All Articles

11 articles found

Ubwoko bw’amaso ya O mu rukundo: ese bafite umwihariko mu mibanire?
POLITICS

Ubwoko bw’amaso ya O mu rukundo: ese bafite umwihariko mu mibanire?

Hari abantu bibaza niba ubwoko bw’amaraso bufite aho buhuriye n’urukundo. Ku bafite amaraso ya O, bakunze kurangwa n’umutima munini, kwizerwa, kwihangana no gutanga urukundo rutagendeye ku nyungu. Bakunda byimazeyo, bashyira imbere amahoro, imbabazi n’ibyishimo by’uwo bakundana. Abantu bafite amaraso ya O bashobora gukunda cyane bikabaviramo kubabazwa, kuko bashyira urukundo ku mutima kurusha uko bakirwa. Nubwo bafite umutima mwiza, bashobora rimwe na rimwe kugira ishyari cyangwa ubushake bwo kugenzura, biterwa n’uko bita ku rukundo cyane. Isomo nyamukuru: urukundo rw’abantu bafite amaraso ya O rushingira ku bwitange, imbabazi n’umutima w’ukuri, kandi bashobora kubana neza n’abantu b’ingeri zose z’amaraso. Urukundo rwabo ruba rufite imbaraga n’umwihariko, nubwo atari buri gihe babona gusubizwa uko batanga.

Amafaranga n’Urukundo: Ese Byombi Birajyana Cyangwa Birarwanya?
OTHERS

Amafaranga n’Urukundo: Ese Byombi Birajyana Cyangwa Birarwanya?

Ni inshuro nyinshi twumva abantu bavuga ngo “nta rukundo rutagira amafaranga”, abandi nabo bati “urukundo nyarwo ntirureba amafaranga”. Ibi bigaragaza ko abantu bafite imyumvire itandukanye ku ruhare rw’amafaranga mu mibanire y’abakundana. Ariko se, kuki amafaranga agira ijambo rikomeye mu rukundo? Ese ni ngombwa ko urukundo rufite amafaranga, cyangwa bishobora kubaho bitabaye ngombwa? Ubanza kubanza kumva ko urukundo atari amarangamutima gusa, ahubwo ari ubuzima busaba kubana, kwita ku wundi, gufatanya mu rugendo rw’iterambere, no gutunganya ejo hazaza. Muri uru rugendo, amafaranga aza nk’igikoresho cyo gufasha abo bakundana kugera ku ntego zabo. Kugira amafaranga ntabwo bivuze gukunda kubera inyungu, ahubwo ni ukugira ubushobozi bwo gushyira mu bikorwa ibyo urukundo rusaba. Mu buzima bwa buri munsi, amafaranga akoreshwa mu buryo bwinshi: kugura impano, gutegura umunsi w’amavuko, kujya mu biruhuko by’abakundana, gusangira amafunguro, ndetse no kwita ku muryango w’undi. Iyo ibyo byose bibuze, urukundo rushobora kuzamo umunabi cyangwa kutumvikana. Niyo mpamvu hari ubwo abantu bavuga ko “urukundo rutagira amafaranga rumeze nk’imodoka itagira essence.” Abantu benshi batangira urukundo bakiri bato, bafite inzozi nyinshi, ariko batabashije gutegura neza ejo hazaza. Iyo umwe atangiye kubona undi ntacyo yinjiza, atagira intego, cyangwa adashobora gufasha mu bibazo by’ubuzima, bitangira kumucika ku mutima. Si uko amukunda amafaranga, ahubwo aba yumva nta mutekano cyangwa ahazaza hamwe na we. Ariko kandi, hari n’aho amafaranga asenya urukundo. Iyo umwe akunda undi kubera ubutunzi gusa, igihe amafaranga ashize, n’urukundo rurashira. Ibi bigaragaza ko amafaranga atagomba kuba ishingiro ry’urukundo, ahubwo agomba kuba inkunga y’urukundo rufite indangagaciro zikomeye: urukundo nyakuri, kubahana, gufashanya no gufatanya. Bityo rero, amafaranga siyo akora urukundo, ariko aragufasha kurubungabunga. Nta cyiza nko gukundana n’umuntu mukundana byukuri, ariko mukanagira icyerekezo kimwe, mugafatanya gushaka no gusangira ibyo mubonye. Amafaranga ni ingufu zituma urukundo rukura, ariko si rwo rukundo ubwaryo. Ese wowe uratekereza ute ku ruhare rw’amafaranga mu rukundo? Twandikire kuri Lazizi.news, tuganire nk’abasomyi.

Ese Minisitiri yakundana n’umukobwa usanzwe?
OTHERS

Ese Minisitiri yakundana n’umukobwa usanzwe?

Urukundo nyarwo ntirushingira ku rwego rw’imibereho, amashuri, ubukire cyangwa ubwamamare. Iyo umutima ukunze, ukunda umuntu uko ari, atari ibyo afite. Nubwo hari imyumvire ivuga ko abantu bakomeye bagomba gukundana n’abo ku rwego rumwe na bo, urukundo rushobora kuvukira hagati y’abantu baturuka mu byiciro bitandukanye by’ubuzima. Umuyobozi ashobora gukundana n’umukobwa usanzwe amukundira imico myiza, umutima, ubwenge kamere no kwiyoroshya, aho kumukundira izina cyangwa icyubahiro. Nubwo urukundo nk’urwo rushobora guhura n’igitutu, amagambo y’abantu n’inkeke, ntibigomba kubuza abantu gukurikira amarangamutima yabo y’ukuri. Isomo nyamukuru: urukundo rw’ukuri ruca imipaka yose y’imibereho n’icyubahiro. Imyanya n’ubukire birashira, ariko urukundo rushingiye ku mutima n’ukuri ruraramba.

Umushinga wa Akon wo kubaka umujyi wa miliyari 6$ muri Senegal wahagaritswe
ECONOMY

Umushinga wa Akon wo kubaka umujyi wa miliyari 6$ muri Senegal wahagaritswe

Mu 2020, Akon yatangaje umushinga wa Akon City muri Senegal, ufite agaciro ka miliyari 6$, ugamije kubaka umujyi w’ikoranabuhanga n’ingufu zisubira. Gusa kugeza mu 2024, nta bikorwa bifatika byigeze bigaragara uretse inyubako nto. Leta ya Senegal yagaragaje impungenge, ivuga ko ishobora kwisubiza ubutaka kubera kubura imari, igenamigambi n’ishyirwa mu bikorwa bifatika, bituma uwo mushinga ugaragara nk’inzozi zitagezweho.

Paul Kagame Umukandida wa PRF Inkotanyi, ati “Nta cyiza nko kubabera umuyobozi”
POLITICS

Paul Kagame Umukandida wa PRF Inkotanyi, ati “Nta cyiza nko kubabera umuyobozi”

Paul Kagame, umukandida wa FPR Inkotanyi, yatangirije ibikorwa byo kwiyamamaza i Busogo mu Karere ka Musanze, abwira abaturage bo mu Turere twa Musanze, Gakenke, Gicumbi, Rulindo na Nyabihu ko amatora ari umwanya wo kuzana impinduka nziza mu Rwanda. Yagize ati kwiyamamaza si ugushaka amajwi gusa, ahubwo ni politiki igamije guteza imbere ubuzima bw’Abanyarwanda n’igihugu, kugira ngo u Rwanda rugere ku iterambere riruta iryari risanzwe.

Abanya-Kigali bangana na 73% bavanga Ikinyarwanda n’izindi ndimi
HEALTH & FITNESS

Abanya-Kigali bangana na 73% bavanga Ikinyarwanda n’izindi ndimi

Mu bushakashatsi bwakozwe mu 2023 ku mikoreshereze y’indimi muri Kigali, 73% by’abanya-Kigali bagaragaje ko bavanga indimi igihe bavuga Ikinyarwanda kubera kwisanisha, ubusirimu cyangwa kubura ubumenyi buhagije mu Kinyarwanda. Ubushakashatsi bwakozwe n’Inteko y’Umuco ku bufatanye n’Umuryango Mpuzamahanga uhuza ibihugu bikoresha Igifaransa, bwashingiye ku butumwa bwanditse ku mazina y’inzu, ibyapa, amatangazo n’ahandi hahurira abantu benshi. Bamwe bavuga ko kuvanga indimi ntacyo bitwaye, nko kuvanga Icyongereza cyangwa Igifaransa mu Kinyarwanda. Mu babajijwe, 33% bavuze ko babiterwa no kwisanisha, 23% ko batabona ikibazo, 20% kubera ubumenyi buke, 15% kubera ubusirimu naho 8,8% bavuga ko bigaragaza ubuhanga. Uwiringiyimana Jean Claude, Intebe y’Inteko yungirije mu Nteko y’Umuco, yavuze ko kuba 42% badasobanukirwa ubutumwa bwanditse ku byapa ari ikibazo kandi ko kuvanga Ikinyarwanda n’izindi ndimi bishingiye ku kudaha agaciro ururimi rwacu. Nubwo bimeze bityo, Ikinyarwanda gikomeza gukura kuko kuva 2012 kugera 2022 abavuga Ikinyarwanda biyongereyeho 6% bakagera kuri 99,7%.

AMBASSADOR OLIVIER NDUHUNGIREHE YAGIZWE MINISITIRI W’ UBUBANYI N’ AMAHANGA.
POLITICS

AMBASSADOR OLIVIER NDUHUNGIREHE YAGIZWE MINISITIRI W’ UBUBANYI N’ AMAHANGA.

Ambasaderi Olivier Nduhungirehe yagizwe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, asimbura Dr Vincent Biruta wagizwe Minisitiri w’Umutekano. Yari asanzwe ahagarariye u Rwanda mu Buholandi kuva mu 2020, aho yakoze neza inshingano zo guhagararira igihugu no gufasha Abanyarwanda bahatuye. Perezida Paul Kagame yamugiriye icyizere cyo kuyobora Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, naho we abinyujije ku rubuga X yashimiye Perezida ku bw’icyizere yagiriwe cyo gukomeza gukorera u Rwanda.

Umukwe n'umugeni bisanze mumaboko ya RIB ku munsi wo gusezerana
OTHERS

Umukwe n'umugeni bisanze mumaboko ya RIB ku munsi wo gusezerana

Mu Karere ka Nyamasheke, umugabo w’imyaka 48 n’umugore w’imyaka 29 batawe muri yombi na RIB ku munsi bari bagiye gusaba no gukwa, nyuma y’uko umugore wa mbere w’uyu mugabo abimenyesheje inzego. Bombi bakurikiranyweho icyaha cy’ubuharike kuko uyu mugabo yari agifitanye isezerano n’umugore babyaranye abana batanu, mu gihe yari amaze imyaka 11 abana n’undi mugore mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Iyi mihango yahise ihagarikwa, bombi bashyikirizwa inzego z’ubugenzacyaha.

Yatwitswe n'umugore we nyuma yo kumufata amuca inyuma
OTHERS

Yatwitswe n'umugore we nyuma yo kumufata amuca inyuma

Muri Ghana, umugabo usanzwe ari umuganga yatwitswe na acide n’umugore we nyuma yo kumufata amuca inyuma. Uwo mugore yamumenye ko yagiye kureba ihabara rye, ahita amukurikira afata acide yari mu rugo ayimumenaho mu mugongo. Iyi acide yamwangije cyane inyama z’umugongo ku buryo gukira kwe bigoranye.

BARAFINDA UMWE MUBAHATANIYE UMWANYA W’UMUKURU W’IGIHUGU MUMATORA YATANGAJE IMWE MUMIHIGO AZAGEZA KUBANYARWANDA.
POLITICS

BARAFINDA UMWE MUBAHATANIYE UMWANYA W’UMUKURU W’IGIHUGU MUMATORA YATANGAJE IMWE MUMIHIGO AZAGEZA KUBANYARWANDA.

Umukandida wigenga ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Fred Sekikubo uzwi nka Barafinda, yatangaje imwe mu mihigo ye nyuma yo gutanga kandidatire muri Komisiyo y’Igihugu y’Amatora. Yavuze ko azashyira ibiro bya Perezidansi mu ntara zose n’Umujyi wa Kigali kugira ngo abaturage babone serivisi badaciye i Kigali. Yanavuze ko serivisi zitanga visas zizashyirwa hafi y’abaturage mu ntara zose, bityo zikabasha no kuboneka ku rwego rw’umurenge. Barafinda, wari waragerageje kwiyamamaza mu 2017 ariko ntabyemererwe, avuga ko politiki ye igamije gukosora no guteza imbere u Rwanda, Afurika y’Iburasirazuba n’isi muri rusange.

Previous
Page 25