All Articles

20 articles found

Agakiriro ka Gisozi kongeye gufatwa n’inkongi y’umuriro
OTHERS

Agakiriro ka Gisozi kongeye gufatwa n’inkongi y’umuriro

Kuri uyu wa 30 Gicurasi 2025, Agakiriro ka Gisozi mu Gasabo kafashwe n’inkongi y’umuriro, gahitamo igice cyo hepfo cy’ahakorwaga imirimo y’imbaho. Polisi irakomeza iperereza n’ibikorwa by’ubutabazi, kandi nta muntu urapfa.

Imvura idasazwe muri Kerala, Ubuhinde burasaba Pakisitani gufata abashijwa iterabwoba mbere y’ibiganiro
POLITICS

Imvura idasazwe muri Kerala, Ubuhinde burasaba Pakisitani gufata abashijwa iterabwoba mbere y’ibiganiro

Mu gihe ubukungu bw’u Buhinde bushobora kugabanuka ku gipimo cya 6.5% muri 2024–2025, leta ya Kerala iri guhangana n’imvura nyinshi mu turere 8 kuri 14, cyane cyane Idukki, Ernakulam na Pathanamthitta, bitera impanuka z’umwuzure n’inkangu. Ku bijyanye n’umutekano, u Buhinde burasaba Pakisitani gufata abashijwa iterabwoba mbere y’uko habaho ibiganiro, aho hahise hamenyekana ko nta biganiro bizaba keretse abashijwa baragaruriwe.

Abarenga 4500 barangije amasomo yabo mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyi ngiro
EDUCATION

Abarenga 4500 barangije amasomo yabo mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyi ngiro

Ku wa Kane, tariki 29 Gicurasi 2025, abanyeshuri 4,562 bahawe impamyabumenyi na Rwanda Polytechnic: 3,146 Advanced Diploma na 1,416 Bachelor of Technology. Umuhango witabiriwe na Minisitiri w’Uburezi Joseph Nsengimana na Minisitiri w’Intebe Dr. Eduard Ngirente, basabye abarangije gukoresha ubumenyi bwabo mu iterambere. Iki ni icyiciro cya 8, kandi RP ifite amashami 8 hirya no hino mu gihugu.

Elon Musk yasezeye mu buyobozi bwa Donald Trump
INTERNATIONAL

Elon Musk yasezeye mu buyobozi bwa Donald Trump

Elon Musk yatangaje ko asoje igihe yari amaranye inshingano zo kuyobora ishami rya Leta rya DOGE mu buyobozi bwa Perezida Donald Trump.

Nyanza havumbuwe imbunda mu isambu y’umuturage
OTHERS

Nyanza havumbuwe imbunda mu isambu y’umuturage

Mu mudugudu wa Karambo B, mu murenge wa Rwabicuma, habonetse imbunda yari imaze igihe kinini idahingwamo mu isambu y’umukecuru w’imyaka 70. Birakekwa ko iyi mbunda yahasizwe n’abasirikare ba Habyarimana nyuma ya Jenoside yo 1994. Umuyobozi w’agateganyo wa Karere ka Nyanza, Patrick Kajyambere, yemeje ko abaturage babimenyesheje.

ECOWAS yizihije isabukuru y’imyaka 50
POLITICS

ECOWAS yizihije isabukuru y’imyaka 50

Umuryango w’Ubukungu w’Ibihugu byo muri Afurika y’Iburengerazuba (ECOWAS) wizihije isabukuru y’imyaka 50 ku mugaragaro i Lagos, iyobowe muri iki gihe na Perezida wa Nigeria Bola Ahmed Tinubu. Ibikorwa by’ibi birori byibanze ku gusigasira amahoro, iterambere rirambye no gukomeza ubufatanye mu karere.

Joseph Kabila yaganiriye n’abahagarariye amadini
INTERNATIONAL

Joseph Kabila yaganiriye n’abahagarariye amadini

Joseph Kabila, wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (2001–2019), yasuye Goma ku itariki ya 26 Gicurasi 2025, aho yagiranye ibiganiro n’abahagarariye amadini n’ihuriro AFC/M23 mu rwego rwo gutanga umusanzu ku kugarura umutekano mu Burasirazuba bwa RDC.

Imyaka 20 abeshya abarwayi
HEALTH & FITNESS

Imyaka 20 abeshya abarwayi

Umuganga wo muri Leta ya Texas witwa Dr Jorge Zamora Quezada yamaze imyaka myinshi abeshya abarwayi ko barwaye indwara zikomeye akabaha imiti itari ngombwa kugira ngo abone uko yaka amafaranga menshi ibigo by’ubwishingizi bw’ubuzima Iyi myitwarire yamwinjirije amafaranga arenga miliyoni 118 z’amadolari y’Amerika yayakoresheje mu buzima buhenze Uyu muganga yakatiwe gufungwa imyaka 10 nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo guhohotera abarwayi no kunyereza amafaranga mu gihe cy’imyaka irenga 18.

Inama nyunguranabitekerezo ku byavuye mu bushakashatsi ku mi bereho y’ingo ku rwego rw’intara.
POLITICS

Inama nyunguranabitekerezo ku byavuye mu bushakashatsi ku mi bereho y’ingo ku rwego rw’intara.

Kuri tariki ya 26 Gicurasi 2025, mu Karere ka Bugesera hateraniye inama nyunguranabitekerezo ku byavuye mu bushakashatsi ku mibereho y’ingo n’ibipimo by’ubukene mu Rwanda (EICV7). Inama yateguwe ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare, iyobowe na Guverineri Pudence Rubingisa na Kayitesi Claudette, yitabiriwe n’abayobozi b’uturere, inzego z’umutekano, amadini, PSF, urubyiruko n’abafite ubumuga.

Ambasaderi w’Ubudage muri Uganda arashinjwa uruhare mu gushaka guhirika ubutegetsi
INTERNATIONAL

Ambasaderi w’Ubudage muri Uganda arashinjwa uruhare mu gushaka guhirika ubutegetsi

Igisirikare cya Uganda (UPDF) cyahagaritse ubufatanye bwacyo n’ingabo z’Ubudage, gishinja Ambasaderi w’Ubudage muri Uganda, Mathias Schauer, gukorana n’imitwe igamije guhungabanya umutekano w’igihugu. UPDF ivuga ko iperereza ry’ubutasi ryagaragaje ko yaba atanga inkunga ku mitwe y’inyeshyamba, cyane cyane mu gihe Uganda yitegura amatora ya 2026. Ubudage ntiburagira icyo butangaza kuri ibi birego.

Joseph KABILA KABANGE yamaze kugera I Goma
INTERNATIONAL

Joseph KABILA KABANGE yamaze kugera I Goma

Uwahoze ari Perezida wa RDC, Joseph Kabila Kabange, yamaze kugera mu mujyi wa Goma ugenzurwa n’ihuriro AFC/M23. Aya makuru yemejwe n’abavugizi ba AFC/M23, bavuze ko yageze mu bice bavuga ko byabohowe, banamwifuriza ikaze mu burasirazuba bwa Congo.

Twitege iki ku ruzinduko rw’umwami Charles III muri Canada?
INTERNATIONAL

Twitege iki ku ruzinduko rw’umwami Charles III muri Canada?

Umwami Charles III azagirira Canada uruzinduko rw’iminsi ibiri aho azageza ijambo ku Nteko Ishinga Amategeko, aherekejwe n’Umwamikazi Camilla. Uru ruzinduko rufite igisobanuro gikomeye kubera amagambo ya Donald Trump yifuza ko Canada yaba leta ya 51 ya Amerika, igitekerezo cyamaganwe n’abaturage ba Canada n’ubuyobozi bwa Minisitiri w’Intebe Mark Carney, wavuze ko Canada itazigera yemera ibyo gushotorwa.

Gen.M Kainerugaba yagaye indeshyo ya Ambasaderi woherejwe muri Uganda
INTERNATIONAL

Gen.M Kainerugaba yagaye indeshyo ya Ambasaderi woherejwe muri Uganda

Gen. Muhoozi Kainerugaba yatangaje ko atumva impamvu Ubudage bwohereje Ambasaderi mugufi muri Uganda, nyamara buvugwa nk’igihugu gifite abaturage barebare. Ibi yabivuze mu butumwa kuri X, agaragaza ko byamutangaje kubona Umudage mugufi ahagararira igihugu cye muri Uganda, mu mvugo yateje impaka ku mbuga nkoranyambaga.

 Umuvuduko w’Itumanaho w’Agatangaza!
TECHNOLOGY

Umuvuduko w’Itumanaho w’Agatangaza!

Mu Rwanda hatangiye kugeragezwa ikoranabuhanga rya 5G, rifite ubushobozi bwo gutanga interineti yihuta inshuro 100 ugereranyije na 4G. Ibi byorohereza abaturage n’ibigo gukoresha interineti itagira kudindira, harimo kureba videwo mu bwiza buhanitse.

Ese birashoboka ko hari imirimo AI idashobora gusimbura ?
TECHNOLOGY

Ese birashoboka ko hari imirimo AI idashobora gusimbura ?

Iterambere ry’ubwenge bw’ubukorano (AI) rikomeje gutera impungenge ku hazaza h’akazi, ariko Bill Gates yagaragaje ko hari imirimo itazapfa gusimburwa na AI. Muri yo harimo abakora porogaramu, kuko AI ikeneye abantu bayiyobora kandi bagakemura ibibazo bya tekiniki; abaganga b’ubuzima bwo mu mutwe n’abajyanama, kuko imirimo yabo ishingiye ku kumva amarangamutima n’impuhwe AI idafite; ndetse n’abahanzi n’abanditsi, kuko ubugeni n’uburambe bw’ubuzima bwa muntu bidashobora gusimburwa n’imashini.

Hagiye gutangizwa ku mugaragaro ibizamini ngiro 2024/2025 ku rwego rw’igihugu
TECHNOLOGY

Hagiye gutangizwa ku mugaragaro ibizamini ngiro 2024/2025 ku rwego rw’igihugu

Kuri uyu wa 19 Gicurasi 2025, Minisiteri y’Uburezi binyuze muri NESA yatangije ku mugaragaro ibizamini ngiro (practical exams) ku rwego rw’igihugu ku banyeshuri bo mu mwaka w’amashuri wa 2024-2025, ku kigo ESSA Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro. Umunyamabanga wa Leta Madamu Irere Claudette niwe watangije uyu muhango. Ibizamini by’ubumenyi ngiro bizakorwa kuva ku wa 19 Gicurasi kugeza ku wa 6 Kamena 2025, bikazitabirwa n’abanyeshuri 63,701 bo mu mashami atandukanye: amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro (36,267), amashuri nderabarezi (3,829), ibaruramari (3,893), Associated Nursing Program (439), ndetse n’ubumenyi rusange (18,662) bazakora Project-Based Assessments (PBA) mu masomo ya Biology, Chemistry, na Physics. Ubu buryo ni bwo bwa mbere ibizamini bya pratique bizubakiye ku mishinga yateguwe n’abanyeshuri ubwabo.

U Rwanda Rushobora Kwandika Amateka Mashya Nirwakira Amashami Amwe ya Loni.
POLITICS

U Rwanda Rushobora Kwandika Amateka Mashya Nirwakira Amashami Amwe ya Loni.

U Rwanda rwagaragaje ubushake bwo kwakira amashami amwe y’Umuryango w’Abibumbye (Loni), bigatanga umusanzu mu gukemura ibibazo by’isi by’ubukungu, iterambere n’umutekano. Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yandikiye Umunyamabanga Mukuru wa Loni ashimangira ko u Rwanda rwiteguye gutanga ibyangombwa by’ibanze n’inyubako zikenewe. Kigali, umujyi utekanye kandi ugezweho, ushobora gutanga ibikorwaremezo byiza ku bakozi ba Loni.

Abanyafurika nibo bafite igisubizo ku bibazo by’umutekano wabo -Perezida Paul KAGAME
POLITICS

Abanyafurika nibo bafite igisubizo ku bibazo by’umutekano wabo -Perezida Paul KAGAME

Nyakubahwa Perezida Paul Kagame yatangije ku wa 19 Gicurasi 2025 inama mpuzamahanga y’umutekano muri Afurika, International Security Conference on Africa (ISCA), i Kigali. Perezida Kagame yashimangiye ko umutekano w’Afurika ugomba gukemurwa n’abayituye, aho abayobozi bafite inshingano zo kubaka imiyoborere ituma abaturage babaho batekanye kandi uburenganzira bwabo bubahirizwa. Umuyobozi w’Inama Ngishwanama ya ISCA, Moussa Faki Mahamat, yashimiye Kigali ku kuba ahantu heza ho gutangiriraho imbaraga nshya mu guhanga ibisubizo by’umutekano muri Afurika. Inama izamara iminsi ibiri, igamije gusuzuma ibyo bagezeho no gushaka ibisubizo ku bibazo by’umutekano bigihari.