All Articles

20 articles found

9 baguye mu gitero cya Drones
INTERNATIONAL

9 baguye mu gitero cya Drones

Mu karere ka Sumy mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Ukraine, abantu 9 bishwe abandi 4 barakomereka mu gitero cy’indege zidafite abapilote (drone) ku bisi y’abagenzi hafi ya Bilopillia. Iki gitero cyabaye nyuma y’amasaha make ibiganiro by’amahoro hagati ya Ukraine na Uburusiya byatangiriye i Istanbul bidashoboye kugera ku ntego. Uburusiya ntacyo bwatangaje ku gitero.

Perezida Ibrahim Traoré yafashe umwanzuro watunguye benshi muri Burukina Faso ndetse no hanze
POLITICS

Perezida Ibrahim Traoré yafashe umwanzuro watunguye benshi muri Burukina Faso ndetse no hanze

Perezida wa Burkina Faso, Ibrahim Traoré, yakuyeho burundu amafaranga y’ishuri mu gihugu hose, atuma uburezi kuva ku mashuri abanza kugeza muri kaminuza buba ubuntu 100%. Ubu buryo bugamije gukuraho inzitizi zishingiye ku bushobozi buke, gutanga amahirwe angana ku rubyiruko, no gutanga ibitabo by’ishuri ku buntu. Iki cyemezo cyakiriwe neza mu gihugu no ku rwego mpuzamahanga, kandi gisiga ubutumwa ko uburezi ari uburenganzira, si impano.

Ubudage bwiteguye kongera ingengo y’imari ya gisirikare nyuma y’igitutu cya Donald Trump
INTERNATIONAL

Ubudage bwiteguye kongera ingengo y’imari ya gisirikare nyuma y’igitutu cya Donald Trump

Ubudage bwatangaje ko bwiteguye kongera ingengo y’imari y’igisirikare kugera kuri 5% bya GDP, mu rwego rwo gukurikiza icyifuzo cya Donald Trump cyo kuzamura amafaranga y’ibihugu bya NATO mu gisirikare. Icyo gitekerezo cyakunze gutavugwaho rumwe mu Bayobozi b’Ubudage, bamwe bavuga ko bizatwara miliyari 200 z’amayero buri mwaka, mu gihe abandi basanga ari ngombwa kugira ngo Ubudage bwubake igisirikare gikomeye mu Burayi.

Ese ibyo Steve Harvey avuga nibyo?Afurika ifite byose kugeza nubwo itakenera inkunga
OTHERS

Ese ibyo Steve Harvey avuga nibyo?Afurika ifite byose kugeza nubwo itakenera inkunga

Umunyamerika Steve Harvey yavuze ko Afurika ifite umutungo kamere uhagije (peteroli, gaze, zahabu, ibiribwa n’amatungo) kandi itagomba gutumiza ibintu hanze. Yagaragaje ko umugabane ushobora kwigira no gutera imbere mu gihe cyizera ubushobozi bwawo kandi gikanguka ku bikomere by’ubusahuzi bw’ibihugu by’Iburengerazuba. Harvey yashishikarije urubyiruko gufata iya mbere mu gutekereza ku hazaza h’umugabane no kwizera ubushobozi bwawo.

USA: Impano Qatar yahaye Trump yateje impagarara
INTERNATIONAL

USA: Impano Qatar yahaye Trump yateje impagarara

Donald Trump yakiriye impano y’indege ya Boeing 747-8 ifite agaciro ka $400 miliyoni yoherejwe n’umuryango w’ubwami wa Qatar, izakoreshwa by’agateganyo nka Air Force One mbere yo kujya muri Trump Presidential Library. Iyi mpano yateje impaka mu banyapolitiki n’abasesenguzi b’amategeko kuko bashidikanya ko ishobora kurenga ku Itegeko Nshinga (Foreign Emoluments Clause) no kugira ingaruka ku bwigenge bw’igihugu. Kongere irimo gusuzuma niba hakenewe iperereza ku byerekeye iyi mpano.

Intore mu Ikoranabuhanga igisubizo cyo gusiragira kw’abaturage
TECHNOLOGY

Intore mu Ikoranabuhanga igisubizo cyo gusiragira kw’abaturage

Mu Itorero ry’Intore mu Ikoranabuhanga riri kubera i Nkumba, Umuvugizi wa RIB Dr. Murangira B. Thierry yasabye urubyiruko gukoresha imbuga nkoranyambaga mu buryo bubaka igihugu, barwanya urwango, ibihuha n’abagoreka amateka y’u Rwanda.

Papa mushya Papa Leo wa XIV Habemus Papam
RELIGION

Papa mushya Papa Leo wa XIV Habemus Papam

Ku itariki ya 8 Gicurasi 2025, Robert Francis Prevost w’Umunyamerika yatowe kuba Papa wa 267, yafashe izina rya Papa Leo wa XIV, agaragaza ko azibanda ku butabera n’amahoro.

Ibyavuye mu itora rya kabiri rya Papa
RELIGION

Ibyavuye mu itora rya kabiri rya Papa

Ku wa 8 Gicurasi 2025, ku munsi wa kabiri w’itora rya Papa, Abakaridinali 133 bari muri Conclave yo gusimbura Papa Francisco witabye Imana ku wa 21 Mata 2025. Saa 11:55, umwotsi w’umukara wagaragaye ku gisenge cya Sistine Chapel, ugaragaza ko nta Papa wari watowe icyo gihe.

Habemus Papam dufite Papa mushya Papa Leo wa XIV
RELIGION

Habemus Papam dufite Papa mushya Papa Leo wa XIV

Ku wa 8 Gicurasi 2025, umwotsi wera watangaje itorwa rya Papa mushya, Robert Francis Prevost, wafashe izina rya Papa Leo wa XIV, aba Papa wa 267 kandi Umunyamerika wa mbere. Yavukiye i Chicago, yakoreye ubutumwa muri Peru, anayobora Dicastery for Bishops. Izina Leo XIV ryibutsa ubutabera bwa Leo XIII, ritanga icyizere ku bakirisitu.

Ibyavuye mu itora rya mbere rya Papa
RELIGION

Ibyavuye mu itora rya mbere rya Papa

Itora rya mbere ryo kuri wa 07/05/2025 rirangiye nta Papa ubonetse. Ni ukuvuga ko ntawe ubashije kugeza kuri 2/3 by’abatora. Abatoye bangana na 133: uzatorerwa kuba Papa rero arasabwa kuzagira amajwi nibura 89.

Ese koko ubuhinzi ni inkingi y’iterambere n’igisubizo kirambye ku bukene?
ECONOMY

Ese koko ubuhinzi ni inkingi y’iterambere n’igisubizo kirambye ku bukene?

Ubuhinzi ni inkingi ikomeye mu kurwanya ubukene no guteza imbere ubukungu, kuko bugabanya ubukene kurusha izindi nzego. Butanga akazi, bugafasha kubona indyo yuzuye kandi bugira uruhare mu kugabanya imyuka ihumanya. Ariko kubura ishoramari n’ibibazo by’ikirere n’ubukungu bidindiza umusaruro. Guhindura uko ibiribwa byerwa n’uko bikoreshwa ni ngombwa kugira ejo hazaza hizewe.

Abakaridinari baturutse impande zose z’isi mu mwiherero w’itorwa rya Papa mushya
RELIGION

Abakaridinari baturutse impande zose z’isi mu mwiherero w’itorwa rya Papa mushya

Vatikani hatangiye Conclave yo gutora Papa mushya, ikorwa n’Abakaridinari batarengeje imyaka 80 (ntibarenga 120). Bifungirana muri Sistine Chapel, batavugana n’isi, batore inshuro enye ku munsi kugeza uwabonye 2/3 atowe. Umwotsi w’umukara ugaragaza ko nta Papa wabonetse, uwera ko yabonetse. Hatangazwa “Habemus Papam!” Iri torwa rifite akamaro gakomeye ku Kiliziya n’isi yose.

Imijyi itandatu yo mu Buhinde iri mu 100 ya mbere ku isi mu kugira amafunguro meza, Mumbai iza ku mwanya wa gatanu
TECHNOLOGY

Imijyi itandatu yo mu Buhinde iri mu 100 ya mbere ku isi mu kugira amafunguro meza, Mumbai iza ku mwanya wa gatanu

Ubushakashatsi bwa TasteAtlas bwagaragaje imijyi 100 ifite amafunguro meza ku isi, harimo imijyi itandatu yo mu Buhinde. Mumbai yaje ku mwanya wa 5, iba iya mbere muri Aziya, ishimiwe cyane kubera amafunguro yo ku muhanda nka Vada Pav, Pav Bhaji, Bhel Puri na Ragda Pattice. Indi mijyi itanu yagaragaye ni Amritsar (43), New Delhi (45), Hyderabad (50), Kolkata (71) na Chennai (75).

NIDA yatangaje itangira ry’igerageza ry’Indangamuntu y’ikoranabuhanga “Digital ID” nshya mu Rwanda
ECONOMY

NIDA yatangaje itangira ry’igerageza ry’Indangamuntu y’ikoranabuhanga “Digital ID” nshya mu Rwanda

NIDA yatangaje ko muri Nyakanga 2025 izatangiza igerageza ry’indangamuntu nshya ya dijitali izasimbura isanzwe. Izatangirwa umuntu avutse, ikoreshe amakuru ya biometric kandi ntigaragaze amakuru yihariye nka kigina n’imyaka. Izahabwa abaturage, impunzi n’abandi. Gutanga ku mugaragaro biteganyijwe muri Kanama 2025, hagamijwe kwihutisha serivisi, kurinda amakuru no guteza imbere ikoranabuhanga mu gihugu.

Urukundo n'cyemezo kiruta amarangamutima
OTHERS

Urukundo n'cyemezo kiruta amarangamutima

Albatross asobanura ko urukundo nyakuri rutagomba gushingira ku marangamutima ahindagurika, ahubwo ruba ari icyemezo n’isezerano umuntu afata.