All Articles

20 articles found

Menya kigali sky wheel uruziga rwa mbere runini mu Rwanda rugiye kuzamurwa i Kigali
TOURISM

Menya kigali sky wheel uruziga rwa mbere runini mu Rwanda rugiye kuzamurwa i Kigali

Kigali Sky Wheel ni umushinga udasanzwe uri gutegurwa mu mujyi wa Kigali ugamije guteza imbere ubukerarugendo n’imyidagaduro. Uzaba ari uruziga rurerure rwa metero 55 ruzafasha abantu kureba ubwiza bw’umujyi wa Kigali bavuye hejuru, rukazaba ari urwa mbere mu Rwanda kandi rumwe mu manini muri Afurika y’Iburasirazuba. Rutewe kuzura bitarenze impera z’umwaka wa 2025, rukazubakwa ku Inzovu Mall hafi ya Kigali Convention Centre. Uyu mushinga uzatanga akazi, wongere ahantu nyaburanga, kandi ugaragaze Kigali nk’umujyi w’iterambere n’udushya ku rwego mpuzamahanga.

Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi basoje inshingano mu Rwanda
POLITICS

Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi basoje inshingano mu Rwanda

Ku wa Kane tariki ya 24 Nyakanga 2025, Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro ba Ambasaderi babiri basoje inshingano zabo mu Rwanda, ari bo Antoine Anfré w’u Bufaransa na Hazza Mohammed Falah Kharsan AlQahtani w’UAE. Perezida Kagame yashimiye aba bayobozi uruhare bagize mu guteza imbere umubano w’u Rwanda n’ibihugu byabo, harimo uburezi, ubukungu, ishoramari, ubukerarugendo n’ikoranabuhanga. Yabifurije ishya n’ihirwe mu nshingano nshya, anizeza ko u Rwanda ruzakomeza gukorana nabo mu gushimangira umubano ushingiye ku nyungu rusange n’ubwubahane.

Utekereza ko intsinzi yubakwa gute?
OTHERS

Utekereza ko intsinzi yubakwa gute?

Iyi nyandiko igaragaza ko intsinzi yubakwa n’ibikorwa bito bya buri munsi, si amahirwe cyangwa impanuka. Nk’uko Robin Sharma abivuga, imyitwarire myiza isubirwamo buri munsi nko kwizindura kare, gusoma, gutegura intego no kwiyitaho ni yo ituma umuntu agera ku ntsinzi ikomeye. Kimwe n’uko gutsindwa na byo biterwa no kwirengagiza inshingano buhoro buhoro, intsinzi ishingira ku mahitamo ya buri munsi. Intambwe nto, iyo ikomeje, iganisha ku mpinduka nini no ku ntsinzi irambye.

Kubaha umuco n’indangagaciro za buri muntu ni ni musingi w’imibanire yyiza n’iterambere
OTHERS

Kubaha umuco n’indangagaciro za buri muntu ni ni musingi w’imibanire yyiza n’iterambere

Kubaha imico n’indangagaciro za muntu ni ishingiro ry’imibanire myiza, umutekano n’iterambere rirambye. Bituma abantu bakorana neza, bagirana icyizere kandi bakumvikana mu muryango, mu kazi, mu burezi no mu buyobozi. Mu Rwanda, ubu bwubahane bufite uruhare rukomeye mu bwiyunge n’iterambere nyuma y’amateka akomeye.

Ese waruziko kuruhuka ari ingenzi? Kuruhuka neza ni inkingi y’ubuzima buzira umuze
EDUCATION

Ese waruziko kuruhuka ari ingenzi? Kuruhuka neza ni inkingi y’ubuzima buzira umuze

Kuruhuka ni ingenzi ku buzima bwo mu mutwe n’ubw’umubiri, si ubunebwe. Bituma ubwonko bwisubiraho, umuntu agatekereza neza, akagira ituze n’imbaraga zo guhangana n’ubuzima. Kutaruhuka bigira ingaruka mbi zirimo umunaniro, ihungabana no gucika intege. Gufata igihe cyo gusinzira neza, gutuza no kwiyitaho ni inkingi y’imibereho myiza n’iterambere rirambye.

DRC Yasinyanye Amasezerano Akomeye n’ikigo KoBold Metals .
INTERNATIONAL

DRC Yasinyanye Amasezerano Akomeye n’ikigo KoBold Metals .

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yasinyanye amasezerano na KoBold Metals yo gukora ubushakashatsi no gucukura lithium i Manono, ishorwa miliyari imwe y’amadolari. Gahunda izafasha isoko mpuzamahanga, ariko hari impungenge ko abaturage bashobora kutunguka bihagije.

abarenga 1,000 bapfuye, Amerika igaba ibitero ku bigo bya kirimbuzi
INTERNATIONAL

abarenga 1,000 bapfuye, Amerika igaba ibitero ku bigo bya kirimbuzi

Nubwo Irani ifite sisiteme zikomeye zo kurinda ikirere, ibitero bya Amerika na Isiraheli byangije ibigo bya kirimbuzi bya Irani, bihitana abantu benshi. Ariko haracyari impaka ku rugero nyarwo rw’ibyangijwe, mu gihe iyi ntambara ikomeje guteza umutekano muke mu karere.

Ese koko Enterineti yagufasha kubona akazi wifuza?
TECHNOLOGY

Ese koko Enterineti yagufasha kubona akazi wifuza?

Enterinete yahinduye uburyo bwo gushaka akazi, ikuraho gukenera kuzenguruka ibiro cyangwa gukoresha amatangazo yo mu binyamakuru. Ubu umuntu ashobora gusaba akazi ari mu rugo akoresheje imbuga zifasha gutoranya akazi akurikije ubushobozi, aho gukorera n’umushahara yifuza.

Minisitiri w’Uburezi yamaze impungege ababeshywe ko Leta izongera amafaranga y’ishuri
EDUCATION

Minisitiri w’Uburezi yamaze impungege ababeshywe ko Leta izongera amafaranga y’ishuri

Minisitiri w’Uburezi Joseph Nsengimana yashyizeho iherezo ku makuru avuga ko Leta izongera amafaranga y’ishuri cyangwa ifunguro ry’abana, avuga ko ari ibihuha. Leta isanzwe yishyurira abana FRW 8,775 ku gihembwe ku ifunguro, mu gihe ababyeyi basabwa gutanga FRW 975 ku gihembwe, ariko bagakora uruhare rwabo mu buryo bwuzuye.

Icyo umugabo akenera ku mugore mu rukundo
OTHERS

Icyo umugabo akenera ku mugore mu rukundo

Mu rukundo, umugabo akeneye cyane ibintu bike ariko by’ingenzi ku mugore we. Icy’ingenzi kurusha ibindi ni icyubahiro, aho umugore amubona nk’umuntu ufite agaciro, akubaha imbaraga n’intege nke ze, ndetse akamushyigikira. Akeneye kandi inkunga y’amarangamutima imuha umutekano wo kuvuga ibibazo bye adaciwe urubanza. Icyizere n’ubufatanye mu bihe bikomeye bituma yumva atari wenyine, mu gihe ikiganiro cyiza n’ubwumvikane bifasha gukomeza umubano. Urugwiro n’urukundo rugaragarizwa mu magambo no mu bikorwa nabyo ni ingenzi, kuko umugabo ashaka umubano w’ukuri wubakiye ku bwitange, imbabazi no gufashanya, aho bombi bakurira hamwe mu buzima.

Amafaranga ni imibare gusa, ntarangira ntukagire uwo uhemukira kubera amafaranga
EDUCATION

Amafaranga ni imibare gusa, ntarangira ntukagire uwo uhemukira kubera amafaranga

Nubwo amafaranga ari ingenzi mu buzima, si yo soko y’umunezero n’agaciro k’umuntu. Kuyashyira imbere y’indangagaciro bituma abantu bagwa mu bikorwa bibi no gutakaza icyizere. Ikirenze amafaranga ni ubupfura, urukundo n’ubunyangamugayo. Amafaranga ashobora kubura, ariko umuntu uzi kubaha abandi no gukora mu kuri agumana agaciro n’amahoro arambye.

Burkina Faso yahagaritse kandi ifatira ibihano imiryango mpuzamahanga itegamiye kuri Leta
INTERNATIONAL

Burkina Faso yahagaritse kandi ifatira ibihano imiryango mpuzamahanga itegamiye kuri Leta

Mu Burkina Faso, guverinoma ya gisirikare ya Kapiteni Ibrahim Traoré yambuye uburenganzira miryango mpuzamahanga 4 ihagarika indi 2 mu gihe cy’amezi 3, ivuga ko zananiwe kuzuza amategeko. Igikorwa gikomeza gushimangira kwikomeza ku bwigenge bw’igihugu, mu gihe igihugu gikomeje guhura n’ibibazo by’iterabwoba rituruka muri Mali na Nijeri.

Abategetsi b’igisirikare muri Burkina Faso basezereye Komisiyo y’Amatora
INTERNATIONAL

Abategetsi b’igisirikare muri Burkina Faso basezereye Komisiyo y’Amatora

Abayobozi b’inzibacyuho muri Burkina Faso bamaze gusesa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, bayishinja gusesagura amafaranga y’igihugu, maze Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu igahabwa inshingano zo gutegura amatora yose. Ibi bikurikira impinduka Capitaine Ibrahim Traoré yakoze kuva yajya ku butegetsi mu 2022, harimo no gusubika amatora yari ateganyijwe kugeza 2029.

Isiraheli yatangaje ko yicuza igitero cyahitanye abantu muri Kiliziya Gaturika ya Gaza
INTERNATIONAL

Isiraheli yatangaje ko yicuza igitero cyahitanye abantu muri Kiliziya Gaturika ya Gaza

Minisitiri w’intebe wa Isiraheli, Benjamin Netanyahu, yagaragaje agahinda gakomeye ku gitero cyagabwe ku rusengero rukuru rwa Kiliziya Gatolika ya Holy Family muri Gaza, cyahitanye abantu batatu bari bahahungiye. Netanyahu yavuze ko Isiraheli ikomeje iperereza ku byabaye kandi ko yifuza kurinda abasivile n’ibyicaro by’amadini, anasaba imbabazi ku cyago cyose cyatewe tutabigambiriye. Papa Leo wa XIV n’umushumba wa Kiliziya Gatolika muri Yeruzalemu bashimangiye agahinda kabo, basaba guhagarika intambara muri Gaza. Igisirikare cya Isiraheli cyatangaje ko iperereza ry’ibanze ryerekanye ko igisasu cyaguye ku rusengero mu buryo butateguwe, ariko icyateye icyateye gitero ntikiramenyekana neza. Umuvugizi wa Perezida Donald Trump yavuze ko Amerika itishimiye ibyabaye, kandi Perezida Trump yagiranye ikiganiro na Netanyahu aho yemejwe ko ari impanuka. Umupadiri w’iyo paruwasi, Padiri Gabriel Romanelli, arimo mu bakomerekeye. Iyi nkuru ikangurira ko intambara muri Gaza igomba guhagarara burundu.