All Articles

20 articles found

Ubufasha bw’u Rwanda bugenewe Gaza bwageze muri Yorodani
POLITICS

Ubufasha bw’u Rwanda bugenewe Gaza bwageze muri Yorodani

Ku bufatanye n’ubwami bwa Hashemite bwa Yorodani, u Rwanda rwagejeje imfashanyo igizwe n’imizigo ibiri igenewe abaturage ba Gaza, irimo toni zirenga 40 z’ibiribwa n’ibikoresho by’ubuvuzi. Iyi mfashanyo yakiriwe i Amman n’Umuryango w’Ubugiraneza wa Hashemite wa Yorodani, ikaba igaragaza uruhare rw’u Rwanda mu bikorwa by’ubumuntu no gushyigikira abaturage bahangayikishijwe n’intambara n’ibura ry’ibyangombwa by’ibanze.

U Bwongereza bwahuruje ku byago by’izamuka ry’intambara nyuma y’ibitero bya Amerika kuri Iran
INTERNATIONAL

U Bwongereza bwahuruje ku byago by’izamuka ry’intambara nyuma y’ibitero bya Amerika kuri Iran

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Keir Starmer yatangaje ko intambara ishobora kwaguka nyuma y’ibitero Amerika yagabye kuri za sitasiyo za nucléaire za Iran. Yavuze ko u Bwongereza butabigizemo uruhare kandi bushyigikiye inzira y’ibiganiro. Iran yamaganye ibyo bitero, mu gihe u Bwongereza, Ubufaransa n’Ubudage basabye kwirinda gukaza intambara, Loni na IAEA na byo bigaragaza impungenge ku mutekano wa nucléaire n’izamuka ry’umwiryane.

Gicumbi hatashywe ku mugaragaro ishami rya Kigali Christian School
EDUCATION

Gicumbi hatashywe ku mugaragaro ishami rya Kigali Christian School

Ku wa Gatanu, tariki 13 Kamena 2025, Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi yafunguye ku mugaragaro ishuri Kigali Christian – ishami rya Gicumbi mu murenge wa Byumba, akagari ka Kibali, rifasha mu burezi no mu myigishirize ishingiye ku myemerere. Iri shuri ryatangiye mu mwaka w’amashuri wa 2024-2025 rifite abana 91 kandi ryatanze akazi ku bantu 32. Rifite intego zo guteza imbere ireme ry’uburezi, gukura abana mu myizerere ya Kristo no kubafasha mu mikurire yabo.

Ingaruka zatangiye kugaragara kubera ubushyamirane buganisha ku ntambara hagati ya iran na israel
POLITICS

Ingaruka zatangiye kugaragara kubera ubushyamirane buganisha ku ntambara hagati ya iran na israel

Ubushyamirane bukomeye hagati ya Iran na Israel bukomeje gutera impungenge ku mutekano w’akarere no ku rwego mpuzamahanga. Nyuma y’ibitero bya Israel ku butaka bwa Iran, ibiciro bya peteroli byazamutse hejuru ya 12%, bitera impungenge ku itangwa ry’ikoreshwa rya peteroli ku isi no ku bukungu bw’ibihugu byinshi. Isoko ry’imigabane na ryo ryahungabanye, aho abashoramari batangiye gushora mu bindi bikorwa birimo zahabu n’imigabane ya leta, bikaba byatuma ubukungu bw’isi bukomeza guhura n’ihungabana, cyane cyane mu bihugu biteye imbere byishingikiriza ku mutekano w’akarere k’Abarabu. Hari kandi impungenge ko Amerika ishobora kwivanga mu ntambara, kuko Iran yihanangirije ko izagaba ibitero ku birindiro byayo mu gihe intambara yakwiyongera. Impande zombi zikomeje gusubira mu magambo akakaye, bityo amahanga arasabwa gukomeza gushaka inzira z’amahoro kugira ngo hirindwe intambara yaguka yazahaza akarere n’ubukungu bw’isi yose.

Isirayeli yagabye ibitero bya gisirikare muri Irani
INTERNATIONAL

Isirayeli yagabye ibitero bya gisirikare muri Irani

Ku ya 13 Kamena 2025, Isirayeli yagabye igitero gikomeye ku nganda za nikleyeri n’ibigo bya gisirikare muri Iran, gisiga Tehran yangiritse, aho bamwe mu bayobozi bakuru b’ingabo n’abahanga mu bya nikleyeri bapfuye. Igitero cyagambiriwe guhagarika gahunda ya Iran yo gukora intwaro za nikleyeri, bitera impungenge ku mutekano w’akarere.

Bidasubirwaho Florian Witz yamaze kuba umukinnyi wa Liverpool.
SPORTS

Bidasubirwaho Florian Witz yamaze kuba umukinnyi wa Liverpool.

Umukinnyi w’Umudage Florian Wirtz w’imyaka 22 yamaze gusinyira ikipe ya Liverpool yo mu Bwongereza, imugura akayabo ka miliyoni 116 z’amayero, akaba abaye umukinnyi uhenze kurusha abandi mu mateka ya Liverpool. Ategerejwe gukina mu kibuga hagati afatanya na Alexis Mac Allister na Gravenberch. Wirtz azajya ahembwa amayero ibihumbi 355 mu cyumweru, bikamugira umukinnyi uhembwa menshi muri Liverpool, asize Mohamed Salah uhembwa ibihumbi 350. Kuva yagera muri Bayer Leverkusen mu 2020, Wirtz yayitsindiye ibitego 57 anatanga imisanzu 64 yavuyemo ibitego mu mikino 196 yakiniye iyi kipe.

Perezida wa Guinea yahuye n’abaturage be baba mu Rwanda
POLITICS

Perezida wa Guinea yahuye n’abaturage be baba mu Rwanda

Perezida wa Guinea-Conakry, Général Mamadi Doumbouya, uri mu ruzinduko rw’akazi i Kigali, yahuye n’Abanya-Guinea baba mu Rwanda bamwakira neza bamugaragariza ibyishimo n’ishyaka. Uru ruzinduko rugamije gutsura no gukomeza umubano mwiza usanzwe hagati y’u Rwanda na Guinea.

Elon Musk yicuza amagambo mabi yavuze kuri Donald Trump
INTERNATIONAL

Elon Musk yicuza amagambo mabi yavuze kuri Donald Trump

Elon Musk yasabye imbabazi Perezida Donald Trump nyuma yo gutanga amagambo akaze yamunenze, avuga ko yari yararenze urugero. Ibi byakurikiwe n’amahoro mu itumanaho ryabo, bigatanga icyizere cyo kugabanya amakimbirane no kugira ingaruka nziza ku ishoramari n’ubukungu.

Abapolisi 140 bagiye kujya mu butumwa bw’amahoro
POLITICS

Abapolisi 140 bagiye kujya mu butumwa bw’amahoro

Polisi y’u Rwanda yohereje abapolisi 140 mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Santrafurika, aho bagiye gusimbura bagenzi babo bari bamaze umwaka mu murwa mukuru Bangui.

Guverineri Newsom Yamaganye Itegeko rya Trump ryo Kohereza Ingabo za Leta i Los Angeles.
POLITICS

Guverineri Newsom Yamaganye Itegeko rya Trump ryo Kohereza Ingabo za Leta i Los Angeles.

Guverineri wa California, Gavin Newsom, yatangaje ko agiye kurega Perezida Donald Trump kubera kohereza ingabo za Leta (National Guard) i Los Angeles mu gihe hari imyigaragambyo irwanya politiki y’abimukira. Newsom avuga ko iki cyemezo kinyuranyije n’amategeko kandi cyongereye umutekano muke aho kuwugabanya. Abayobozi batandukanye barimo Senateri Chuck Schumer bashinja Trump gukoresha iyi myigaragambyo mu nyungu za politiki, aho avuga ko ari uburyo bwo guhisha ibibazo by’ubutegetsi bwe.

U Rwanda rwikuye mu muryango wa ECCAS
POLITICS

U Rwanda rwikuye mu muryango wa ECCAS

U Rwanda rwafashe icyemezo cyo kwivana mu Muryango w’Ubukungu w’Ibihugu byo muri Afurika yo Hagati (CEEAC/ECCAS) nyuma y’uko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yitambitse rukabuza ko ruhabwa kuyobora uyu muryango. Ibi byabereye mu nama y’abakuru b’ibihugu yabereye i Malabo muri Guinée équatoriale.

Uwo munsi bari bateraniye hamwe kandi bahuje umutima-Menya Pentecost
RELIGION

Uwo munsi bari bateraniye hamwe kandi bahuje umutima-Menya Pentecost

Ku wa 8 Kamena 2025, Abakirisitu bizihije Pantekositi, umunsi wibuka gusohora kw’isezerano rya Yesu ryo kohereza Umwuka Wera (Ibyak 2). Umwuka yamanukiye abigishwa i Yerusalemu ku munsi wa 50 nyuma y’izuka, abaha imbaraga n’impano zirimo kuvuga indimi. Uyu munsi ufite inkomoko no muri Shavuot y’Abayahudi, ukaba wibutsa ko Umwuka ayobora kandi agahamya abizera.

Umubare w’abarwaye COVID-19 Mu Buhinde urenze 5,000
INTERNATIONAL

Umubare w’abarwaye COVID-19 Mu Buhinde urenze 5,000

Mu Buhinde, abanduye COVID-19 bageze ku 5,235, benshi bari mu kato mu ngo zabo, cyane cyane muri Kerala, Delhi na West Bengal. Nubwo imibare izamuka, abenshi bafite ibimenyetso bidakomeye, kandi leta irakomeje gukurikirana icyorezo.

Abayisilamu mu Rwanda Bizihije Eid al-Adha
RELIGION

Abayisilamu mu Rwanda Bizihije Eid al-Adha

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 6 Kamena 2025, Abayisilamu bo mu Rwanda bizihije umunsi mukuru wa Eid al-Adha, uzwi nk’Umunsi Mukuru w’Igitambo, mu isengesho rusange ryabereye kuri Stade ya Kigali Pelé. Uyu munsi wibutsa igitambo cya Ibrahim, aho abayisilamu batamba amatungo bagasangira inyama n’imiryango, inshuti n’abatishoboye. Nubwo mu Rwanda wizihijwe kuri iyo tariki, mu bindi bihugu wizihijwe ku yindi minsi bitewe no kureba ukwezi.