All Articles

20 articles found

 Habaye inteko rusange y’Inama y’igihugu y’urubyiruko(NYC)
TECHNOLOGY

Habaye inteko rusange y’Inama y’igihugu y’urubyiruko(NYC)

Rwiyemezamirimo Jean Claude Dufatanye, ukora ibikoresho by’ikoranabuhanga bya Made in Rwanda, yasangije urugendo rwe mu iterambere, agaragaza ko kuva 2018-2020 yegukanye ibihembo bitandukanye byo kwihangira imirimo ndetse n’ibihembo bya Youth Connekt 2024-2025 bingana na miliyoni 21. Yavuze ko yahuye n’imbogamizi zirimo ubushobozi buke bwo kugura ibikoresho, ariko akomeza guhatana, afashwa n’inkunga za Leta, kandi akuraho ijwi ry’abamuca intege.

Uruhare rw’Inzego z’Ibanze muri Gahunda y’igihugu yo kwihutisha Iterambere.
POLITICS

Uruhare rw’Inzego z’Ibanze muri Gahunda y’igihugu yo kwihutisha Iterambere.

Ku wa 6 Kamena 2025, RALGA yateranye mu Nteko Rusange ya 29 yabereye muri Hoteli Serena i Kigali, yiga ku ruhare rw’Inzego z’Ibanze mu ishyirwa mu bikorwa rya Gahunda ya NST2 no ku cyerekezo cya RALGA 2025–2030. Muri iyi nama, hasuzumwe kandi hemezwa raporo y’ibikorwa n’imari ya 2024–2025 ndetse n’imigambi n’ingengo y’imari ya 2025–2026.

Itegeko rishya rya Trump ryateje imvururu ndetse muri Gaza habereye ubwicanyi budasazwe
POLITICS

Itegeko rishya rya Trump ryateje imvururu ndetse muri Gaza habereye ubwicanyi budasazwe

Kuva ku wa 6 Kamena 2025, isi iri mu bihe byuzuyemo impaka n’umutekano muke. Perezida wa Amerika Donald Trump yasubijeho itegeko ribuza abantu baturuka mu bihugu 12 kwinjira muri Amerika, ryateje impaka ku burenganzira bwa muntu. Muri Gaza, abantu barenga 80 bishwe barashwe bari bategereje imfashanyo, ibintu byashenguye isi yose.

Abayisilamu mu Rwanda bizihije Eid al-Adha 2025: Umunsi w’ukwemera, kwitanga n’ubwiyunge
RELIGION

Abayisilamu mu Rwanda bizihije Eid al-Adha 2025: Umunsi w’ukwemera, kwitanga n’ubwiyunge

Ku wa 6 Kamena 2025, Abayisilamu bo mu Rwanda bizihije Eid al-Adha, Umunsi Mukuru w’Igitambo, wizihizwa ku wa 10 Dhul-Hijjah. Isengesho rikuru ryabereye kuri Stade ya Kigali Pelé saa 6:00 za mu gitondo. Bizihiza kwibuka igitambo cya Ibrahim, batanga amatungo bakagabanya inyama ku muryango, inshuti n’abakene. Ibihugu bimwe byayizihije ku ya 7 Kamena bitewe n’ukwezi.

Isi yifatanyije kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije
POLITICS

Isi yifatanyije kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije

Ku wa 5 Kamena 2025, isi yose yizihije Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije, wizihirijwe muri Koreya y’Epfo ku nsanganyamatsiko igira iti “Duce imyanda ya plastike.” Uyu munsi washyizweho na Loni mu rwego rwo gukangurira amahanga kurengera ibidukikije, cyane cyane kurwanya imyanda yangiza amazi, ubutaka n’ubuzima bw’ibinyabuzima. Loni igaragaza ko toni za plastike zigera kuri miliyoni 23 zijugunywa mu nyanja buri mwaka. Koreya y’Epfo n’u Rwanda byagaragajwe nk’ibihugu byafashe ingamba zikomeye zo kugabanya ikoreshwa rya plastike, u Rwanda rukaba rumaze igihe rwaraciye burundu amasashe.

Abaturage bo mu bihugu birimo Congo na Burundi bakumiriwe kwinjira muri Amerika.
POLITICS

Abaturage bo mu bihugu birimo Congo na Burundi bakumiriwe kwinjira muri Amerika.

Perezida wa Amerika Donald Trump yashyizeho itegeko rikumira abaturage bo mu bihugu 12 kwinjira muri Amerika guhera tariki 9 Kamena 2025, zirimo Congo, Afghanistan, Haiti, Iran na Somalia, avuga ko ari mu rwego rwo gukumira ibyago by’umutekano. Hari kandi ibihugu 7 byashyizwe ku mbogamizi z’igice birimo u Burundi na Cuba.

Edgar Chagwa Lungu yitabye Imana
POLITICS

Edgar Chagwa Lungu yitabye Imana

Uwahoze ari Perezida wa Zambia, Edgar Chagwa Lungu, yitabye Imana ku myaka 69 azize uburwayi, mu bitaro bya Pretoria muri Afurika y’Epfo. Yayoboye Zambia kuva mu 2015 kugeza mu 2021, mbere yo gusimburwa na Perezida Hakainde Hichilema.

Abafana 10 Bapfiriye mu Kavuyo k’Intsinzi ya RCB i Bengaluru
SPORTS

Abafana 10 Bapfiriye mu Kavuyo k’Intsinzi ya RCB i Bengaluru

I Bengaluru, mu Buhinde, ibirori byo kwizihiza intsinzi ya Royal Challengers Bengaluru (RCB) muri IPL 2025 byahindutse ibyago, ubwo habaga akavuyo (stampede) hanze ya Stade M. Chinnaswamy. Abantu barenga 10 bapfuye, abandi benshi barakomereka kubera umubyigano ukabije w’abafana bashakaga kubona abakinnyi.

Lee Jae-Myung yatorewe kuyobora Koreya y’epfo (South Korea)
POLITICS

Lee Jae-Myung yatorewe kuyobora Koreya y’epfo (South Korea)

Lee Jae-Myung yatorewe kuba Perezida wa Koreya y’Epfo atsinda amatora n’amajwi 49.4%, atsinda Kim Moon-Soo, asimbura Yoon Suk-Yeol wegujwe ku butegetsi. Lee ni umunyapolitiki wo mu Ishyaka rya Demokarasi wigeze kuba Guverineri wa Gyeonggi na Meya wa Seongnam. Mu ijambo rye ry’intsinzi, yasezeranyije kuzahura ubukungu no gushaka amahoro n’Amajyaruguru ya Koreya. Kim Moon-Soo yemeye gutsindwa, naho Lee yarahiye ku mugaragaro ku wa 4 Kamena 2025.

Abanya-Koreya y’Epfo batangiye gutora Perezida mushya mu matora Yihutirwa
INTERNATIONAL

Abanya-Koreya y’Epfo batangiye gutora Perezida mushya mu matora Yihutirwa

Abaturage ba Koreya y’Epfo batangiye gutora mu matora yihutirwa yo guhitamo Perezida mushya nyuma y’amezi atandatu y’ibibazo bya politiki. Lee Jae-myung wo mu ishyaka rya Demokarasi afite amahirwe menshi yo gutsinda, ahanganye na Kim Moon-soo wa People Power Party. Ibisubizo by’amatora biteganyijwe mu ijoro cyangwa mu gitondo gikurikira.

Perezida Trump mu Rugamba Rukomeye rwo Guhuza Ukraine na Russia
POLITICS

Perezida Trump mu Rugamba Rukomeye rwo Guhuza Ukraine na Russia

Perezida Donald Trump yakomeje kugerageza guhuza Ukraine na Russia mu biganiro by’amahoro, ariko uru rugendo rugaragaramo inzitizi zikomeye. Nubwo Trump yatangije ibiganiro n’abayobozi b’ibi bihugu, Ukraine yagiye igaragaza ko ihejwe, cyane ko Amerika yaganiriye na Russia itayitumiye. Amerika yasabye Ukraine kwemera gutakaza bimwe mu bice byayo byafashwe n’Uburusiya, ibintu Ukraine yanze.

Ese kuri social media wahakura uwo muzabana akaramata?
OTHERS

Ese kuri social media wahakura uwo muzabana akaramata?

nka Facebook, Instagram, WhatsApp na TikTok. Hari inkuru nziza z’abantu bahuye kuri social media bakubaka urukundo rukomeye, ariko hari n’izirimo uburiganya n’amarira bihishe inyuma y’amafoto meza n’amagambo aryoshye. Urukundo rushobora gutangira kuri social media, ariko ntirukomera keretse rwinjiye mu buzima nyabwo. Gukundana bisaba ukuri, kwizerana, kumenyana byimbitse no kubona uko umuntu yitwara mu buzima busanzwe, atari mu mafoto n’ama “filter.” Social media ni inzira yo guhura, si yo shingiro ry’urukundo nyarwo. Mu ncamake, social media si umwanzi w’urukundo, ariko ntigomba gusimbura ukuri, ubwubahane n’ibikorwa bifatika. Urukundo rw’ukuri rugaragarira mu bikorwa byo mu buzima busanzwe, si mu magambo n’amashusho yo kuri murandasi gusa.

Joseph Kabila yagiranye ibiganiro n’abayobozi b’amashuri makuru na kaminuza
POLITICS

Joseph Kabila yagiranye ibiganiro n’abayobozi b’amashuri makuru na kaminuza

Joseph Kabila, wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagiranye ibiganiro n’abayobozi b’amashuri makuru na za kaminuza mu Ntara ya Kivu iri mu maboko ya AFC/M23 ku wa 31 Gicurasi 2025. Ibiganiro byibanze ku bujyanama n’ubufatanye mu miyoborere y’iyo ntara, harimo no kwakira Perezida w’Inama y’Abayobozi b’ibigo by’amashuri makuru na kaminuza, Mohindo Mughanda. Nyuma y’uru ruzinduko, Kabila ateganya gutangaza gahunda ikurikira.

Ibikubiye muri raporo y’ibisubizo ku byaha ishinjwa mu mujyi wa Goma na Bukavu.
POLITICS

Ibikubiye muri raporo y’ibisubizo ku byaha ishinjwa mu mujyi wa Goma na Bukavu.

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje raporo ku birego byo guhonyora uburenganzira bw’ikiremwamuntu mu mijyi ya Goma na Bukavu. Raporo igaragaza ko mbere yo kubohorwa n’AFC/M23, abaturage babaga mu kaga no gutotezwa, ariko nyuma yo kubohorwa bagaragaje ibyishimo, kandi abayobozi b’utwo duce bafatanyije na AFC/M23 mu miyoborere.

Bugesera abagera kuri 60 bishyuriwe mituweli n’abize ubuyobozi no guhindurira abantu kuba abigishwa ba Kristo
ECONOMY

Bugesera abagera kuri 60 bishyuriwe mituweli n’abize ubuyobozi no guhindurira abantu kuba abigishwa ba Kristo

Mu muganda wabereye mu murenge wa Ruhuha, abaturage ku bufatanye na Youth for Christ Rwanda n’Itorero Anglican, abantu 60 bishyuriwe Mituweli. Iki gikorwa kiri mu rugendo rw’ivugabutumwa rw’iminsi itatu rwibanze ku isuku, imihanda migenderano, n’ubukangurambaga bwo kwishyura ubwisungane mu kwivuza, hagamijwe guteza imbere imibereho myiza n’iyobokamana.

Teddy Gacinya wayoboye AS Kigali WFC yitabye Imana
OTHERS

Teddy Gacinya wayoboye AS Kigali WFC yitabye Imana

Umubyeyi Teddy GACINYA, wari umunyabigwi mu Rwanda, wabayoboye kipe y’abagore ya AS KIGALI kuva 2009 kugeza 2022 kandi akaba CEO w’ikigo cy’amashuri y’incuke n’abana CITY INFANTS, yitabye Imana ku wa Gatandatu tariki 31/05/2025 azize uburwayi. Yabaye kandi Umu Senateri ku wa 16/08/2011 asimbuye Aloysia INYUMBA wari Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango. Imana Imutuze aheza!

Gukora cyane bishobora Guhindura ubuzima bwa Benshi
TECHNOLOGY

Gukora cyane bishobora Guhindura ubuzima bwa Benshi

Ubushobozi bwo gukora cyane bufatwa nk’intwaro ikomeye ishobora guhindura ubuzima bw’umuntu, kabone n’iyo yaba atangiriye hasi. Umurava, kwihangana no gukunda akazi bifasha abantu, cyane cyane urubyiruko, kugera ku ntsinzi, kubaka icyizere, no kwigira ibisubizo aho gutegereza ubufasha. Ubushakashatsi n’ubuhamya bwerekana ko gukora cyane bitanga inyungu z’igihe kirekire, bifasha umuntu kwihangira umurimo no kuba icyitegererezo mu muryango.