All Articles

20 articles found

Ubwami bwawe buze: Ibisobanuro, ubushakashatsi n’imyumvire mu muco Nyarwanda
RELIGION

Ubwami bwawe buze: Ibisobanuro, ubushakashatsi n’imyumvire mu muco Nyarwanda

Isengesho “Ubwami bwawe buze” risaba ko ubutware bw’Imana buganza isi nk’uko buganza ijuru. Bivuga ko abantu bagomba kwemera Imana mu mibereho yabo ya buri munsi, bagaharanira ubutabera, amahoro n’urukundo. Ubwami bw’Imana bwatangiye kugaragara muri Yesu, ariko buzarangira bwuzuye igihe azagarukira mu cyubahiro.

Yahaye umuyobozi inkari aho kumuha amazi yo kunywa
INTERNATIONAL

Yahaye umuyobozi inkari aho kumuha amazi yo kunywa

Mu Ntara ya Odisha mu Buhinde, umukozi wa Leta aketsweho guha umuyobozi icupa ry’inkari aho kumuha amazi yasabye, bikekwa ko byakozwe nk’uburyo bwo kwihimura. Iperereza riri gukorwa, kandi ashobora kwirukanwa no gushyikirizwa ubutabera.

Umunsi wa Girl Friend ni munsi udasanzwe wo kwibuka inshuti yihariye
OTHERS

Umunsi wa Girl Friend ni munsi udasanzwe wo kwibuka inshuti yihariye

Tariki ya 1 Kanama hizihizwa National Girlfriend Day, umunsi ugamije gushimira no kugaragariza urukundo umukobwa ukundwa cyangwa inshuti y’umukobwa yihariye. Nubwo atari umunsi mpuzamahanga wemewe, watangiriye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu 2002 maze ukwirakwira mu bihugu byinshi binyuze ku mbuga nkoranyambaga. Uyu munsi ukoreshwa mu kugaragaza ko abakunzi cyangwa inshuti z’abakobwa bazirikana urukundo n’ubufatanye, binyuze mu mpano, ubutumwa bw’urukundo, indabo cyangwa gusabana byihariye. Si uw’abakundana gusa, kuko unifashishwa no kwizihiza ubucuti bwihariye hagati y’inshuti z’abakobwa. Muri rusange, National Girlfriend Day wibutsa akamaro ko kwita ku mibanire, kuyubaha no kuyubakira ku rukundo n’ukwizera

Zimwe mu ngaruka utaruzi zituruka ku mikoreshereze mibi ya telefone zigezweho
OTHERS

Zimwe mu ngaruka utaruzi zituruka ku mikoreshereze mibi ya telefone zigezweho

Nubwo telefone zigezweho zifite akamaro kanini mu itumanaho n’imyidagaduro, ziri no kwangiza umubano w’abantu, cyane cyane mu rukundo no mu miryango. Gukoresha telefone birenze urugero bituma abantu birengagiza abo bari kumwe, bigateza kubura itumanaho ryimbitse, ishyari n’amakimbirane. Ibi bigira ingaruka mbi ku bashakanye no ku mibanire y’ababyeyi n’abana. Kugabanya gukoresha telefone no gushyira imbere kuganira imbonankubone ni ingenzi mu kubaka umubano ukomeye n’umuryango utekanye.

Impamvu telefone yawe ituma udafatisha umunsi
TECHNOLOGY

Impamvu telefone yawe ituma udafatisha umunsi

Kwihutira gufata telefone ukibyuka, cyane cyane kureba WhatsApp n’imbuga nkoranyambaga, bigira ingaruka mbi ku mutuzo w’umutwe, imitekerereze n’imikorere ya buri munsi. Bituma umuntu atangira umunsi afite stress, yiyigereranya n’abandi, atakaza umwanya n’icyerekezo cy’ubuzima bwe.

Trump yabujije Perezida wa Tayiwani guhagarara i New York
INTERNATIONAL

Trump yabujije Perezida wa Tayiwani guhagarara i New York

Ubutegetsi bwa Donald Trump bwaketsweho gusaba Perezida wa Tayiwani kudahagarara i New York mu rugendo rwe, mu rwego rwo kutarakaza u Bushinwa mu gihe ibiganiro by’ubucuruzi bikomeje. Iki cyemezo cyateje impaka, bamwe bakibona nk’ugushyira Tayiwani ku ruhande hagamijwe inyungu za dipolomasi na Beijing.

Ikoranabuhanga Inkingi y’Iterambere Rirambye
ECONOMY

Ikoranabuhanga Inkingi y’Iterambere Rirambye

Mu myaka ya mbere, serivisi z'ubuvuzi n'uburezi byasabaga urugendo rurerure n'amikoro menshi. Ikoranabuhanga ryaroroshye kuri ubu hifashishwa telefoni mu kuvuza abarwayi ,Electronic Medical Records (EMR) ifasha abaganga gukoresha amakuru vuba, bigabanya amakosa .

Ikoranabuhanga Inkingi y’Iterambere Rirambye
TECHNOLOGY

Ikoranabuhanga Inkingi y’Iterambere Rirambye

Ikoranabuhanga ryahinduye cyane uburyo serivisi z’ubuvuzi n’uburezi zitangwamo, rigabanya igihe, urugendo n’ikiguzi byasabwaga kugira ngo abaturage bazibone. Mu buvuzi, uburyo bwo kuvugana n’abaganga hifashishijwe telefoni, ikoreshwa rya dosiye za digitali (EMR) n’ikusanyamakuru rigezweho byongereye ireme ry’ubuvuzi, bigabanya amakosa kandi byorohereza gukurikirana no gukumira indwara hakiri kare. Mu burezi, ikoranabuhanga ryatumye amashuri agerwaho n’interineti n’ibikoresho bya digitali, abarimu bahabwa amahugurwa, n’abanyeshuri babona amasomo binyuze kuri e-learning n’iyakure, cyane cyane mu bihe by’ingorane nka COVID-19. Ibi byafashije kugabanya icyuho hagati y’icyaro n’umujyi no kongera ireme ry’uburezi. Muri rusange, ikoranabuhanga rikomeje kuba inkingi y’iterambere rirambye, rifasha abaturage kubona serivisi zingana kandi rigashyigikira ejo hazaza h’igihugu.

Umunsi Mpuzamahanga w’ibisamagwe
ENVIRONMENT

Umunsi Mpuzamahanga w’ibisamagwe

Umunsi Mpuzamahanga w’ibisamagwe wizihizwa buri 29 Nyakanga kugira ngo wibutse akamaro k’ibi binyabuzima no kubirinda.

 Iki kimenyetso kigaragara nk’icyoroheje gishobora kugaragaza ko uwo mukundana aguca inyuma
OTHERS

Iki kimenyetso kigaragara nk’icyoroheje gishobora kugaragaza ko uwo mukundana aguca inyuma

Umugenzuzi wihariye mu by’iperereza ku bakundana, Tom Martin, avuga ko hari ibimenyetso bito abantu bakunda kwirengagiza nyamara bikunze kugaragaza ko uwo mukundana ashobora kuba aguca inyuma. Muri byo harimo kwica gahunda nta mpamvu isobanutse, guhindura imyitwarire isanzwe cyane cyane ku ikoreshwa rya telefoni, ku myambarire, no ku gihe ataha. Impinduka zitunguranye mu kwitwara no mu kwitaho zishobora kuba ikimenyetso cy’ibanga rihishwe. Martin ashimangira ko guca inyuma bitangira kenshi bigaragazwa n’ibintu bito bigenda byiyongera buhoro buhoro. Inama itangwa ni ugutitonda, kuganira neza n’uwo mukundana no kwirinda gufata imyanzuro yihuse utarabona ibimenyetso bihagije.

Yahisemo gushaka igipupe aho gukundana n’umuntu
OTHERS

Yahisemo gushaka igipupe aho gukundana n’umuntu

Mu gihe isi ihanganye n’iyongera ry’amatandukana n’amakimbirane mu miryango, hari abantu bahisemo inzira zidasanzwe zo gushaka umunezero n’umutekano w’amarangamutima. Mu Bwongereza, Davecat yamenyekanye cyane kubera icyemezo cyo “gushakana” n’igipupe (sex doll), avuga ko amaze imyaka irenga 15 abana na cyo nk’umugore we.

Imodoka nshya yo gusukura imihanda yageze mu Mujyi wa Kigali ikoranabuhanga rishya mu kwimakaza isuku.
TECHNOLOGY

Imodoka nshya yo gusukura imihanda yageze mu Mujyi wa Kigali ikoranabuhanga rishya mu kwimakaza isuku.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko bwatangiye gukoresha imodoka igezweho isukura imihanda ya kaburimbo idatera ivumbi, ikoresheje amashanyarazi n’ikoranabuhanga ryo gukurura no gukusanya imyanda mu buryo butangiza ibidukikije. Iyi modoka inafite amapompo yo koza amapine y’imodoka mbere yo kwinjira mu mihanda isukuye kandi imena imyanda mu buryo bwikora.

Sena y’u Rwanda mu gikorwa cyo kugenzura uko imitwe ya politiki yubahiriza amategeko
POLITICS

Sena y’u Rwanda mu gikorwa cyo kugenzura uko imitwe ya politiki yubahiriza amategeko

Sena y’u Rwanda, binyuze muri Komisiyo ya Politiki n’Imiyoborere, yatangiye kugenzura imikorere y’imitwe ya politiki yemewe harebwa iyubahirizwa ry’amategeko. Iri genzura rikorwa binyuze mu biganiro n’abayobozi b’imitwe no gusesengura inyandiko zayo, hagamijwe guteza imbere imiyoborere myiza, demokarasi, ubumwe n’ubwiyunge by’Abanyarwanda.

Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul KAGAME yashyizeho Abaminisitiri, Abanyamabanga ba Leta n’abandi Bayobozi Bakuru
POLITICS

Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul KAGAME yashyizeho Abaminisitiri, Abanyamabanga ba Leta n’abandi Bayobozi Bakuru

Ku wa 24 Nyakanga 2025, Perezida Paul Kagame yashyizeho Guverinoma nshya igizwe n’Abaminisitiri 21, Abanyamabanga ba Leta 10 n’abandi bayobozi bakuru 4, nyuma yo gushyiraho Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva. Habayemo impinduka zirimo Dominique Habimana muri MINALOC, Bernadette Arakwiye mu bidukikije n’abandi bayobozi bashya mu nzego zitandukanye.

Dr. Justin Nsengiyumva ni we minisitiri w’intebe mushya w’u Rwanda
POLITICS

Dr. Justin Nsengiyumva ni we minisitiri w’intebe mushya w’u Rwanda

Ku wa 23 Nyakanga 2025, Perezida Paul Kagame yagize Dr. Justin Nsengiyumva Minisitiri w’Intebe mushya, asimbuye Dr. Édouard Ngirente. Nsengiyumva ni impuguke mu bukungu n’imari ya Leta, wahoze ari Umuyobozi Wungirije wa BNR n’umujyanama muri MINECOFIN. Azwiho ubunyangamugayo, igenamigambi rishingiye ku ntego no guteza imbere iterambere rirambye ry’igihugu.

Dominique Habimana yagizwe Minisitiri w’ubutegetsi bw’Igihugu: Umusanzu w’imyaka myinshi mu miyoborere y’inzego z’ibanze
POLITICS

Dominique Habimana yagizwe Minisitiri w’ubutegetsi bw’Igihugu: Umusanzu w’imyaka myinshi mu miyoborere y’inzego z’ibanze

Dominique Habimana ni umuyobozi ufite uburambe burenga imyaka 15 mu miyoborere y’inzego z’ibanze n’iterambere. Yabaye Umunyamabanga Mukuru wa RALGA kuva Kamena 2024, anakora muri MINALOC n’inzego mpuzamahanga. Nk’umuyobozi wa MINALOC, azibanda ku miyoborere yegereye abaturage, kunoza serivisi z’ibanze no guteza imbere imiyoborere ibereye abaturage.