All Articles

20 articles found

Ese birashoboka ko hari imirimo AI idashobora gusimbura ? Dore icyo Bill Gates abivugaho
TECHNOLOGY

Ese birashoboka ko hari imirimo AI idashobora gusimbura ? Dore icyo Bill Gates abivugaho

Iterambere ry’ubwenge bw’ubukorano (AI) rikomeje gutera impungenge ku hazaza h’akazi, ariko Bill Gates yagaragaje ko hari imirimo itazapfa gusimburwa na AI. Muri yo harimo abakora porogaramu, kuko AI ikeneye abantu bayiyobora kandi bagakemura ibibazo bya tekiniki; abaganga b’ubuzima bwo mu mutwe n’abajyanama, kuko imirimo yabo ishingiye ku kumva amarangamutima n’impuhwe AI idafite; ndetse n’abahanzi n’abanditsi, kuko ubugeni n’uburambe bw’ubuzima bwa muntu bidashobora gusimburwa n’imashini. Gates ashimangira ko AI atari umwanzi w’akazi, ahubwo ari ikoranabuhanga rigomba gukoreshwa neza, abantu bakaryiga bakarifata nk’umufasha mu kazi no mu buzima bwa buri munsi.

NESA: Hagiye gutangizwa ku mugaragaro ibizamini ngiro 2024/2025 ku rwego rw’igihugu
TECHNOLOGY

NESA: Hagiye gutangizwa ku mugaragaro ibizamini ngiro 2024/2025 ku rwego rw’igihugu

Kuri uyu wa 19 Gicurasi 2025, Minisiteri y’Uburezi binyuze muri NESA yatangije ku mugaragaro ibizamini ngiro (practical exams) ku rwego rw’igihugu ku banyeshuri bo mu mwaka w’amashuri wa 2024-2025, ku kigo ESSA Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro. Umunyamabanga wa Leta Madamu Irere Claudette niwe watangije uyu muhango. Ibizamini by’ubumenyi ngiro bizakorwa kuva ku wa 19 Gicurasi kugeza ku wa 6 Kamena 2025, bikazitabirwa n’abanyeshuri 63,701 bo mu mashami atandukanye: amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro (36,267), amashuri nderabarezi (3,829), ibaruramari (3,893), Associated Nursing Program (439), ndetse n’ubumenyi rusange (18,662) bazakora Project-Based Assessments (PBA) mu masomo ya Biology, Chemistry, na Physics. Ubu buryo ni bwo bwa mbere ibizamini bya pratique bizubakiye ku mishinga yateguwe n’abanyeshuri ubwabo.

U Rwanda Rushobora Kwandika Amateka Mashya Nirwakira Amashami Amwe ya Loni
POLITICS

U Rwanda Rushobora Kwandika Amateka Mashya Nirwakira Amashami Amwe ya Loni

U Rwanda rwagaragaje ubushake bwo kwakira amashami amwe y’Umuryango w’Abibumbye (Loni), bigatanga umusanzu mu gukemura ibibazo by’isi by’ubukungu, iterambere n’umutekano. Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yandikiye Umunyamabanga Mukuru wa Loni ashimangira ko u Rwanda rwiteguye gutanga ibyangombwa by’ibanze n’inyubako zikenewe. Kigali, umujyi utekanye kandi ugezweho, ushobora gutanga ibikorwaremezo byiza ku bakozi ba Loni. Iki cyemezo cyazazamura isura y’u Rwanda, kizanateza imbere ubukungu binyuze mu mirimo n’abashoramari, kikaba kandi ubutumwa ko Afurika ishoboye gufata iya mbere mu gukemura ibibazo by’isi.

Abanyafurika nibo bafite igisubizo ku bibazo by’umutekano wabo -Perezida Paul KAGAME
POLITICS

Abanyafurika nibo bafite igisubizo ku bibazo by’umutekano wabo -Perezida Paul KAGAME

Nyakubahwa Perezida Paul Kagame yatangije ku wa 19 Gicurasi 2025 inama mpuzamahanga y’umutekano muri Afurika, International Security Conference on Africa (ISCA), i Kigali. Perezida Kagame yashimangiye ko umutekano w’Afurika ugomba gukemurwa n’abayituye, aho abayobozi bafite inshingano zo kubaka imiyoborere ituma abaturage babaho batekanye kandi uburenganzira bwabo bubahirizwa. Umuyobozi w’Inama Ngishwanama ya ISCA, Moussa Faki Mahamat, yashimiye Kigali ku kuba ahantu heza ho gutangiriraho imbaraga nshya mu guhanga ibisubizo by’umutekano muri Afurika. Inama izamara iminsi ibiri, igamije gusuzuma ibyo bagezeho no gushaka ibisubizo ku bibazo by’umutekano bigihari.

Ukraine: 9 baguye mu gitero cya Drones
INTERNATIONAL

Ukraine: 9 baguye mu gitero cya Drones

Mu karere ka Sumy mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Ukraine, abantu 9 bishwe abandi 4 barakomereka mu gitero cy’indege zidafite abapilote (drone) ku bisi y’abagenzi hafi ya Bilopillia. Iki gitero cyabaye nyuma y’amasaha make ibiganiro by’amahoro hagati ya Ukraine na Uburusiya byatangiriye i Istanbul bidashoboye kugera ku ntego. Uburusiya ntacyo bwatangaje ku gitero.

Perezida Ibrahim Traoré yafashe umwanzuro watunguye benshi muri Burukina Faso ndetse no hanze
INTERNATIONAL

Perezida Ibrahim Traoré yafashe umwanzuro watunguye benshi muri Burukina Faso ndetse no hanze

Perezida wa Burkina Faso, Ibrahim Traoré, yakuyeho burundu amafaranga y’ishuri mu gihugu hose, atuma uburezi kuva ku mashuri abanza kugeza muri kaminuza buba ubuntu 100%. Ubu buryo bugamije gukuraho inzitizi zishingiye ku bushobozi buke, gutanga amahirwe angana ku rubyiruko, no gutanga ibitabo by’ishuri ku buntu. Iki cyemezo cyakiriwe neza mu gihugu no ku rwego mpuzamahanga, kandi gisiga ubutumwa ko uburezi ari uburenganzira, si impano.

Ubufaransa Bwahagaritse Iperereza ku Ruhare rwa Agathe Kanziga Habyarimana muri Jenoside
POLITICS

Ubufaransa Bwahagaritse Iperereza ku Ruhare rwa Agathe Kanziga Habyarimana muri Jenoside

Ku wa 16 Gicurasi 2025, ubutabera bw’u Bufaransa bwahagaritse burundu iperereza kuri Agathe Kanziga Habyarimana ryari rimaze imyaka irenga 15. Yashinjwaga kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 binyuze mu itsinda ryitwaga Akazu. Iperereza ryatangiye mu 2008 ku kirego cya CPCR, ariko ntiyigeze agezwa imbere y’urukiko. Mu 2016 yashyizwe mu cyiciro cya témoin assisté, naho mu 2022 iperereza rihagarikwa bwa mbere. Ubushinjacyaha bwasabye ko ryasubukurwa mu 2024 hashingiwe ku buhamya bushya. Urukiko rw’i Paris rwasanze ubwo buhamya budafite ishingiro kandi bushidikanywaho. Leta y’u Rwanda n’imiryango y’abarokotse Jenoside bamaganye iki cyemezo bavuga ko gisubiza inyuma urugamba rwo kurwanya kudahana.

Ubudage bwiteguye Kongera Ingengo y’Imari ya gisirikare Nyuma y’Igitutu cya Donald Trump
INTERNATIONAL

Ubudage bwiteguye Kongera Ingengo y’Imari ya gisirikare Nyuma y’Igitutu cya Donald Trump

Ubudage bwatangaje ko bwiteguye kongera ingengo y’imari y’igisirikare kugera kuri 5% bya GDP, mu rwego rwo gukurikiza icyifuzo cya Donald Trump cyo kuzamura amafaranga y’ibihugu bya NATO mu gisirikare. Icyo gitekerezo cyakunze gutavugwaho rumwe mu Bayobozi b’Ubudage, bamwe bavuga ko bizatwara miliyari 200 z’amayero buri mwaka, mu gihe abandi basanga ari ngombwa kugira ngo Ubudage bwubake igisirikare gikomeye mu Burayi.

Ese ibyo Steve Harvey avuga nibyo?Afurika ifite byose kugeza nubwo itakenera inkunga!
OTHERS

Ese ibyo Steve Harvey avuga nibyo?Afurika ifite byose kugeza nubwo itakenera inkunga!

Umunyamerika Steve Harvey yavuze ko Afurika ifite umutungo kamere uhagije (peteroli, gaze, zahabu, ibiribwa n’amatungo) kandi itagomba gutumiza ibintu hanze. Yagaragaje ko umugabane ushobora kwigira no gutera imbere mu gihe cyizera ubushobozi bwawo kandi gikanguka ku bikomere by’ubusahuzi bw’ibihugu by’Iburengerazuba. Harvey yashishikarije urubyiruko gufata iya mbere mu gutekereza ku hazaza h’umugabane no kwizera ubushobozi bwawo.

USA: Impano Qatar yahaye Trump yateje impagarara
INTERNATIONAL

USA: Impano Qatar yahaye Trump yateje impagarara

Donald Trump yakiriye impano y’indege ya Boeing 747-8 ifite agaciro ka $400 miliyoni yoherejwe n’umuryango w’ubwami wa Qatar, izakoreshwa by’agateganyo nka Air Force One mbere yo kujya muri Trump Presidential Library. Iyi mpano yateje impaka mu banyapolitiki n’abasesenguzi b’amategeko kuko bashidikanya ko ishobora kurenga ku Itegeko Nshinga (Foreign Emoluments Clause) no kugira ingaruka ku bwigenge bw’igihugu. Kongere irimo gusuzuma niba hakenewe iperereza ku byerekeye iyi mpano.

Intore mu Ikoranabuhanga igisubizo cyo gusiragira kw’abaturage
TECHNOLOGY

Intore mu Ikoranabuhanga igisubizo cyo gusiragira kw’abaturage

Mu Itorero ry’Intore mu Ikoranabuhanga riri kubera i Nkumba, Umuvugizi wa RIB Dr. Murangira B. Thierry yasabye urubyiruko gukoresha imbuga nkoranyambaga mu buryo bubaka igihugu, barwanya urwango, ibihuha n’abagoreka amateka y’u Rwanda. Yagaragaje ko nubwo imbuga nkoranyambaga ari ingirakamaro, ishobora no kwangiza iyo ikoreshejwe nabi. Intore mu Ikoranabuhanga zigamije gufasha abaturage gusobanukirwa no gukoresha ikoranabuhanga mu kubona serivisi za leta byoroshye, bityo zikazagira uruhare mu guteza imbere imibereho y’Abanyarwanda, cyane cyane abo mu bice by’icyaro.

Trump: Utazimenyekanisha ku bushake azahura n’isanganya rikomeye ry’ibihano mu buryo bwose
INTERNATIONAL

Trump: Utazimenyekanisha ku bushake azahura n’isanganya rikomeye ry’ibihano mu buryo bwose

Perezida Donald Trump yashyizeho gahunda yo kohereza abimukira binjiye muri USA mu buryo butemewe kugaragaza ko bagomba gusubira mu bihugu byabo. Yatangaje ko hashyizweho uburyo bwo gutanga amatike y’ubuntu n’imirongo ya telefone ku bifuza gusohoka ku bushake, anaburira abatemera kugenda ku bihano birimo amafaranga, amategeko, gufungwa cyangwa kwimurirwa ahandi. Trump yatanze kandi ikigereranyo cyo kuzigama amafaranga ya Leta niba abimukira batanga VISA zabo bagasubizwa mu bihugu byabo.

Habemus Papam! Dufite Papa mushya: Papa Leo wa XIV
RELIGION

Habemus Papam! Dufite Papa mushya: Papa Leo wa XIV

Ku itariki ya 8 Gicurasi 2025, Kiliziya Gatolika yatangaje itorwa rya Papa mushya, Robert Francis Prevost, wafashe izina rya Papa Leo wa XIV, aba Papa wa 267. Ni Umunyamerika wa mbere ugiye kuri uwo mwanya, wigeze gukorera ubutumwa muri Peru ndetse akanayobora Ibiro bya Vatikani bishinzwe Abepiskopi. Izina yahisemo ryerekana icyerekezo cyibanda ku butabera n’amahoro, aho Kiliziya itegereje ubutumwa bwe bwa mbere.

Burya puwavuro ntizikora nk’ibirungo gusa
OTHERS

Burya puwavuro ntizikora nk’ibirungo gusa

Puwavuro (Bell pepper/Poivron) ni imboga zikura ku giti kigufi, zigira amabara atandukanye nk’icyatsi, umutuku n’umuhondo bitewe n’uko zakuze. Ziribwa mbisi cyangwa zitetse, zikungahaye kuri vitamin C na A bifasha umubiri n’amaso, zirimo fibre ituma igogora rikora neza kandi zongera uburyohe n’impumuro mu mafunguro.

Ibyavuye mu itora rya kabiri rya Papa
RELIGION

Ibyavuye mu itora rya kabiri rya Papa

Ku wa 8 Gicurasi 2025, ku munsi wa kabiri w’itora rya Papa, Abakaridinali 133 bari muri Conclave yo gusimbura Papa Francisco witabye Imana ku wa 21 Mata 2025. Saa 11:55, umwotsi w’umukara wagaragaye ku gisenge cya Sistine Chapel, ugaragaza ko nta Papa wari watowe icyo gihe.

Habemus Papam! Dufite Papa mushya: Papa Leo wa XIV
RELIGION

Habemus Papam! Dufite Papa mushya: Papa Leo wa XIV

Ku wa 8 Gicurasi 2025, umwotsi wera watangaje itorwa rya Papa mushya, Robert Francis Prevost, wafashe izina rya Papa Leo wa XIV, aba Papa wa 267 kandi Umunyamerika wa mbere. Yavukiye i Chicago, yakoreye ubutumwa muri Peru, anayobora Dicastery for Bishops. Izina Leo XIV ryibutsa ubutabera bwa Leo XIII, ritanga icyizere ku bakirisitu.

Abakaridinari baturutse impande zose z’isi mu mwiherero w’itorwa rya Papa mushya
RELIGION

Abakaridinari baturutse impande zose z’isi mu mwiherero w’itorwa rya Papa mushya

Umwiherero w’itora rya Papa (Conclave) ni igikorwa cyihariye kandi kigengwa n’amategeko akomeye, gikorwa iyo Papa apfuye cyangwa yeguye. Abakaridinali batarengeje imyaka 80 ni bo batora, bifungirana muri Sistine Chapel nta itumanaho n’isi yo hanze. Batora inshuro enye ku munsi kugeza umukandida abonye amajwi angana na 2/3. Umwotsi w’umukara ugaragaza ko nta Papa wabonetse, naho umwotsi wera ukerekana ko Papa mushya yatowe. Iri torwa rifite agaciro gakomeye ku Kiliziya Gatolika n’isi yose.

Ibyavuye mu itora rya mbere rya Papa
RELIGION

Ibyavuye mu itora rya mbere rya Papa

Itora rya mbere ryo ku wa 7 Gicurasi 2025 ryarangiye nta Papa ubonetse, kuko nta mukandida wagize amajwi angana na 2/3 by’Abakaridinali 133 batoye. Kugira ngo hatangazwe Papa mushya, umukandida agomba kubona byibuze amajwi 89.