OTHERS

Menya Imipaka 19 y’u Rwanda: Aho iherereye, uko ikora n’akamaro kayo mu bukungu bw’igihugu

Menya Imipaka 19 y’u Rwanda: Aho iherereye, uko ikora n’akamaro kayo mu bukungu bw’igihugu

U Rwanda ni igihugu kiri mu karere k’Afurika y’Iburasirazuba, gifite imipaka igihuza n’ibihugu bine by’abaturanyi:


Uganda mu majyaruguru, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) mu burengerazuba, u Burundi mu majyepfo, na Tanzania mu burasirazuba.


Igihugu cy’u Rwanda gifite imipaka mpuzamahanga igera kuri 19: harimo iminini ikoreshwa cyane mu bucuruzi n’ubukerarugendo, ndetse n’imito ikoreshwa n’abaturage cyane cyane batuye hafi y’imipaka,


bagenda mu buryo bworoshye mu buzima bwa buri munsi.Duhereye ku bihugu n’uturere u Rwanda ruhana na byo:


1. Ku ruhande rw’Iburasirazuba:


U Rwanda rufatanye na Tanzania, kandi rufite imipaka ikomeye nk’iya Rusumo (mu Karere ka Kirehe), ikoreshwa cyane mu bwikorezi bw’ibicuruzwa binini bijya cyangwa biva ku cyambu cya Dar es Salaam. Hari n’indi mipaka mito nka Kagitumba, Kiyanzi na Ntyazo ikoreshwa n’abaturage baturiye ako gace.



Comments

0