amahoro ugizwe n’ingingo 15, nubwo atigeze atangaza ibisobanuro birambuye kuri uwo mugambi.
Nubwo Trump atigeze atangaza ku mugaragaro niba Iran yaramaze kwanga uwo mugambi, yagaragaje ko amahitamo ari mu maboko ya Tehran. Yanaburiye ko ishobora guhura n’ingaruka zikomeye nidashyira iherezo ku mirwano.
Yagize ati: “Nibatabikora, tuzababera inzozi mbi cyane. Tuzakomeza kubatera ubwoba nta nkomyi.”




Comments
0