Rugaju Reagan ufatwa nk’umusesenguzi wa mbere mu Rwanda yamaze kwinjira mu mwuga w’ubutoza
Rugaju Reagan, uzwi cyane nk’umusesenguzi w’umupira w’amaguru mu Rwanda, yamaze kwinjira ku mugaragaro mu mwuga w’ubutoza, aho yagizwe umutoza wungirije wa Gorilla FC nyuma yo kubona risanse C imwemerera gutoza mu cyiciro cya mbere. Azakorana n’umutoza mukuru Alain Kirasa. Reagan yari asanzwe agaragaza icyifuzo cyo gukora ibintu binini mu mupira w’amaguru w’u Rwanda, kandi akazi ke gashya ntikazatuma areka itangazamakuru, ahubwo kazamufasha kubona ubunararibonye n’izindi risanse mu ntego yo kuba umutoza ukomeye. Aya makuru yemejwe na we ubwe.