Politics

14 articles found

Ibikubiye muri raporo y’ibisubizo ku byaha ishinjwa mu mujyi wa Goma na Bukavu.
POLITICS

Ibikubiye muri raporo y’ibisubizo ku byaha ishinjwa mu mujyi wa Goma na Bukavu.

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje raporo ku birego byo guhonyora uburenganzira bw’ikiremwamuntu mu mijyi ya Goma na Bukavu. Raporo igaragaza ko mbere yo kubohorwa n’AFC/M23, abaturage babaga mu kaga no gutotezwa, ariko nyuma yo kubohorwa bagaragaje ibyishimo, kandi abayobozi b’utwo duce bafatanyije na AFC/M23 mu miyoborere.

Imvura idasazwe muri Kerala, Ubuhinde burasaba Pakisitani gufata abashijwa iterabwoba mbere y’ibiganiro
POLITICS

Imvura idasazwe muri Kerala, Ubuhinde burasaba Pakisitani gufata abashijwa iterabwoba mbere y’ibiganiro

Mu gihe ubukungu bw’u Buhinde bushobora kugabanuka ku gipimo cya 6.5% muri 2024–2025, leta ya Kerala iri guhangana n’imvura nyinshi mu turere 8 kuri 14, cyane cyane Idukki, Ernakulam na Pathanamthitta, bitera impanuka z’umwuzure n’inkangu. Ku bijyanye n’umutekano, u Buhinde burasaba Pakisitani gufata abashijwa iterabwoba mbere y’uko habaho ibiganiro, aho hahise hamenyekana ko nta biganiro bizaba keretse abashijwa baragaruriwe.

ECOWAS yizihije isabukuru y’imyaka 50
POLITICS

ECOWAS yizihije isabukuru y’imyaka 50

Umuryango w’Ubukungu w’Ibihugu byo muri Afurika y’Iburengerazuba (ECOWAS) wizihije isabukuru y’imyaka 50 ku mugaragaro i Lagos, iyobowe muri iki gihe na Perezida wa Nigeria Bola Ahmed Tinubu. Ibikorwa by’ibi birori byibanze ku gusigasira amahoro, iterambere rirambye no gukomeza ubufatanye mu karere.

Inama nyunguranabitekerezo ku byavuye mu bushakashatsi ku mi bereho y’ingo ku rwego rw’intara.
POLITICS

Inama nyunguranabitekerezo ku byavuye mu bushakashatsi ku mi bereho y’ingo ku rwego rw’intara.

Kuri tariki ya 26 Gicurasi 2025, mu Karere ka Bugesera hateraniye inama nyunguranabitekerezo ku byavuye mu bushakashatsi ku mibereho y’ingo n’ibipimo by’ubukene mu Rwanda (EICV7). Inama yateguwe ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare, iyobowe na Guverineri Pudence Rubingisa na Kayitesi Claudette, yitabiriwe n’abayobozi b’uturere, inzego z’umutekano, amadini, PSF, urubyiruko n’abafite ubumuga.

U Rwanda Rushobora Kwandika Amateka Mashya Nirwakira Amashami Amwe ya Loni.
POLITICS

U Rwanda Rushobora Kwandika Amateka Mashya Nirwakira Amashami Amwe ya Loni.

U Rwanda rwagaragaje ubushake bwo kwakira amashami amwe y’Umuryango w’Abibumbye (Loni), bigatanga umusanzu mu gukemura ibibazo by’isi by’ubukungu, iterambere n’umutekano. Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yandikiye Umunyamabanga Mukuru wa Loni ashimangira ko u Rwanda rwiteguye gutanga ibyangombwa by’ibanze n’inyubako zikenewe. Kigali, umujyi utekanye kandi ugezweho, ushobora gutanga ibikorwaremezo byiza ku bakozi ba Loni.

Abanyafurika nibo bafite igisubizo ku bibazo by’umutekano wabo -Perezida Paul KAGAME
POLITICS

Abanyafurika nibo bafite igisubizo ku bibazo by’umutekano wabo -Perezida Paul KAGAME

Nyakubahwa Perezida Paul Kagame yatangije ku wa 19 Gicurasi 2025 inama mpuzamahanga y’umutekano muri Afurika, International Security Conference on Africa (ISCA), i Kigali. Perezida Kagame yashimangiye ko umutekano w’Afurika ugomba gukemurwa n’abayituye, aho abayobozi bafite inshingano zo kubaka imiyoborere ituma abaturage babaho batekanye kandi uburenganzira bwabo bubahirizwa. Umuyobozi w’Inama Ngishwanama ya ISCA, Moussa Faki Mahamat, yashimiye Kigali ku kuba ahantu heza ho gutangiriraho imbaraga nshya mu guhanga ibisubizo by’umutekano muri Afurika. Inama izamara iminsi ibiri, igamije gusuzuma ibyo bagezeho no gushaka ibisubizo ku bibazo by’umutekano bigihari.

Perezida Ibrahim Traoré yafashe umwanzuro watunguye benshi muri Burukina Faso ndetse no hanze
POLITICS

Perezida Ibrahim Traoré yafashe umwanzuro watunguye benshi muri Burukina Faso ndetse no hanze

Perezida wa Burkina Faso, Ibrahim Traoré, yakuyeho burundu amafaranga y’ishuri mu gihugu hose, atuma uburezi kuva ku mashuri abanza kugeza muri kaminuza buba ubuntu 100%. Ubu buryo bugamije gukuraho inzitizi zishingiye ku bushobozi buke, gutanga amahirwe angana ku rubyiruko, no gutanga ibitabo by’ishuri ku buntu. Iki cyemezo cyakiriwe neza mu gihugu no ku rwego mpuzamahanga, kandi gisiga ubutumwa ko uburezi ari uburenganzira, si impano.

Trump yavuze ko ababaye ariko atarahagarika imikoranire na Putin
POLITICS

Trump yavuze ko ababaye ariko atarahagarika imikoranire na Putin

Perezida wa Amerika, Donald Trump, yavuze ko nubwo atishimiye imyitwarire ya Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, adashaka guhagarika burundu ibiganiro cyangwa imikoranire ashobora kugira na we mu gihe kizaza. Trump asobanura ko politiki mpuzamahanga isaba gukomeza ibiganiro n’abo udahuza, cyane cyane iyo bishobora kugira inyungu ku gihugu.

Paul Kagame Umukandida wa PRF Inkotanyi
POLITICS

Paul Kagame Umukandida wa PRF Inkotanyi

Paul Kagame, umukandida wa FPR Inkotanyi, yatangirije ibikorwa byo kwiyamamaza i Busogo mu Karere ka Musanze, abwira abaturage bo mu Turere twa Musanze, Gakenke, Gicumbi, Rulindo na Nyabihu ko amatora ari umwanya wo kuzana impinduka nziza mu Rwanda.

Ambassador Olivier NDUHUNGIREHE yagizwe minisitiri w’ububanyi n’amahanga.
POLITICS

Ambassador Olivier NDUHUNGIREHE yagizwe minisitiri w’ububanyi n’amahanga.

Ambasaderi Olivier Nduhungirehe yagizwe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, asimbura Dr Vincent Biruta wagizwe Minisitiri w’Umutekano. Yari asanzwe ahagarariye u Rwanda mu Buholandi kuva mu 2020, aho yakoze neza inshingano zo guhagararira igihugu no gufasha Abanyarwanda bahatuye. Perezida Paul Kagame yamugiriye icyizere cyo kuyobora Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, naho we abinyujije ku rubuga X yashimiye Perezida ku bw’icyizere yagiriwe cyo gukomeza gukorera u Rwanda.

Previous
Page 6