ABAHANZI NYARWANDA CHRISTOPHER NA CHRIS EAZY BAMAZE KUGEZA IKIREGO MURI RIB.
Abahanzi Christopher na Chriss Eazy batanze ikirego muri RIB nyuma yo kwibwa ibikoresho byabo n’umuntu utaramenyekana. Ubu bujura bwabaye mu ijoro ryo ku wa 9 Kamena 2024 mu nzu ya Christopher i Kimironko, ubwo bari barimo kurangiza amashusho y’indirimbo “Sekoma”. Umujura yibye mudasobwa ebyiri na telefoni ya Chriss Eazy. Ubuyobozi bwa Chriss Eazy bwemeje ko ikibazo cyagejejwe muri RIB, hakaba hategerejwe ibisubizo by’iperereza.