Politics

20 articles found

Perezida Kagame yashyizeho abayobozi bashya.
POLITICS

Perezida Kagame yashyizeho abayobozi bashya.

Ku wa 24 Nyakanga 2025, Perezida Kagame yashyizeho Guverinoma nshya irimo Abaminisitiri, Abanyamabanga ba Leta n’abandi Bayobozi Bakuru.

Ihuriro AFC/M23 riratanga impuruza ku bitero byagabwe
POLITICS

Ihuriro AFC/M23 riratanga impuruza ku bitero byagabwe

AFC/M23 yatangaje ko ku wa 19 Nzeri 2025 ingabo za RDC zagabye ibitero bikomeye mu bice bituwe, bituma abaturage bimurwa ku ngufu. Ibi bikorwa byatangajwe nyuma y’umuhango wo kwakira abasirikare bashya barenga 7,000.

Umutekano ku isonga mu byiciro bishimwa n’abaturage muri CRC 2025
POLITICS

Umutekano ku isonga mu byiciro bishimwa n’abaturage muri CRC 2025

Ubushakashatsi bwa Citizen Report Card 2025 bugaragaza ko 76,7% by’abaturage banyuzwe n’imiyoborere na serivisi z’inzego zibegereye. Umutekano ni wo waje ku isonga (92,1%), ukurikirwa n’imiyoborere y’inzego z’ibanze (90,1%) n’uruhare rw’abaturage (88,2%). Gusa ubutaka, imiturire n’ibidukikije byagaragaje amanota make (65,7%).

Umuhungu wa Perezida Kagame mu bagiye kwinjira mu ngabo z’u Rwanda
POLITICS

Umuhungu wa Perezida Kagame mu bagiye kwinjira mu ngabo z’u Rwanda

Brian Kagame, bucura bwa Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, yinjiye mu Ngabo z’u Rwanda (RDF) ari umwe mu basirikare 42 bize amasomo ya gisirikare hanze, ndetse agira uruhare mu cyiciro cya 12 cy’abahuguriwe mu Ishuri rya Gisirikare rya Gako.

Ku nshuro ya 24 abagize Inama y’igihugu y’abagore bahuriye mu nama isanzwe y’Igihugu y’abagore
POLITICS

Ku nshuro ya 24 abagize Inama y’igihugu y’abagore bahuriye mu nama isanzwe y’Igihugu y’abagore

U Rwanda rukomeje kuyobora isi mu kugira abagore benshi mu Nteko Ishinga Amategeko, bangana na 63.75%. Mu nama ya 24 y’Inama y’Igihugu y’Abagore yabaye ku wa 19 Nzeri 2025, hibanzwe ku ruhare rw’abagore mu NST2, kurwanya ihohoterwa no kwitabira imiyoborere. Minisitiri Uwimana Consolée yashimye uruhare rwabo mu iterambere n’imibereho myiza.

Ihuriro AFC/M23 riratanga impuruza ku bitero byagabwe
POLITICS

Ihuriro AFC/M23 riratanga impuruza ku bitero byagabwe

Ubu ni ubutumwa Ihuriro AFC/M23 ritanga kenshi bagaragaza Ibikorwa by’intambara n’ubwicanyi biyobowe na Leta ya Kinshasa iyobowe na Felix Antoine Tshisekedi.

Uruzinduko rwa Perezida Kagame muri Azerbaijan: U Rwanda rushaka kwigira kuri ASAN Service kwegereza abaturage serivise
POLITICS

Uruzinduko rwa Perezida Kagame muri Azerbaijan: U Rwanda rushaka kwigira kuri ASAN Service kwegereza abaturage serivise

Perezida Paul Kagame ari mu ruzinduko rw’akazi muri Repubulika ya Azerbaijan kuva ku wa 19 Nzeri 2025. Yageze i Baku yakirwa ku mugaragaro n’abayobozi bakuru b’icyo gihugu, anasura Alley of Honor aho yashyize indabyo ku mva za Heydar Aliyev n’abandi bayobozi bakomeye. Uru ruzinduko rugaragazwa nk’urufite ireme kuko rushingiye ku gushimangira umubano hagati y’ibihugu byombi, byombi bihuriye ku ntego yo guteza imbere abaturage binyuze mu miyoborere myiza, ubucuruzi n’ikoranabuhanga.

RDC- Uwahoze ari perezida Joseph KABILA KABANGE yatangaje ko yiteguye kongera kuyobora.
POLITICS

RDC- Uwahoze ari perezida Joseph KABILA KABANGE yatangaje ko yiteguye kongera kuyobora.

Joseph Kabila Kabange, wayoboye RDC kuva 2001–2019, yatangaje ko yiteguye kongera kuyobora igihugu kubera amacakubiri n’intambara byakomeje kwiyongera. Avuga ko yasize ubutegetsi yubahirije Itegeko Nshinga ariko ashinja umusimbuye kunanirwa. Leta ya Kinshasa iyobowe na Félix Tshisekedi imushinja kugambana no kwifatanya na AFC/M23.

RDC-Uwahoze ari Minisitiri w’ubutabera yakatiwe
POLITICS

RDC-Uwahoze ari Minisitiri w’ubutabera yakatiwe

Ku wa 02 Nzeri 2025, Urukiko Rusesa Imanza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) rwakatiye Constant Mutamba, wahoze ari Minisitiri w’Ubutabera, icyaha cyo kunyereza umutungo wa Leta ungana na miliyoni 19 z’amadolari ya Amerika yari agenewe umushinga wa Kisangani. Yategetswe gusubiza ayo mafaranga Leta, akatirwa imyaka itatu y’imirimo ifitiye igihugu akamaro (imirimo nsimburagifungo), ndetse akwamburwa uburenganzira bwo gutora no gutorwa mu gihe cy’imyaka itanu.

Perezida wa Mozambique yasabye ko habaho urujya n’uruza rw’indege hagati ya Mozambique n’u Rwanda
POLITICS

Perezida wa Mozambique yasabye ko habaho urujya n’uruza rw’indege hagati ya Mozambique n’u Rwanda

Iyo nama yitabiriwe n’abayobozi bakuru b’urwego rw’abikorera mu Rwanda, ikaba yari umwanya wo kuganira ku mahirwe mashya y’ubucuruzi n’ishoramari hagati ya Kigali na Maputo. Perezida Chapo yavuze ko hakenewe ihuriro ry’indege hagati y’ibihugu byombi kugira ngo byorohereze ingendo n’ubucuruzi, anagaragaza ibyiciro by’ingenzi byo gukoreramo ubufatanye birimo ubuhinzi, ingufu, ubwikorezi, inganda, ubukerarugendo n’ubukungu bwo mu mazi. Umuyobozi Mukuru wa RDB, Jean Guy Afrika, yavuze ko amasezerano mashya y’ubufatanye hagati ya RDB n’Ikigo cya Mozambique gishinzwe Ishoramari n’Ubucuruzi, yashyizweho umukono ku wa 27 Kanama, azafasha urwego rw’abikorera gusangira ubunararibonye, guteza imbere inganda n’iminyururu y’agaciro, no gukurura abashoramari ku rwego rw’isi. Ubufatanye bugamije guhanga imirimo ku rubyiruko n’abagore, guteza imbere ubukungu, no kongera uruhare rw’ibihugu byombi mu iterambere rya Afurika no ku rwego mpuzamahanga.

Sena y’u Rwanda mu gikorwa cyo kugenzura uko imitwe ya politiki yubahiriza amategeko
POLITICS

Sena y’u Rwanda mu gikorwa cyo kugenzura uko imitwe ya politiki yubahiriza amategeko

Sena y’u Rwanda, binyuze muri Komisiyo ya Politiki n’Imiyoborere, yatangiye kugenzura imikorere y’imitwe ya politiki yemewe harebwa iyubahirizwa ry’amategeko. Iri genzura rikorwa binyuze mu biganiro n’abayobozi b’imitwe no gusesengura inyandiko zayo, hagamijwe guteza imbere imiyoborere myiza, demokarasi, ubumwe n’ubwiyunge by’Abanyarwanda.

Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul KAGAME yashyizeho Abaminisitiri, Abanyamabanga ba Leta n’abandi Bayobozi Bakuru
POLITICS

Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul KAGAME yashyizeho Abaminisitiri, Abanyamabanga ba Leta n’abandi Bayobozi Bakuru

Ku wa 24 Nyakanga 2025, Perezida Paul Kagame yashyizeho Guverinoma nshya igizwe n’Abaminisitiri 21, Abanyamabanga ba Leta 10 n’abandi bayobozi bakuru 4, nyuma yo gushyiraho Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva. Habayemo impinduka zirimo Dominique Habimana muri MINALOC, Bernadette Arakwiye mu bidukikije n’abandi bayobozi bashya mu nzego zitandukanye.

Dr. Justin Nsengiyumva ni we minisitiri w’intebe mushya w’u Rwanda
POLITICS

Dr. Justin Nsengiyumva ni we minisitiri w’intebe mushya w’u Rwanda

Ku wa 23 Nyakanga 2025, Perezida Paul Kagame yagize Dr. Justin Nsengiyumva Minisitiri w’Intebe mushya, asimbuye Dr. Édouard Ngirente. Nsengiyumva ni impuguke mu bukungu n’imari ya Leta, wahoze ari Umuyobozi Wungirije wa BNR n’umujyanama muri MINECOFIN. Azwiho ubunyangamugayo, igenamigambi rishingiye ku ntego no guteza imbere iterambere rirambye ry’igihugu.

Dominique Habimana yagizwe Minisitiri w’ubutegetsi bw’Igihugu: Umusanzu w’imyaka myinshi mu miyoborere y’inzego z’ibanze
POLITICS

Dominique Habimana yagizwe Minisitiri w’ubutegetsi bw’Igihugu: Umusanzu w’imyaka myinshi mu miyoborere y’inzego z’ibanze

Dominique Habimana ni umuyobozi ufite uburambe burenga imyaka 15 mu miyoborere y’inzego z’ibanze n’iterambere. Yabaye Umunyamabanga Mukuru wa RALGA kuva Kamena 2024, anakora muri MINALOC n’inzego mpuzamahanga. Nk’umuyobozi wa MINALOC, azibanda ku miyoborere yegereye abaturage, kunoza serivisi z’ibanze no guteza imbere imiyoborere ibereye abaturage.