Amerika yagabye igitero cy’indege kuri Iran
Mu gicuku cyo ku wa 22 Kamena 2025, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zagabye ibitero by’indege ku hantu hatatu muri Iran hakorerwaga ibikorwa bya nucléaire, ari byo Natanz, Isfahan na Fordow. Perezida Donald Trump yatangaje ko ibi bitero byari bigamije kuburizamo umugambi wa Iran wo gukora intwaro za kirimbuzi, kandi ashimangira ko byageze ku ntego yabyo.