Health & Fitness

20 articles found

Ibyo wamenya ku bwoko bw’ingona ya Nile Crocodile
HEALTH & FITNESS

Ibyo wamenya ku bwoko bw’ingona ya Nile Crocodile

Nile Crocodile ni imwe mu ngona nini cyane ku isi. Ziboneka mu mazi y’inyanja, ibiyaga n’imigezi y’Afurika, cyane cyane muri Nile River. Zishobora kugera ku burebure bwa metero 5.5–6, zigakura zikagera ku myaka 100, zifite ibiro bigera kuri 750. Zirinda umutekano wazo kubera uruhu rukomeye kandi zifite amenyo akomeye zifashisha mu gufata ibyo zirya. Izi ngona zirya inyama gusa, zikajya zihiga mu mazi cyangwa zikagenda kure gushaka ifunguro ryazo, ririmo impala, inkwavu, imbogo n’izindi nyamaswa. Zigira aho zishyira amagi hafi y’amazi, akura mu mezi atatu akagera ku minsi 75–100, mu gihe ingore iguma hafi yo kurinda. Mu Mujyi wa Kigali, mu Ngoro Ndangamateka ya Ricard Kandt, hari Nile Crocodile yaturutse mu Kagera. Yaje ifite imyaka 2 n’igice, ubu ifite imyaka 8.

Waruziko guhoberana ari byiza?
HEALTH & FITNESS

Waruziko guhoberana ari byiza?

Guhoberana ni igikorwa abantu benshi bakora ku isi. Bituma twishima, tugabanya umunaniro, kandi bigafasha mu buzima. Biranakomeza urukundo n’ubushuti, bigabanya amakimbirane kandi bikarinda indwara. Umunsi mpuzamahanga wo guhoberana wizihizwa tariki 21 Mutarama. Abaganga bagira inama yo guhoberana byibuze incuro enye ku munsi. Tangira uhobere abantu bakwegereye.

Impamvu esheshatu zituma abantu bafata icyemezo cyo kwibaruka abana
HEALTH & FITNESS

Impamvu esheshatu zituma abantu bafata icyemezo cyo kwibaruka abana

Kubyara ni icyemezo gikomeye giterwa n’impamvu zitandukanye zirimo urukundo n’icyifuzo cyo gushinga umuryango igitutu cy’umuco n’imiryango gushaka uwo basigira umurage kwifuza umuntu uba hafi imibonano mpuzabitsina itarateguwe ndetse n’imyizerere y’amadini Izi mpamvu zituma bamwe babyara batabiteguye cyangwa batabanje kubitekerezaho bihagije ari yo mpamvu ari ngombwa ko icyemezo cyo kubyara gifatwa mu bwisanzure hashingiwe ku bushobozi n’icyifuzo bw’umuntu kuko kigira ingaruka z’igihe kirekire ku muryango no ku mwana azavuka

Ibanga rikomeye ku buzima bwo mu mutwe: ibyo buri wese akwiye kumva hakiri kare
HEALTH & FITNESS

Ibanga rikomeye ku buzima bwo mu mutwe: ibyo buri wese akwiye kumva hakiri kare

Indwara zo mu mutwe zitangira kenshi hakiri kare aho igice kinini cy’abazirwaye kigaragaza ibimenyetso mbere y’imyaka 25 kandi zigira ingaruka zikomeye ku bana n’urubyiruko bigatuma ziba zimwe mu zitera ubumuga muri iyo myaka Izi ndwara zifitanye isano rikomeye n’imibereho yo mu muryango aho ubusumbane n’ibibazo by’imibereho byongera ibyago byo kwigunga kwiyahura no gutsindwa mu ishuri Kubona ubuvuzi nabyo biterwa n’iterambere ry’igihugu kuko mu bihugu bikennye abantu benshi batabuvuzwa neza Hakiyongeraho ikibazo cya burnout iterwa n’umunaniro ukabije wo mu kazi n’ingaruka mbi z’imbuga nkoranyambaga ku rubyiruko bituma rwiyumva rwigunze bityo bikongera ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe ari na yo mpamvu hakenewe gukumira kwivuza hakiri kare no gufasha abantu binyuze mu makuru meza guteza imbere aho bakorera no gushyigikira ubushakashatsi n’udushya mu buvuzi bwo mu mutwe.

Ese waruzi ibyo kurya byongera amaraso
HEALTH & FITNESS

Ese waruzi ibyo kurya byongera amaraso

Ibiribwa byongera amaraso ni ingenzi ku buzima bw’umuntu kuko amaraso afasha umubiri gukora neza, kandi iyo yabaye make bigatera ibibazo nko guhorana umunaniro, isereri no guhumeka nabi bikaranga indwara ya anemia iterwa ahanini n’igabanuka rya hemoglobin itwara umwuka wa ogisojeni mu maraso. Kubera ubuzima bwo guhangayika no kwicara igihe kinini, benshi bagira ikibazo cyo kugabanuka kwa hemoglobin, ari yo mpamvu hakenewe kurya ibiribwa bikungahaye ku butare bwa fer, vitamin C na folic acid bifasha mu ikorwa ry’insoro zitukura z’amaraso. Imboga rwatsi nka epinari na broccoli, imbuto nka beterave na watermelon, ibishyimbo, lantiye, amagi, tofu, inyama y’umwijima n’imbuto z’ibihaza bigira uruhare runini mu kongera amaraso, bityo kwita ku mirire ikungahaye kuri ibyo biribwa bikaba ari ingenzi mu kwirinda ikibazo cy’amaraso make no kubungabunga ubuzima bwiza.

Menya uburyo bwo kwirinda kunutsa inkweto n’ibirenge
HEALTH & FITNESS

Menya uburyo bwo kwirinda kunutsa inkweto n’ibirenge

Umwuka mubi mu nkweto n’ibirenge ushobora kugera kuri buri wese, cyane cyane abambara inkweto zifunze igihe kirekire n’abakinnyi ba siporo. Uterwa ahanini n’udukoko (bacteria) twiyongera kubera isuku nke, amasogisi adatuma neza n’inkweto zidahumeka. Iki kibazo gishobora no gutera kubyimba no kuribwa mu birenge. Kugira ngo wirinde cyangwa ugihangane na cyo, ni ngombwa gukaraba ibirenge buri munsi, guhindura amasogisi, gushyira inkweto ku zuba cyangwa ahari umwuka mwiza, no gukoresha powder cyangwa spray yica udukoko. Iyo bikomeje, ni byiza kwivuza kwa muganga.

impamvu abagore batwite bazana umurongo w’umukara kugice cy’inda
HEALTH & FITNESS

impamvu abagore batwite bazana umurongo w’umukara kugice cy’inda

Umurongo w’umukara uca hagati mu nda y’umugore utwite uzwi nka linea nigra ukomoka ku mpinduka z’imisemburo ituma umubiri ukora melanin nyinshi. Uyu murongo ubusanzwe ugaragara hagati y’ukwezi kwa gatatu n’ukwa gatanu kandi ntacyo utwaye kuko ari ikimenyetso gisanzwe kitagira ingaruka ku mwana cyangwa umubyeyi. Nyuma yo kubyara uyu murongo ugenda usibangana gahoro gahoro mu buryo bw’umwimerere bityo abagore bagirwa inama yo kutawukuraho bakoresje imiti cyangwa amavuta kuko uba ari ibisanzwe.

Menya neza akamaro ka tangawise ku bagabo: ngibi ibyo ukeneye kumenya
HEALTH & FITNESS

Menya neza akamaro ka tangawise ku bagabo: ngibi ibyo ukeneye kumenya

Tangawise ni urubuto rw’ingirakamaro cyane ku buzima bw’abagabo kuko rukungahaye kuri vitamine n’ibinyabutabire birinda umubiri. Rufasha mu kongera imbaraga z’umubiri, guteza imbere ubuzima bw’imyororokere binyuze mu kongera ubushake, no kurinda amaseke kwangirika. Usibye ibyo, tangawise irinda indwara z’umutima, ikanyura mu kugabanya umuvuduko w’amaraso, ikanatunganya igogora ririnda n’ibibazo by’umwanya w’igifu. Kuyirya kenshi bifasha umugabo guhorana amagara macye no kuramba.

umuti wa mbere wa malariya ugenewe impinja wemejwe gukoreshwa
HEALTH & FITNESS

umuti wa mbere wa malariya ugenewe impinja wemejwe gukoreshwa

Hakozwe umuti mushya wa malariya wihariye ugenewe impinja n’abana bato cyane batarageza ku biro bitanu n’igice ugiye gutangira gukoreshwa mu bihugu bya Afurika. Uyu muti wakozwe n’uruganda rwa Novartis uje gukemura icyuho cy’ubuvuzi cyatuma abana benshi bapfa kuko malariya yishe abagera ku bihumbi magana atandatu mu mwaka wa bibiri na makumyabiri n’itatu. Biteganijwe ko uyu muti uzatangwa ku buntu mu rwego rwo kugabanya imfu z’abana bato no kurwanya iyi ndwara ku rwego rw’isi.

Imyenda y’imbere n’ubuzima bw’umugore: Dore Ibyo Wamenya Bikagufasha
HEALTH & FITNESS

Imyenda y’imbere n’ubuzima bw’umugore: Dore Ibyo Wamenya Bikagufasha

Imyenda y’imbere ku bagore ifite akamaro kenshi karembiye ku isuku n’ubuzima bw’umubiri kuko irinda igice cy’ibanga guhura n’imyanda cyangwa imyenda y’inyuma ikomeye. Iyo ikozwe mu mwenda w’ipamba ifasha gukurura ubushyuhe n’ububobere bityo ikarinda indwara ziterwa n’udukoko mu gihe nka sutiyera ifasha mu gushyigikira amabere no kugabanya ububabare bw’umugongo ndetse no kongerera umugore icyizere n’umutekano mu myambaro y’inyuma Nubwo ari ingenzi kuyambara nabi bishobora gutera ibibazo nka infections n’indwara z’uruhu mu gihe ifashe cyane cyangwa ikozwe mu bikoresho nka polyester bitemerera umubiri guhumeka neza. Abahanga bageraho bakajya inama yo kuryama umuntu ntayo yambaye kugira ngo umubiri uruhuke bityo guhitamo imyenda y’imbere ikwiye bikaba ari igikorwa gisaba ubumenyi n’ubushishozi hagamijwe gusigasira isuku n’agaciro k’umugore

isombe ifunguro ryuzuyemo intungamubiri zifasha umubiri w’umuntu
HEALTH & FITNESS

isombe ifunguro ryuzuyemo intungamubiri zifasha umubiri w’umuntu

Isombe ni ifunguro rikize ku ntungamubiri rikaba rirangwa n’uburyohe bitewe n’ibirungo n’inyama cyangwa ubunyobwa bitekanywamo. Ubushakashatsi bwerekana ko ikungahaye kuri vitamini A na C zifasha kongera ubudahangarwa bw’umubiri no kurinda amaso n’uruhu hamwe n’imyunyungugu nka calcium na potassium ifasha amagufa gukomera no gutuma amaraso atembera neza Isombe kandi ifasha mu gogorwa ry’ibiryo no kurwanya impatwe ndetse ikaba ari ingenzi ku bana bari gukura n’abantu bakeneye gusana ingingo z’umubiri. Nk’ifunguro ryuzuye ririnda indwara zitandukanye rikaba rikwiye kwibandwaho n’abantu bose bashaka kugira imbaraga n’ubuzima bwiza mu mirire yabo ya buri munsi

Ubuzima Bwanjye ni cyo Gishoro, Kuba Nkihumeka Biracyashoboka
HEALTH & FITNESS

Ubuzima Bwanjye ni cyo Gishoro, Kuba Nkihumeka Biracyashoboka

Muri iki gihe isi yugarijwe n’ikubitiro ry’indwara n’imihindagurikire y’ikirere ni ngombwa kuzirikana ko ubuzima ari cyo gishoro n’ishoramari rya mbere ry’umuntu kurusha amafaranga n’imitungo. Kuba umuntu agihumeka kandi akabasha gukora ibyo benshi bafata nka bito nko kugenda cyangwa kumva ijwi ry’abandi ni impano ikomeye itanga amahirwe yo kwiyubaka no guhindura icyerekezo cy’ubuzima nubwo haba hariho ibibazo by’ubukungu cyangwa ibikomere by’umutima Kugira ngo umuntu asigasire iri shoramari ry’ubuzima agomba kwiga kubwubaha akora imyitozo ngororangingo arya neza kandi agasabana n’Imana ndetse n’abantu. Nta kintu na kimwe kigira agaciro iyo umubiri n’umutima byacitse intege ni yo mpamvu umuntu akwiye kugira ishema ryo kuba akiriho kuko ari yo ntambwe ya mbere yo kugera ku nzozi ze no kubona umunezero nyawo mu rugendo rwa buri munsi

Zimwe mu mpamvu abahanga badakunze guhirwa mu rugendo rw’urukundo
HEALTH & FITNESS

Zimwe mu mpamvu abahanga badakunze guhirwa mu rugendo rw’urukundo

Abahanga mu by’imitekerereze bagaragaza ko abantu bafite ubwenge bwinshi bakunda guhura n’imbogamizi mu rukundo bitewe n’uko banyura mu busesenguzi bukabije bw’amagambo n’imyitwarire y’abo bakundana. Ibi bituma babaho mu bitekerezo byabo cyane bakagira ikibazo cyo kwifungura mu marangamutima cyangwa bakaba biteze ibintu byinshi bidasanzwe ku bo bari kumwe bityo bikaba byateza kutanyurwa cyangwa kumva batumvikana n’abandi Icyakora ibi ntibibuza abanyabwenge kugira urukundo rwiza kuko icyenewe ari uko bamenya guhuza ubwenge busanzwe n’ubwo mu marangamutima kandi bagashaka abakunzi babumva ndetse bakabaha umwanya wo gutekereza. Kugira ngo urukundo rwabo ruryohe bakeneye ubufatanye bushingiye ku kuri no gusangira ibiganiro bifite ireme bituma biyumvanamo n’abo bahisemo kubana nabo mu buzima bwabo bwa buri munsi

Minisitiri w’Ubuzima yifatanyije n’inshuti za Dr. Paul Farmer mu kwizihiza umurage we
HEALTH & FITNESS

Minisitiri w’Ubuzima yifatanyije n’inshuti za Dr. Paul Farmer mu kwizihiza umurage we

Minisitiri w’Ubuzima Wungirije Dr Yvan Butera yifatanyije n’umuryango n’abanyeshuri ba Dr Paul Farmer mu muhango wo kuzirikana ubuzima n’umurage we wabereye i Butaro ku ishuri rya UGHE. Mu ijambo rye Dr Butera yashimangiye ko uyu muganga yasize icyerekezo cy’ubuvuzi bushingiye ku butabera n’ubumuntu aho buri muntu akwiye guhabwa serivisi z’ubuzima zinoze rirebye ubushobozi bwe cyangwa aho akomoka. Dr Paul Farmer washinze umuryango Partners In Health akaba n’umwe mu batangije ishuri rya UGHE azibukwa nk’umwarimu n’umushakashatsi waharaniraga uburenganzira bw’ibanze ku buzima binyuze mu bikorwa bifatika aho kuba amagambo gusa. Uyu muhango wabaye umwanya wo guhamya ko umurage we ukomeje binyuze mu burezi bufite ireme no kwigisha abaganga bafite indangagaciro z’ubwitange hagamijwe kurandura ubusumbane mu rwego rw’ubuvuzi ku isi yose.

Impeshyi iteganyijwemo ubushyuhe budasanzwe
HEALTH & FITNESS

Impeshyi iteganyijwemo ubushyuhe budasanzwe

Ibihugu byinshi byo mu Burayi no ku isi biri mu bihe by’ubushyuhe bukabije bushobora kugera kuri dogere 34, ibintu bishobora guteza ibibazo by’ubuzima n’iby’ubukungu. Inzego z’ubuzima n’iz’ikirere ziragira inama abaturage, cyane cyane abana n’abageze mu zabukuru, kunywa amazi ahagije no kuguma mu gicucu kugira ngo birinde umwuma n’izindi ngaruka zikomoka ku bushyuhe. Ibi bihe bishobora kandi kwangiza imyaka mu mirima no guhagarika ibikorwa bimwe na bimwe by’imyidagaduro n’ingendo, bikaba bitezwe ko bishobora gukurikirwa n’imvura idasanzwe cyangwa imiyaga ikaze.

Ikoranabuhanga, Inkingi y’Ubuvuzi Bugezweho kandi Bwizewe
HEALTH & FITNESS

Ikoranabuhanga, Inkingi y’Ubuvuzi Bugezweho kandi Bwizewe

U Rwanda rumaze gutera intambwe ikomeye mu kuvugurura urwego rw’ubuvuzi hifashishijwe ikoranabuhanga rigezweho ryo kubika amakuru y’abarwayi no gutanga serivisi zihuse. Binyuze mu mishinga nka telemedicine n’ikoreshwa rya telefoni abaturage babasha kugisha inama abaganga no guhabwa ubufasha batarinze kujya kwa muganga cyane cyane mu bice by’icyaro bitagira abaganga bahoraho. Iri koranabuhanga ryafashije inzego z’ubuzima gukurikirana ikwirakwira ry’indwara no gufata ingamba ku gihe bityo bikongera umusaruro w’abakozi n’icyizere cy’abaturage. Nubwo hakiri imbogamizi z’ibikoresho bidahagije n’ubumenyi buke ku bamwe gahunda zo guhugura abaganga zirakomeje kugira ngo ubuvuzi bunoze bugere kuri bose kandi bufite ireme.

Urubyiruko rw’u Rwanda rusabwa kuba maso kuko agakoko gatera SIDA kakigaragara—Minisitiri w’Ubuzima
HEALTH & FITNESS

Urubyiruko rw’u Rwanda rusabwa kuba maso kuko agakoko gatera SIDA kakigaragara—Minisitiri w’Ubuzima

Minisitiri w’Ubuzima Dr Sabin Nsanzimana yaburiye urubyiruko ko icyorezo cya SIDA kigihari kandi giteje inkeke nubwo u Rwanda rwateye intambwe ishimishije mu kuyirwanya. Ibi yabigarutseho mu muhango wo gutangiza inama mpuzamahanga y’ubushakashatsi kuri SIDA (IAS 2025) yabereye i Kigali guhera ku wa 13 Nyakanga 2025 aho yifatanyije n'abaturage mu masiporo rusange ya Car Free Day. Minisitiri yagaragaje ko hari bamwe mu rubyiruko badohotse ku kwirinda bitwaje ko hariho imiti ariko abasaba kwitwararika bakifata cyangwa bagakoresha agakingirizo kuko kwandura mu buryo bw’uburangare ari umutwaro ku muntu n'igihugu. Nubwo u Rwanda rwagabanyije ubwandu bushya ku kigero cya 76% mu myaka 15 ishize rukaba rwarageze no ku ntego za UNAIDS 95-95-95 imibare yerekana ko abagore n’urubyiruko bagifite ibyago byo kwandura kurusha abandi.

Ese koko Uburenganzira bw’abana bo mu mihanda buraharanirwa?
HEALTH & FITNESS

Ese koko Uburenganzira bw’abana bo mu mihanda buraharanirwa?

Umuryango w’Abibumbye washyize ahagaragara inyandiko “General Comment No. 21” igamije kurengera uburenganzira bw’abana baba mu mihanda. Iyi nyandiko isaba ibihugu gushyira mu bikorwa amasezerano mpuzamahanga ku burenganzira bw’umwana, ikemeza ko aba bana bagomba guhabwa umutekano, amashuri, ubuvuzi n’amahirwe yo kugira ejo heza nk’abandi bose. GC 21 isaba kandi ko abana bo mu mihanda bagira uruhare mu byemezo bibareba, ibihugu bikorana n’imiryango itegamiye kuri Leta, kandi hakabaho gahunda zibafasha kuva mu mihanda no kubona imibereho iboneye. Inyandiko igaragaza ko kurengera abana bo mu mihanda ari inshingano, ntibisigaye ari amahitamo.

Warubizi ko kwibagisha(Plastic Surgery) bitakiri Ibanga?
HEALTH & FITNESS

Warubizi ko kwibagisha(Plastic Surgery) bitakiri Ibanga?

Mu gihe ibikorwa byo kubagwa (plastic surgery) bigenda byiyongera, abantu benshi bahitamo guhindura isura n’umubiri kugira ngo bishimire uko basa. Ibi bikorwa birimo kongera amabere, gukuramo ibinure, guhindura isura, amaso cyangwa inda, ndetse n’uburyo butari ubwo kwibagisha nko gukoresha Botox, filers cyangwa laser. Impamvu nyamukuru ni imbuga nkoranyambaga, imyambarire ya kijyambere, kugabanyuka kw’ibiciro, ikoranabuhanga ritanga umutekano, n’inyungu z’ubuzima. Abahanga bavuga ko ibyo bikorwa bigomba gukorwa ku bushake bw’umuntu, kugira ngo yishimire uko asa kandi yumve yizeye, bitari ukugira ngo ashimishe abandi.

Ese Koko Hari Abagore Bahisemo Kuguma uko bari,ntibifuze Kwihindura cyangwa kwibagisha?
HEALTH & FITNESS

Ese Koko Hari Abagore Bahisemo Kuguma uko bari,ntibifuze Kwihindura cyangwa kwibagisha?

Ubushakashatsi bushya bwerekanye ko abagore bo mu kigero cya Generation X (1965–1980) bahindura imyumvire ku bwiza, aho kwibanda ku isura gusa, bakibanda ku mico myiza n’imyitwarire. Ineza, kuvugisha ukuri, ubutwari, kwihangana, kwiyakira, ibyishimo n’icyizere byigaragaza nk’ibimenyetso by’ukuri by’ubwiza. Abagore benshi bo muri Gen X bahitamo kwita ku buzima bwabo, gukora imyitozo, kurya neza no kuruhuka igihe bikenewe. Ibi bigaragaza ko ubwiza butakara uko umuntu akura, ahubwo burushaho gukura no gukomera, kandi ko ubwiza nyakuri bushingiye ku buzima bufite intego, ibyishimo n’impuhwe.

Page 1
Next