All Articles

20 articles found

Umwana wishyimye mu muryango utekanye, intego za Hello Kids Ihumure Club
EDUCATION

Umwana wishyimye mu muryango utekanye, intego za Hello Kids Ihumure Club

Abana 104 bibumbiye muri Hello Kids Ihumure Club bo mu Murenge wa Gatenga bizihije umunsi wo gusezera ibiruhuko binyuze mu biganiro, imikino n’imbyino. Iyi club yashinzwe na Gahongayire Eugénie ifasha abana, cyane cyane abahuye n’ibibazo bitandukanye, gusabana, kwigishwa indangagaciro no kongera kwisanga mu miryango yabo. Ku bufatanye n’inzego z’ibanze n’abafatanyabikorwa nka CNF, Abubatsi b’Amahoro na SOS Seruka, iyi club imaze kuba icyizere ku bana barenga 100, ikabafasha gukomeza ishuri no kugira ejo hazaza heza.

Ikipe y’igihugu y’ u Rwanda Amavubi yamaze kugera muri Afurika Yepfo aho igiye gukina umukino wa 8 wo gushaka itike y’igikombe cy’isi.
SPORTS

Ikipe y’igihugu y’ u Rwanda Amavubi yamaze kugera muri Afurika Yepfo aho igiye gukina umukino wa 8 wo gushaka itike y’igikombe cy’isi.

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi bamaze kugera muri Afurika y’Epfo, aho bitegura gukina na Zimbabwe mu mukino w’umunsi wa 8 wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026. Ibi bibaye nyuma y’uko ku munsi wa 7 Amavubi atsinzwe na Nigeria 1-0, bituma Nigeria iyarusha amanota igahita ijya imbere yayo. Kugeza ubu, u Rwanda ruri ku mwanya wa 4 mu itsinda C n’amanota 8. Itsinda riyobowe na Afurika y’Epfo ifite amanota 16, igakurikirwa na Benin ifite 11, nyuma hakaza Nigeria ifite 10, naho u Rwanda rukagira 8. Amavubi azakina na Zimbabwe ku wa 2, aho aramutse atsindiye amanota atatu yagira amanota 11, akazategereza ibiva mu yindi mikino yo mu itsinda C kugira ngo hamenyekane amahirwe yo gukomeza mu rugendo rwo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026.

Amataliki umukino wa APR FC na Pyramids uzakinirwaho yamenyekanye
SPORTS

Amataliki umukino wa APR FC na Pyramids uzakinirwaho yamenyekanye

ku wa 1 Ukwakira 2025 saa 14:00 za Kigali kuri Kigali Pelé Stadium, mu gihe umukino wo kwishyura uzakinwa ku wa 5 Ukwakira 2025 mu Misiri. Aya masaha yatunguye benshi kuko imikino myinshi ikinwa nijoro, bamwe bakabifata nk’amayeri ya APR FC yo gukinira ku zuba ryinshi mu gihe Pyramids FC imenyereye imikino yo nijoro. Uyu mukino uzasifurwa n’abasifuzi bayobowe n’umunya-Afurika y’Epfo Masixole Bambiso, naho Komiseri azaba ari Ahmed Iddi Mgoyi wo muri Tanzania. Nyuma y’uko Kigali Pelé Stadium yari yabanje kwangwa, APR FC yari yasabye kwakirira umukino kuri Stade Amahoro, ariko CAF imaze kongera kwemera Pelé Stadium, umukino wahise usubizwa kuri iki kibuga. APR FC yari igishaka gukinira kuri Pelé Stadium kuko gifite tapis (artificial turf), mu gihe amakipe menshi yo mu Misiri akina ku bibuga by’ibyatsi, bityo kubajyana kuri Stade Amahoro byari kubaha inyungu.

Lamptey yatandukanye na APR FC.
SPORTS

Lamptey yatandukanye na APR FC.

Umunya-Ghana Richmond Lamptey yatandukanye na APR FC, yerekeza mu cyiciro cya mbere muri Libya mu ikipe ya Ittihad Misurata. Lamptey yari aherutse kugaruka i Kigali avuye Dar es Salaam, aho yari kumwe na APR FC muri CECAFA Kagame Cup. Iyi mpinduka ikurikiye ibihuha byari bimaze iminsi bivuga ko APR FC ishaka gutandukana n’uyu mukinnyi, n’ubwo byavugwaga ko atabyemera. Ittihad Misurata yamutanzeho ibihumbi 50 by’amadorali (asaga miliyoni 75 Frw). Lamptey yari yinjiye muri APR FC mu 2024, agurwa asaga ibihumbi 150 by’amadorali, aho yahembwaga ibihumbi 12 by’amadorali ku kwezi, bikamugira umwe mu bakinnyi bahembwaga neza muri APR FC no mu Rwanda muri rusange. Uyu mukinnyi wakiniye ikipe y’igihugu ya Ghana mu AFCON 2023, anitwara neza muri Asante Kotoko, yagize ibibazo by’imvune mu 2024 byatumye adakina igihe kinini. Mu gihe yamaze mu Rwanda kingana n’umwaka, yakinnye imikino 8 gusa, nta gitego cyangwa umupira wavuyemo igitego yatanze, uretse umupira wavuyemo igitego cya Mamadou Cy mu minota ya nyuma y’umukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup.

Umubyeyi Ubusobanuro bw’Urukundo Nyakuri
OTHERS

Umubyeyi Ubusobanuro bw’Urukundo Nyakuri

Urukundo nyakuri rugaragarira cyane mu rukundo rw’umubyeyi, kuko rugaragazwa mu bikorwa aho amagambo adahagije. Umubyeyi yitanga atizigamye, ahora hafi y’umwana mu bihe byose, amurinda, amwumva kandi amuhumuriza. Uru rukundo rutangira umwana akivuka, rukubakira ku kwihangana, impuhwe n’ubwitange, rukaba inkingi y’imibereho ya muntu. Mu buzima bwa buri munsi, umubyeyi akora byinshi bitagaragara kugira ngo umwana agire ubuzima bwiza, n’ubwo byamusaba kwitanga bikomeye. Impuhwe ze zituma yumva amarangamutima y’umwana n’iyo atavuze, bikamufasha gukura afite icyizere n’umutekano. Urukundo rw’umubyeyi rwigisha umwana gukunda, kubabarira no kwitanga. N’ubwo abantu bashobora kwibagirwa agaciro k’ababyeyi uko isi ihinduka, urukundo rwabo rukomeza kuba ishingiro ry’ubuzima n’ahazaza h’abana. Umubyeyi ni ishusho y’urukundo rutagira umupaka, rutarambirwa, kandi rudasaba igihembo, ari na rwo shingiro ry’urukundo nyarwo mu buzima bwa muntu.

Abanyeshuri basaga 100 bo muri University of Tourism, Technology and Business Studies (UTB) bazaba mu bazafasha mu gutegura no kwakira Shampiyona y’Isi y’Amagare (UCI Road World Championships 2025) izabera mu Rwanda. Ni amwe mu mahirwe akomeye iyi kaminuz
TOURISM

Abanyeshuri basaga 100 bo muri University of Tourism, Technology and Business Studies (UTB) bazaba mu bazafasha mu gutegura no kwakira Shampiyona y’Isi y’Amagare (UCI Road World Championships 2025) izabera mu Rwanda. Ni amwe mu mahirwe akomeye iyi kaminuz

Abanyeshuri barenga 100 bo muri University of Tourism, Technology and Business Studies (UTB) bazagira uruhare mu gutegura no kwakira Shampiyona y’Isi y’Amagare (UCI Road World Championships 2025) izabera mu Rwanda. Aya mahirwe agamije kubafasha kongera ubunararibonye, kwiga binyuze mu bikorwa no kwagura amahirwe yo kubona akazi. Abanyeshuri bagaragaje ko ari ishema rikomeye kubigiramo uruhare, kuko bibongerera ubumenyi mu kwakira ba mukerarugendo no gukorana n’abantu baturutse mu bihugu bitandukanye. Ubuyobozi n’abarezi ba UTB bashimangira ko ibi bigaragaza umuhate wa kaminuza mu guteza imbere uburezi bufatanye n’ibikorwa bifatika (practical learning). Kuba iyi shampiyona izabera mu Rwanda ku nshuro ya mbere muri Afurika, no kohereza abanyeshuri benshi kuyigiramo uruhare, ni intambwe ikomeye mu guteza imbere ubumenyi bw’urubyiruko, ubukerarugendo bw’igihugu n’icyerekezo cya UTB cyo guhuza amasomo n’isi nyakuri y’umwuga.

ingagi 40 nizo zizahabwa amazina mumuhango wo kwita izina
TOURISM

ingagi 40 nizo zizahabwa amazina mumuhango wo kwita izina

Ku wa gatanu tariki ya 5 Nzeri 2025, hafi ya Pariki y’Igihugu y’Ibirunga hazabera umuhango wo Kwita Izina ku nshuro ya 20, aho ingagi 40 nshya, zirimo 18 zavutse mu 2024, zizahabwa amazina. Uyu mwaka uzaba ufite insanganyamatsiko igira iti “Urusobe rw’ubuzima rusigasirwa n’imiryango, mu kurengera ejo hazaza harambye kuri bose.” Kwita Izina ni umuco watangijwe mu 2005 hagamijwe guha agaciro ingagi no kugaragaza uruhare rwazo mu rusobe rw’ibinyabuzima. Ubu uyu muhango umaze kuba mpuzamahanga, uhuriza hamwe abaturage, inzobere n’abashyitsi baturutse hirya no hino ku isi, ukaba umwanya wo kwizihiza ubuzima bw’ingagi no gushimira abazirengera. Kuva watangira, ingagi 397 zimaze kwitwa amazina, mu gihe umubare wazo wiyongereye uva kuri 880 mu 2012 ugera kuri 1,063 uyu munsi. Kwita Izina 2025 izahabwa ingagi nyinshi kurusha izindi nshuro, ikaba igaragaza ubutumwa bukomeye bwo kurengera ibidukikije no gukomeza kwerekana u Rwanda nk’icyitegererezo mu guhuza umuco, ubukerarugendo n’iterambere rirambye.

abarimo Michelle yeoh na yemi alade bazita amazina ingagi
TOURISM

abarimo Michelle yeoh na yemi alade bazita amazina ingagi

Uyu mwaka, umuhango wo Kwita Izina ku nshuro ya 20 wahuje abantu b’ingeri zitandukanye baturutse hirya no hino ku isi, barimo ibyamamare, abayobozi mpuzamahanga, abashakashatsi, abahanga mu kurengera ibidukikije, ndetse n’abanyarwanda bakoze ibikorwa by’indashyikirwa. Muri bo harimo Yemi Alade, Michelle Yeoh Todt, Jean Todt, David S. Marriott, abakinnyi b’umupira w’amaguru Javier Pastore na Mathieu Flamini, n’abandi bayobozi b’imiryango mpuzamahanga ishinzwe kurengera ibidukikije. Hari kandi abanyarwanda bafite uruhare rukomeye mu kurengera ingagi n’ibidukikije, barimo abashakashatsi, abaganga b’ingagi, abarimu n’abarinzi b’amashyamba. Aba bose ni bo batoranyijwe kwita amazina abana b’ingagi. Uyu muhango utegerejwe n’abantu benshi ku isi, ukaba ari umwanya wo gusangira umuco nyarwanda, kwishimira intambwe u Rwanda rumaze gutera mu kubungabunga ingagi, no gutanga icyizere ku hazaza hazo.

RDC- Uwahoze ari Minisitiri w’ubutabera yakatiwe
POLITICS

RDC- Uwahoze ari Minisitiri w’ubutabera yakatiwe

Ku wa 02 Nzeri 2025, Urukiko Rusesa Imanza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) rwakatiye Constant Mutamba, wahoze ari Minisitiri w’Ubutabera, icyaha cyo kunyereza umutungo wa Leta ungana na miliyoni 19 z’amadolari ya Amerika yari agenewe umushinga wa Kisangani. Yategetswe gusubiza ayo mafaranga Leta, akatirwa imyaka itatu y’imirimo ifitiye igihugu akamaro (imirimo nsimburagifungo), ndetse akwamburwa uburenganzira bwo gutora no gutorwa mu gihe cy’imyaka itanu. Constant Mutamba yari Minisitiri w’Ubutabera kugeza muri Gicurasi 2025, igihe Ubushinjacyaha Bukuru bwasabaga Inteko Ishinga Amategeko kumwambura ubudahangarwa. Yamenyekanye cyane mu mvugo zishishikarizaga urwango ku Banyarwanda n’abavuga Ikinyarwanda, no mu mvugo zinenga Perezida w’u Rwanda. Yanavuzweho kutumvikanaho cyane mu itegeko rya Minisiteri y’Ubutabera ryemereraga kwica insoresore z’abajura biyita aba Kuluna.

Ingengo y’imari y’Akarere ka Kirehe izakoreshwa mu mwaka wa 2025-2026 yamaze kwemezwa
ECONOMY

Ingengo y’imari y’Akarere ka Kirehe izakoreshwa mu mwaka wa 2025-2026 yamaze kwemezwa

Ku wa 28 Kamena 2025, Inama Njyanama y’Akarere ka Kirehe iyobowe na Prof. Kabera Callixte yateranye isuzuma imikoreshereze y’ingengo y’imari ya 2024–2025 n’itangwa ry’amasoko. Yemeje ibiciro bishya by’imisoro n’amahoro bya 2025–2026, inatora ingengo y’imari ya 34,264,307,711 Frw. Perezida yashyikirije Umuyobozi Nshingwabikorwa amabwiriza yo kuyishyira mu bikorwa neza.

Umuyobozi Mukuru wa UNHCR ari mu ruzinduko mu Rwanda
ENVIRONMENT

Umuyobozi Mukuru wa UNHCR ari mu ruzinduko mu Rwanda

Umuyobozi Mukuru wa UNHCR, Filippo Grandi, ari mu Rwanda mu ruzinduko rugamije gushimangira ubufatanye mu kurengera impunzi no gushaka ibisubizo birambye. Yahuye na Minisitiri ushinzwe Ibiza baganira ku kwinjiza impunzi mu muryango nyarwanda no kongera ubushobozi bw’inzego. Uruzinduko ruje rukurikira amasezerano yo gusubiza impunzi ku bushake hagati y’u Rwanda, RDC na UNHCR, aho Abanyarwanda barenga 530 bamaze gutaha. U Rwanda rucumbikiye impunzi zisaga 135,000 kandi rukomeje gushyira mu bikorwa gahunda zibafasha kwigira no kwinjizwa mu muryango mugari binyuze mu bufatanye n’abafatanyabikorwa barimo Banki Nyafurika Itsura Amajyambere.

imirimo yo kubaka umuhanda karama-gatoki-rwanza irarimbanyije
ECONOMY

imirimo yo kubaka umuhanda karama-gatoki-rwanza irarimbanyije

Imirimo yo kubaka umuhanda Karama–Gatoki–Rwanza mu murenge wa Save, Gisagara, irarimbanyije, igice cya mbere kigeze ku rwego rwo gushyirwamo kaburimbo iciriritse. Uyu muhanda uzahuza Gisagara na Huye unyuze Duwani, woroshye ingendo, wongere ubuhahirane, ugarurire abaturage icyizere cy’iterambere no gukemura umukungugu, ndetse ube umusingi w’iterambere ry’ubucuruzi n’imibereho myiza

Perezida wa Mozambique yasabye ko habaho urujya n’uruza rw’indege hagati ya Mozambique n’u Rwanda
POLITICS

Perezida wa Mozambique yasabye ko habaho urujya n’uruza rw’indege hagati ya Mozambique n’u Rwanda

Iyo nama yitabiriwe n’abayobozi bakuru b’urwego rw’abikorera mu Rwanda, ikaba yari umwanya wo kuganira ku mahirwe mashya y’ubucuruzi n’ishoramari hagati ya Kigali na Maputo. Perezida Chapo yavuze ko hakenewe ihuriro ry’indege hagati y’ibihugu byombi kugira ngo byorohereze ingendo n’ubucuruzi, anagaragaza ibyiciro by’ingenzi byo gukoreramo ubufatanye birimo ubuhinzi, ingufu, ubwikorezi, inganda, ubukerarugendo n’ubukungu bwo mu mazi. Umuyobozi Mukuru wa RDB, Jean Guy Afrika, yavuze ko amasezerano mashya y’ubufatanye hagati ya RDB n’Ikigo cya Mozambique gishinzwe Ishoramari n’Ubucuruzi, yashyizweho umukono ku wa 27 Kanama, azafasha urwego rw’abikorera gusangira ubunararibonye, guteza imbere inganda n’iminyururu y’agaciro, no gukurura abashoramari ku rwego rw’isi. Ubufatanye bugamije guhanga imirimo ku rubyiruko n’abagore, guteza imbere ubukungu, no kongera uruhare rw’ibihugu byombi mu iterambere rya Afurika no ku rwego mpuzamahanga.

Loni mu rugamba rwo gushyikira iterambere ry’u Rwanda
ECONOMY

Loni mu rugamba rwo gushyikira iterambere ry’u Rwanda

Umuryango w’Abibumbye watangaje ko uzaha u Rwanda miliyari 1,04$ mu myaka itanu, binyuze muri gahunda ya UNSDCF yashyizweho umukono ku wa 20 Gicurasi 2025. Aya mafaranga azakoreshwa mu guteza imbere ubukungu budaheza, ubumenyi bw’abantu, imiyoborere myiza, uburinganire, kurwanya imihindagurikire y’ibihe no guhanga ibishya, mu gushimangira imikoranire ya Loni n’u Rwanda.

U Rwanda na Antigua na Barbuda byemeranyije gukuriraho Viza abaturage babyo
POLITICS

U Rwanda na Antigua na Barbuda byemeranyije gukuriraho Viza abaturage babyo

Mu rwego rwo guteza imbere ubufatanye n’ubuhahirane, u Rwanda na Antigua na Barbuda byasinyanye amasezerano yo gukuriraho viza ku baturage b’ibi bihugu byombi. Abaturage bafite pasiporo z’ubwoko bwose bazajya binjira mu kindi gihugu nta nkomyi ya viza, ibi bikazafasha koroshya ingendo, guteza imbere ubukerarugendo, ishoramari, n’ubufatanye mu by’ubukungu. Icyemezo cyafashwe mu gihe ibihugu byombi bikomeje kwagura imibanire myiza ishingiye ku nyungu z’abenegihugu.

Umuhanda wa Pindura–Bweyeye (Km 32) wavuguruwe neza 100%
ECONOMY

Umuhanda wa Pindura–Bweyeye (Km 32) wavuguruwe neza 100%

RTDA yatangaje ko umushinga wo kuvugurura umuhanda wa Pindura–Bweyeye wa kilometero 32 washyizwemo kaburimbo warangiye ku kigero cya 100%. Uyu muhanda worohereje ingendo n’ubuhahirane, utezimbere ubucuruzi n’imibereho y’abaturage. Unyura mu ishyamba rya Nyungwe ugera ku mupaka w’u Burundi, bikazafasha guteza imbere ubukerarugendo no gukurura ishoramari mu gace wubatswemo.

Ubwami bwawe buze: Ibisobanuro, ubushakashatsi n’imyumvire mu muco Nyarwanda
RELIGION

Ubwami bwawe buze: Ibisobanuro, ubushakashatsi n’imyumvire mu muco Nyarwanda

Isengesho “Ubwami bwawe buze” risaba ko ubutware bw’Imana buganza isi nk’uko buganza ijuru. Bivuga ko abantu bagomba kwemera Imana mu mibereho yabo ya buri munsi, bagaharanira ubutabera, amahoro n’urukundo. Ubwami bw’Imana bwatangiye kugaragara muri Yesu, ariko buzarangira bwuzuye igihe azagarukira mu cyubahiro.

Yahaye umuyobozi inkari aho kumuha amazi yo kunywa
INTERNATIONAL

Yahaye umuyobozi inkari aho kumuha amazi yo kunywa

Mu Ntara ya Odisha mu Buhinde, umukozi wa Leta aketsweho guha umuyobozi icupa ry’inkari aho kumuha amazi yasabye, bikekwa ko byakozwe nk’uburyo bwo kwihimura. Iperereza riri gukorwa, kandi ashobora kwirukanwa no gushyikirizwa ubutabera.

Umunsi wa Girl Friend: Umunsi udasanzwe wo kwibuka inshuti yihariye
OTHERS

Umunsi wa Girl Friend: Umunsi udasanzwe wo kwibuka inshuti yihariye

Tariki ya 1 Kanama hizihizwa National Girlfriend Day, umunsi ugamije gushimira no kugaragariza urukundo umukobwa ukundwa cyangwa inshuti y’umukobwa yihariye. Nubwo atari umunsi mpuzamahanga wemewe, watangiriye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu 2002 maze ukwirakwira mu bihugu byinshi binyuze ku mbuga nkoranyambaga. Uyu munsi ukoreshwa mu kugaragaza ko abakunzi cyangwa inshuti z’abakobwa bazirikana urukundo n’ubufatanye, binyuze mu mpano, ubutumwa bw’urukundo, indabo cyangwa gusabana byihariye. Si uw’abakundana gusa, kuko unifashishwa no kwizihiza ubucuti bwihariye hagati y’inshuti z’abakobwa. Muri rusange, National Girlfriend Day wibutsa akamaro ko kwita ku mibanire, kuyubaha no kuyubakira ku rukundo n’ukwizera