Politics

20 articles found

RWANDA Air yaguriwe inzira z’ingendo mu bihugu 12 bishya
POLITICS

RWANDA Air yaguriwe inzira z’ingendo mu bihugu 12 bishya

Guverinoma y’u Rwanda yemeje amasezerano mashya yo gutwara abantu n’ibintu mu kirere hagati yayo n’ibihugu 12, bituma RwandAir yemerewe gukora ingendo z’indege zijya cyangwa ziva muri ibyo bihugu. Ibyo bihugu birimo Eswatini, Guinea, Liberia, Malawi, Mali, Zimbabwe, Ubufaransa, Georgia, Pologne, Oman, Suriname na Canada.

Ingamba z’u Rwanda ku bibazo byaterwa n’intambara ya Israel na Iran.
POLITICS

Ingamba z’u Rwanda ku bibazo byaterwa n’intambara ya Israel na Iran.

Guverinoma y’u Rwanda yatangiye kwitegura ingaruka zishobora guterwa n’intambara hagati ya Israel na Iran, cyane cyane ku isoko rya peteroli. Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yatangaje ko hashyizweho itsinda rigenzura buri munsi uko ibikomoka kuri peteroli byinjira mu gihugu n’uko bibitswe, mu rwego rwo kwirinda ibibazo byaturuka ku gufungwa kw’inzira ya Hormuz, inyuzwamo igice kinini cya peteroli ku Isi.

Amakimbirane hagati ya Isiraheli n’igihugu cyahoze ari ubwami bw’Abaperesi.
POLITICS

Amakimbirane hagati ya Isiraheli n’igihugu cyahoze ari ubwami bw’Abaperesi.

Amakimbirane hagati ya Iran n’Isiraheli ashingiye ku mateka maremare y’ubucuti bwahindutse ubwanzi. Mu kinyejana cya 6 mbere ya Yesu, Abaperesi bayobowe na Cyrus the Great bari inshuti z’Abisirayeli, ndetse yafashije Abisirayeli bari barajyanywe bunyago i Babuloni kugaruka i Yerusalemu no kongera kubaka urusengero rwabo. Ibi byateje umubano mwiza wubakiye ku bwubahane n’icyizere.

Ubufasha bw’u Rwanda bugenewe Gaza bwageze muri Yorodani
POLITICS

Ubufasha bw’u Rwanda bugenewe Gaza bwageze muri Yorodani

Ku bufatanye n’ubwami bwa Hashemite bwa Yorodani, u Rwanda rwagejeje imfashanyo igizwe n’imizigo ibiri igenewe abaturage ba Gaza, irimo toni zirenga 40 z’ibiribwa n’ibikoresho by’ubuvuzi. Iyi mfashanyo yakiriwe i Amman n’Umuryango w’Ubugiraneza wa Hashemite wa Yorodani, ikaba igaragaza uruhare rw’u Rwanda mu bikorwa by’ubumuntu no gushyigikira abaturage bahangayikishijwe n’intambara n’ibura ry’ibyangombwa by’ibanze.

Ingaruka zatangiye kugaragara kubera ubushyamirane buganisha ku ntambara hagati ya iran na israel
POLITICS

Ingaruka zatangiye kugaragara kubera ubushyamirane buganisha ku ntambara hagati ya iran na israel

Ubushyamirane bukomeye hagati ya Iran na Israel bukomeje gutera impungenge ku mutekano w’akarere no ku rwego mpuzamahanga. Nyuma y’ibitero bya Israel ku butaka bwa Iran, ibiciro bya peteroli byazamutse hejuru ya 12%, bitera impungenge ku itangwa ry’ikoreshwa rya peteroli ku isi no ku bukungu bw’ibihugu byinshi. Isoko ry’imigabane na ryo ryahungabanye, aho abashoramari batangiye gushora mu bindi bikorwa birimo zahabu n’imigabane ya leta, bikaba byatuma ubukungu bw’isi bukomeza guhura n’ihungabana, cyane cyane mu bihugu biteye imbere byishingikiriza ku mutekano w’akarere k’Abarabu. Hari kandi impungenge ko Amerika ishobora kwivanga mu ntambara, kuko Iran yihanangirije ko izagaba ibitero ku birindiro byayo mu gihe intambara yakwiyongera. Impande zombi zikomeje gusubira mu magambo akakaye, bityo amahanga arasabwa gukomeza gushaka inzira z’amahoro kugira ngo hirindwe intambara yaguka yazahaza akarere n’ubukungu bw’isi yose.

Perezida wa Guinea yahuye n’abaturage be baba mu Rwanda
POLITICS

Perezida wa Guinea yahuye n’abaturage be baba mu Rwanda

Perezida wa Guinea-Conakry, Général Mamadi Doumbouya, uri mu ruzinduko rw’akazi i Kigali, yahuye n’Abanya-Guinea baba mu Rwanda bamwakira neza bamugaragariza ibyishimo n’ishyaka. Uru ruzinduko rugamije gutsura no gukomeza umubano mwiza usanzwe hagati y’u Rwanda na Guinea.

Abapolisi 140 bagiye kujya mu butumwa bw’amahoro
POLITICS

Abapolisi 140 bagiye kujya mu butumwa bw’amahoro

Polisi y’u Rwanda yohereje abapolisi 140 mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Santrafurika, aho bagiye gusimbura bagenzi babo bari bamaze umwaka mu murwa mukuru Bangui.

Guverineri Newsom Yamaganye Itegeko rya Trump ryo Kohereza Ingabo za Leta i Los Angeles.
POLITICS

Guverineri Newsom Yamaganye Itegeko rya Trump ryo Kohereza Ingabo za Leta i Los Angeles.

Guverineri wa California, Gavin Newsom, yatangaje ko agiye kurega Perezida Donald Trump kubera kohereza ingabo za Leta (National Guard) i Los Angeles mu gihe hari imyigaragambyo irwanya politiki y’abimukira. Newsom avuga ko iki cyemezo kinyuranyije n’amategeko kandi cyongereye umutekano muke aho kuwugabanya. Abayobozi batandukanye barimo Senateri Chuck Schumer bashinja Trump gukoresha iyi myigaragambyo mu nyungu za politiki, aho avuga ko ari uburyo bwo guhisha ibibazo by’ubutegetsi bwe.

U Rwanda rwikuye mu muryango wa ECCAS
POLITICS

U Rwanda rwikuye mu muryango wa ECCAS

U Rwanda rwafashe icyemezo cyo kwivana mu Muryango w’Ubukungu w’Ibihugu byo muri Afurika yo Hagati (CEEAC/ECCAS) nyuma y’uko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yitambitse rukabuza ko ruhabwa kuyobora uyu muryango. Ibi byabereye mu nama y’abakuru b’ibihugu yabereye i Malabo muri Guinée équatoriale.

Uruhare rw’Inzego z’Ibanze muri Gahunda y’igihugu yo kwihutisha Iterambere.
POLITICS

Uruhare rw’Inzego z’Ibanze muri Gahunda y’igihugu yo kwihutisha Iterambere.

Ku wa 6 Kamena 2025, RALGA yateranye mu Nteko Rusange ya 29 yabereye muri Hoteli Serena i Kigali, yiga ku ruhare rw’Inzego z’Ibanze mu ishyirwa mu bikorwa rya Gahunda ya NST2 no ku cyerekezo cya RALGA 2025–2030. Muri iyi nama, hasuzumwe kandi hemezwa raporo y’ibikorwa n’imari ya 2024–2025 ndetse n’imigambi n’ingengo y’imari ya 2025–2026.

Itegeko rishya rya Trump ryateje imvururu ndetse muri Gaza habereye ubwicanyi budasazwe
POLITICS

Itegeko rishya rya Trump ryateje imvururu ndetse muri Gaza habereye ubwicanyi budasazwe

Kuva ku wa 6 Kamena 2025, isi iri mu bihe byuzuyemo impaka n’umutekano muke. Perezida wa Amerika Donald Trump yasubijeho itegeko ribuza abantu baturuka mu bihugu 12 kwinjira muri Amerika, ryateje impaka ku burenganzira bwa muntu. Muri Gaza, abantu barenga 80 bishwe barashwe bari bategereje imfashanyo, ibintu byashenguye isi yose.

Isi yifatanyije kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije
POLITICS

Isi yifatanyije kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije

Ku wa 5 Kamena 2025, isi yose yizihije Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije, wizihirijwe muri Koreya y’Epfo ku nsanganyamatsiko igira iti “Duce imyanda ya plastike.” Uyu munsi washyizweho na Loni mu rwego rwo gukangurira amahanga kurengera ibidukikije, cyane cyane kurwanya imyanda yangiza amazi, ubutaka n’ubuzima bw’ibinyabuzima. Loni igaragaza ko toni za plastike zigera kuri miliyoni 23 zijugunywa mu nyanja buri mwaka. Koreya y’Epfo n’u Rwanda byagaragajwe nk’ibihugu byafashe ingamba zikomeye zo kugabanya ikoreshwa rya plastike, u Rwanda rukaba rumaze igihe rwaraciye burundu amasashe.

Abaturage bo mu bihugu birimo Congo na Burundi bakumiriwe kwinjira muri Amerika.
POLITICS

Abaturage bo mu bihugu birimo Congo na Burundi bakumiriwe kwinjira muri Amerika.

Perezida wa Amerika Donald Trump yashyizeho itegeko rikumira abaturage bo mu bihugu 12 kwinjira muri Amerika guhera tariki 9 Kamena 2025, zirimo Congo, Afghanistan, Haiti, Iran na Somalia, avuga ko ari mu rwego rwo gukumira ibyago by’umutekano. Hari kandi ibihugu 7 byashyizwe ku mbogamizi z’igice birimo u Burundi na Cuba.

Edgar Chagwa Lungu yitabye Imana
POLITICS

Edgar Chagwa Lungu yitabye Imana

Uwahoze ari Perezida wa Zambia, Edgar Chagwa Lungu, yitabye Imana ku myaka 69 azize uburwayi, mu bitaro bya Pretoria muri Afurika y’Epfo. Yayoboye Zambia kuva mu 2015 kugeza mu 2021, mbere yo gusimburwa na Perezida Hakainde Hichilema.

Lee Jae-Myung yatorewe kuyobora Koreya y’epfo (South Korea)
POLITICS

Lee Jae-Myung yatorewe kuyobora Koreya y’epfo (South Korea)

Lee Jae-Myung yatorewe kuba Perezida wa Koreya y’Epfo atsinda amatora n’amajwi 49.4%, atsinda Kim Moon-Soo, asimbura Yoon Suk-Yeol wegujwe ku butegetsi. Lee ni umunyapolitiki wo mu Ishyaka rya Demokarasi wigeze kuba Guverineri wa Gyeonggi na Meya wa Seongnam. Mu ijambo rye ry’intsinzi, yasezeranyije kuzahura ubukungu no gushaka amahoro n’Amajyaruguru ya Koreya. Kim Moon-Soo yemeye gutsindwa, naho Lee yarahiye ku mugaragaro ku wa 4 Kamena 2025.

Perezida Trump mu Rugamba Rukomeye rwo Guhuza Ukraine na Russia
POLITICS

Perezida Trump mu Rugamba Rukomeye rwo Guhuza Ukraine na Russia

Perezida Donald Trump yakomeje kugerageza guhuza Ukraine na Russia mu biganiro by’amahoro, ariko uru rugendo rugaragaramo inzitizi zikomeye. Nubwo Trump yatangije ibiganiro n’abayobozi b’ibi bihugu, Ukraine yagiye igaragaza ko ihejwe, cyane ko Amerika yaganiriye na Russia itayitumiye. Amerika yasabye Ukraine kwemera gutakaza bimwe mu bice byayo byafashwe n’Uburusiya, ibintu Ukraine yanze.

Joseph Kabila yagiranye ibiganiro n’abayobozi b’amashuri makuru na kaminuza
POLITICS

Joseph Kabila yagiranye ibiganiro n’abayobozi b’amashuri makuru na kaminuza

Joseph Kabila, wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagiranye ibiganiro n’abayobozi b’amashuri makuru na za kaminuza mu Ntara ya Kivu iri mu maboko ya AFC/M23 ku wa 31 Gicurasi 2025. Ibiganiro byibanze ku bujyanama n’ubufatanye mu miyoborere y’iyo ntara, harimo no kwakira Perezida w’Inama y’Abayobozi b’ibigo by’amashuri makuru na kaminuza, Mohindo Mughanda. Nyuma y’uru ruzinduko, Kabila ateganya gutangaza gahunda ikurikira.