All Articles

20 articles found

Zahabu ni iki kandi kuki yateje intambara ku isi?
ECONOMY

Zahabu ni iki kandi kuki yateje intambara ku isi?

Zahabu ni ibuye ry’agaciro kadasanzwe rifite ibara ry’umuhondo, ryoroshye gutunganya kandi rifite agaciro gakomeye kuva kera. Ikunze kuboneka mu butaka, aho abashakashatsi bayicukura bagakoresha ibikoresho byihariye, bakayitunganya ikavamo amasaro, impeta n’ibindi bikoresho byambarwa cyangwa ikoreshwa mu ikoranabuhanga. Zahabu ifite uruhare mu bukungu bw’ibihugu, ikaba ikimenyetso cy’ubukire, ariko ishobora no guteza amakimbirane kubera ko abantu benshi bayishaka. Iyo ikoreshweje neza, ifasha guteza imbere ubukungu n’iterambere, ariko iyo idakoreshejwe neza ishobora guteza umubabaro.

Ousmane Dembélé: Umwami wa Ballon d’Or 2025
SPORTS

Ousmane Dembélé: Umwami wa Ballon d’Or 2025

Ku wa 22 Nzeri 2025 i Paris, Ousmane Dembélé yegukanye Ballon d’Or bwa mbere mu rugendo rwe rw’umupira w’amaguru, igihembo gikomeye kimushyira mu bakinnyi bazahora bibukwa. Dembélé, w’imyaka 28, yavuye muri Stade Rennes ajya Borussia Dortmund, akomereza FC Barcelona mbere yo kwimukira muri PSG mu 2023. Mu mwaka w’imikino wa 2024-25, yagize uruhare rukomeye mu ntsinzi ya PSG mu Ligue 1, Coupe de France ndetse n’intsinzi ya mbere ya UEFA Champions League, atsinda ibitego byinshi kandi agatanga imipira yabyaye ibitego, aba umutima w’ikipe. Uburyo yagaragaje uburambe, guhangana n’imvune no kwitanga mu mikino ikomeye byatumye atsinda abandi, harimo n’abakinnyi bakiri bato nka Lamine Yamal. Mu ijambo rye, yashimiye ikipe, abatoza, bagenzi be n’abafana, avuga ko igihembo ari ibyabo bose.

Ibindi bihembo byatanzwe muri Ballon d’Or 2025 mu bagabo
SPORTS

Ibindi bihembo byatanzwe muri Ballon d’Or 2025 mu bagabo

I Paris habereye ibirori bya Ballon d’Or 2025, aho Ausumane Dembélé yegukanye igihembo cy’umukinnyi w’umwaka. Mu bandi bahiriwe: Lamine Yamal (FC Barcelona) yegukanye Kopa Trophy nk’umukinnyi muto wigaragaje. Vitinha (PSG) yahawe igihembo cy’umukinnyi w’icyitegererezo mu kibuga hagati. Gianluigi Donnarumma yegukanye Yashin Trophy nk’umuzamu mwiza w’umwaka. Luis Enrique (PSG) yegukanye igihembo cy’umutoza w’umwaka nyuma yo kugeza PSG ku ntsinzi ya mbere muri Champions League. Viktor Gyökeres yegukanye igihembo cy’umwataka w’umwaka nyuma y’umwaka w’intsinzi muri Sporting CP, mbere yo kwimukira Arsenal FC. Ibi bihembo byerekana impano nshya zizamuka ndetse n’impinduka zikomeye mu makipe akomeye ku mugabane w’Uburayi, bitanga icyizere cy’umwaka utaha w’imikino wuzuye ishyaka n’amateka mashya.

Gutanga ibihembo, amanota 3 ya mbere ya APR FC ni bimwe mu byaranze umunsi wa 2 wa Rwanda Premier League.
SPORTS

Gutanga ibihembo, amanota 3 ya mbere ya APR FC ni bimwe mu byaranze umunsi wa 2 wa Rwanda Premier League.

Ku wa 18 Nzeri 2025 habaye umunsi wa 2 wa Rwanda Premier League kuri Stade ya Kigali Pelé, hakinwa imikino ya Gorilla FC yanganyije na Mukura VS 1-1, na APR FC yatsinze Gicumbi FC 2-1. Mbere y’imikino, Rwanda Premier League yatangaje ubufatanye n’ikigo PoBox Rwanda mu gutanga ibihembo by’umufana w’umukino, umukinnyi w’icyumweru n’umukinnyi w’umwaka. Umufana Emmanuel Mugabo wa Gorilla FC na Umutoni Françoise wa Gicumbi FC bahawe igihembo cya Fan of the Match buri wese ahabwa 25,000 Rwf. Ibi ni intambwe nshya muri shampiyona, aho hatangiye guhembwa abafana n’abakinnyi mu buryo butari busanzwe. APR FC yabonye intsinzi igoranye ibifashijwemo na Denis Omedi ku munota w’inyongera, mu gihe Gorilla FC yanganyije na Mukura VS. Mu gihe umunsi wa 2 utararangira, Gorilla FC niyo iyoboye by’agateganyo n’amanota 4, naho Rayon Sports ntiyakinnye kubera amarushanwa ya CAF Confederation Cup.

Ese noneho ko amafaranga yabonetse shampiyona y’u Rwanda 2025-2026 yaba igiye gukomera?
SPORTS

Ese noneho ko amafaranga yabonetse shampiyona y’u Rwanda 2025-2026 yaba igiye gukomera?

Ku wa 19 Nzeri 2025, Rwanda Premier League yasinyanye amasezerano n’uru ruganda Roots Investment Group Ltd, rwiyemeje kugenera ibihembo abakinnyi n’abatoza bitewe n’uko bitwaye neza mu mikino. Aya masezerano y’umwaka umwe (2025-2026) akurikirana n’ayindi Rwanda Premier League yasinyanye n’ikigo PoBox, aho umukinnyi wahize abandi mu cyumweru azajya ahabwa 200,000 Rwf, umukinnyi w’umwaka azahabwa imodoka nshya ifite agaciro ka 15 miliyoni Rwf, naho umufana witwaye neza ku mukino azajya ahabwa 25,000 Rwf. Ibi bihembo bikomeye bigaragaza ko umupira w’amaguru mu Rwanda uri kuzana amahirwe mashya y’imari, bigatuma amarushanwa arushaho gushimisha no guhatana ku rwego rwo hejuru, byiyongera ku mafaranga Perezida wa FERWAFA Shema Ngoga Fabrice aherutse gutangaza ku makipe 8 ya mbere, harimo miliyoni 80 Rwf ku itsinda ryatsinze shampiyona.

Ku nshuro ya 24 abagize Inama y’igihugu y’abagore bahuriye mu nama isanzwe y’Igihugu y’abagore
POLITICS

Ku nshuro ya 24 abagize Inama y’igihugu y’abagore bahuriye mu nama isanzwe y’Igihugu y’abagore

U Rwanda rukomeje kuyobora isi mu kugira abagore benshi mu Nteko Ishinga Amategeko, bangana na 63.75%. Mu nama ya 24 y’Inama y’Igihugu y’Abagore yabaye ku wa 19 Nzeri 2025, hibanzwe ku ruhare rw’abagore mu NST2, kurwanya ihohoterwa no kwitabira imiyoborere. Minisitiri Uwimana Consolée yashimye uruhare rwabo mu iterambere n’imibereho myiza.

Ihuriro AFC/M23 riratanga impuruza ku bitero byagabwe
POLITICS

Ihuriro AFC/M23 riratanga impuruza ku bitero byagabwe

Ubu ni ubutumwa Ihuriro AFC/M23 ritanga kenshi bagaragaza Ibikorwa by’intambara n’ubwicanyi biyobowe na Leta ya Kinshasa iyobowe na Felix Antoine Tshisekedi.

Uruzinduko rwa Perezida Kagame muri Azerbaijan: U Rwanda rushaka kwigira kuri ASAN Service kwegereza abaturage serivise
POLITICS

Uruzinduko rwa Perezida Kagame muri Azerbaijan: U Rwanda rushaka kwigira kuri ASAN Service kwegereza abaturage serivise

Perezida Paul Kagame ari mu ruzinduko rw’akazi muri Repubulika ya Azerbaijan kuva ku wa 19 Nzeri 2025. Yageze i Baku yakirwa ku mugaragaro n’abayobozi bakuru b’icyo gihugu, anasura Alley of Honor aho yashyize indabyo ku mva za Heydar Aliyev n’abandi bayobozi bakomeye. Uru ruzinduko rugaragazwa nk’urufite ireme kuko rushingiye ku gushimangira umubano hagati y’ibihugu byombi, byombi bihuriye ku ntego yo guteza imbere abaturage binyuze mu miyoborere myiza, ubucuruzi n’ikoranabuhanga.

Uko abakinnyi n’abatoza b’abanyarwanda bakina hanze bitwara
SPORTS

Uko abakinnyi n’abatoza b’abanyarwanda bakina hanze bitwara

Nubwo u Rwanda rumaze kugira abakinnyi benshi bakina hanze mu mashampiyona akomeye muri Afurika no hanze yayo, umubare w’abatoza b’Abanyarwanda bakorera hanze uracyari muto. Muri bo harimo Mashami Vincent utoza Dodoma Jiji FC yo muri Tanzania, watangiye shampiyona atsindwa na KMC FC 1-0.

Umuyobozi wa RGB yaburiye amatorero adakurikiza amategeko akihisha ku mbuga nkoranyambaga
RELIGION

Umuyobozi wa RGB yaburiye amatorero adakurikiza amategeko akihisha ku mbuga nkoranyambaga

Umuyobozi wa RGB, Doris Uwicyeza Picard, yaburiye amatorero n’imiryango y’imyemerere ikorera kuri internet idafite ibyangombwa byemewe. Yibukije ko amategeko asaba kwiyandikisha no kubahiriza ibisabwa byose, ashimangira ko kubahiriza amategeko ari ugukorera mu mucyo, bitari uguhutaza imyemerere, anaburira ko abatabyubahiriza bazahanwa.

Ni nde wo kwitega muri UEFA Champions League 2025-2026?
SPORTS

Ni nde wo kwitega muri UEFA Champions League 2025-2026?

Irushanwa rya UEFA Champions League 2025/2026 riratangira ku wa Kabiri tariki ya 16 Nzeri 2025, rihuza amakipe 36 yabaye aya mbere mu bihugu byayo ku mugabane w’Uburayi, aho azahatana ashakamo abiri bazagera ku mukino wa nyuma uzabera i Budapest muri Hongiriya ku wa 30 Gicurasi 2026.

APR FC itsindiye umwanya wa gatatu muri CECAFA Kagame Cup 2025.
SPORTS

APR FC itsindiye umwanya wa gatatu muri CECAFA Kagame Cup 2025.

APR FC yegukanye umwanya wa gatatu muri CECAFA Kagame Cup 2025 nyuma yo gutsinda KMC FC yo muri Tanzania 1-0, igitego cyatsinzwe na Memel Raouf Dao ku munota wa 45, ku mupira yatangiwe na Yussif Dauda.

Vatican yinjiye mu muziki no mu ikoranabuhanga: Iserukiramuco rya mbere ry’indirimbo ryahuje abahanga n’abahanzi
RELIGION

Vatican yinjiye mu muziki no mu ikoranabuhanga: Iserukiramuco rya mbere ry’indirimbo ryahuje abahanga n’abahanzi

Ku nshuro ya mbere, Vatican yakiriye igitaramo Grace For The World muri St. Peter’s Square, kiyobowe na Pharrell Williams na Andrea Bocelli. Cyakurikiye inama yaganiriye ku bumuntu n’ubwenge buhangano. Papa Leo yasabye gushyira imbere abakene n’impunzi, ashimangira ko umuco n’ikoranabuhanga byakoreshwa guteza amahoro n’ubutabera ku isi.

RDC- Uwahoze ari perezida Joseph KABILA KABANGE yatangaje ko yiteguye kongera kuyobora.
POLITICS

RDC- Uwahoze ari perezida Joseph KABILA KABANGE yatangaje ko yiteguye kongera kuyobora.

Joseph Kabila Kabange, wayoboye RDC kuva 2001–2019, yatangaje ko yiteguye kongera kuyobora igihugu kubera amacakubiri n’intambara byakomeje kwiyongera. Avuga ko yasize ubutegetsi yubahirije Itegeko Nshinga ariko ashinja umusimbuye kunanirwa. Leta ya Kinshasa iyobowe na Félix Tshisekedi imushinja kugambana no kwifatanya na AFC/M23.

Urugendo rw’isanamitima n'ubwiyunge muri Gisagara
RELIGION

Urugendo rw’isanamitima n'ubwiyunge muri Gisagara

Ku wa 14 Nzeri 2025, Paruwasi Gatolika ya Gikore hasojwe inyigisho z’isanamitima n’ubumwe. Abitabiriye bari 81, harimo 46 basabye imbabazi na 35 bazitanze. Dusabe Denise yashimye iki gikorwa.