Perezida wa Lebanon, Joseph Aoun, yasabye ko habaho ibiganiro bitaziguye na Israel hagamijwe kugabanya amakimbirane akomeje hagati yayo n’umutwe wa Hezbollah ushyigikiwe na Iran. Yavuze ko Libani yiteguye ibiganiro, ariko ko bidashoboka mu gihe igihugu gikomeje kugabwaho ibitero.
Yanenze ibikorwa bya Hezbollah avuga ko byatumye Libani yinjira mu ntambara ikomeye y’akarere, yateje ibibazo bikomeye ku baturage. Aoun yavuze ko abaturage benshi babayeho mu buzima bugoye, nta n’aho bakinga umusaya. Nk’uko byatangajwe n’Umuryango w’Abibumbye, abarenga 700,000 bamaze guhunga mu Lebanon, harimo abana barenga 200,000, mu gihe abandi benshi bamaze kugwa mu bitero.
Iyi ntambara yakajije umurego nyuma y’amakimbirane hagati ya United States na Israel n’Iran, aho Iran yagaragaje kwihorera binyuze mu bitero no gufunga umuyoboro wa Strait of Hormuz.Abategetsi ba Amerika bavuga ko ibitero bya Iran bigenda bigabanuka, mu gihe Amerika nayo ikomeje ibikorwa byayo bya gisirikare mu karere. Bemeza ko hari intambwe iri guterwa mu kugabanya ibitero bya misile na drones.
Amerika kandi iri gushaka uburyo bwo kurinda amato atwara Ibikomoka kuri peteroli anyura muri uwo muhanda kugira ngo ubucuruzi bw’ibitoro ku isi budahungabana. Jenoside y’iyi ntambara ikomeje guteza impungenge zikomeye ku mutekano n’ubukungu bw’akarere kose.




Comments
0