Umwana wishyimye mu muryango utekanye, intego za Hello Kids Ihumure Club
Abana 104 bibumbiye muri Hello Kids Ihumure Club bo mu Murenge wa Gatenga bizihije umunsi wo gusezera ibiruhuko binyuze mu biganiro, imikino n’imbyino. Iyi club yashinzwe na Gahongayire Eugénie ifasha abana, cyane cyane abahuye n’ibibazo bitandukanye, gusabana, kwigishwa indangagaciro no kongera kwisanga mu miryango yabo. Ku bufatanye n’inzego z’ibanze n’abafatanyabikorwa nka CNF, Abubatsi b’Amahoro na SOS Seruka, iyi club imaze kuba icyizere ku bana barenga 100, ikabafasha gukomeza ishuri no kugira ejo hazaza heza.