INTERNATIONAL

Trump Yasubitse Imisoro ku Bicuruzwa biva mu Buyapani na Koreya y’Epfo

Trump Yasubitse Imisoro ku Bicuruzwa biva mu Buyapani na Koreya y’Epfo

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko yongeye gusubika ishyirwa mu bikorwa ry’imisoro ihanitse ku bicuruzwa biva mu bihugu by’amahanga birimo Ubuyapani na Koreya y’Epfo. Iyi myanzuro ibaye mu gihe igihe cy’iminsi 90 cyari cyahawe ibiganiro cyari kigiye kurangira muri iki cyumweru.


Nk’uko byemejwe n’ibiro bya Perezida, White House, Trump yohereje amabaruwa 14 yandikiwe ibihugu bitandukanye, abamenyesha ko iyo misoro mishya yagombaga gutangira ku itariki ya 1 Kanama. Gusa yagaragaje ko iyo tariki ishobora guhinduka bitewe n’uko ibiganiro hagati y’Amerika n’ibihugu birebwa n’iyo misoro byagenda.


Comments

0