Education

5 articles found

Ibizamini bya Leta bisoza icyiciro rusange(o’level) n’icya kabiri(A’level) bizatangira ku wa 9 Nyakanga 2025
EDUCATION

Ibizamini bya Leta bisoza icyiciro rusange(o’level) n’icya kabiri(A’level) bizatangira ku wa 9 Nyakanga 2025

NESA yatangaje ko ibizamini bya Leta bya O-Level na A-Level 2024/2025 bizaba kuva ku ya 9–18 Nyakanga 2025 mu bigo 1,595 hirya no hino mu gihugu. Abiyandikishije ni 149,134 muri O-Level na 106,364 muri A-Level. Abakandida bafite ubumuga bazahabwa ubufasha bwihariye, kandi bose basabwe gukora ibizamini birangwa n’imico myiza birinda gukopera.

Perezida Kagame yifatanyije n’itsinda ry’impuguke ku isakazabumenyi ku isi mu kwizihiza imyaka 15
EDUCATION

Perezida Kagame yifatanyije n’itsinda ry’impuguke ku isakazabumenyi ku isi mu kwizihiza imyaka 15

Ku Cyumweru tariki ya 6 Nyakanga 2025, Perezida Paul Kagame yifatanyije n’Itsinda rya Broadband Commission for Sustainable Development muri Village Urugwiro mu kwizihiza imyaka 15 rimaze rishishikariza kugeza internet kuri bose. Perezida Kagame, umwe mu bariongozi baryo ku rwego mpuzamahanga, yashimangiye ko internet ari uburenganzira n’isoko y’amahirwe n’iterambere rirambye, ashimirwa uruhare rwe mu guteza imbere ikoranabuhanga ku Isi.

Umuryango wa RDF wakiriye abasirikare bashya basoje amasomo
EDUCATION

Umuryango wa RDF wakiriye abasirikare bashya basoje amasomo

Ku wa 19 Kamena 2025, mu Kigo cya gisirikare cya Nasho habereye umuhango wo kwakira abasore n’inkumi basoje amahugurwa y’ibanze y’amezi atandatu. Abasoje berekanye ubumenyi bahawe, Gen Mubarakh Muganga n’abandi bayobozi babashimiye, babasabye kubahiriza indangagaciro za RDF no gukorera hamwe, ndetse bitegure no gukorera mu bikorwa byo kubungabunga amahoro.

Gicumbi hatashywe ku mugaragaro ishami rya Kigali Christian School
EDUCATION

Gicumbi hatashywe ku mugaragaro ishami rya Kigali Christian School

Ku wa Gatanu, tariki 13 Kamena 2025, Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi yafunguye ku mugaragaro ishuri Kigali Christian – ishami rya Gicumbi mu murenge wa Byumba, akagari ka Kibali, rifasha mu burezi no mu myigishirize ishingiye ku myemerere. Iri shuri ryatangiye mu mwaka w’amashuri wa 2024-2025 rifite abana 91 kandi ryatanze akazi ku bantu 32. Rifite intego zo guteza imbere ireme ry’uburezi, gukura abana mu myizerere ya Kristo no kubafasha mu mikurire yabo.

Abarenga 4500 barangije amasomo yabo mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyi ngiro
EDUCATION

Abarenga 4500 barangije amasomo yabo mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyi ngiro

Ku wa Kane, tariki 29 Gicurasi 2025, abanyeshuri 4,562 bahawe impamyabumenyi na Rwanda Polytechnic: 3,146 Advanced Diploma na 1,416 Bachelor of Technology. Umuhango witabiriwe na Minisitiri w’Uburezi Joseph Nsengimana na Minisitiri w’Intebe Dr. Eduard Ngirente, basabye abarangije gukoresha ubumenyi bwabo mu iterambere. Iki ni icyiciro cya 8, kandi RP ifite amashami 8 hirya no hino mu gihugu.

Previous
Page 2