POLITICS
Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda imaze kuyoborwa n’Abaminisitiri 16 kuva mu 1994, aho igihe cy’ubuyobozi cyabo cyagiye gitandukana, bamwe bamara amezi gusa, abandi imyaka itatu cyangwa irenze.
Minisitiri wa 16 ni Twagirayezu Gaspard (Kanama 2023), wahoze ari Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye. Mbere ye, Dr Uwamaliya Valentine (2020–2023) yamenyekanye mu gufasha abarimu no guhangana na COVID-19 mu mashuri. Dr Eugène Mutimura (2017–2020) na Dr Musafiri Papias Malimba (2015–2017) nabo bayoboye Minisiteri mu bihe byabo.
Kandi, kuva 1994, Minisiteri yayobowe n’abandi barimo Prof. Silas Lwakabamba, Dr Vincent Biruta, Dr Pierre Damien Habumuremyi, Dr Charles Muligande, Dr Daphrose Gahakwa, Dr Mujawamariya Jeanne d’Arc, Prof. Romain Murenzi, Emmanuel Mudidi, Col Joseph Karemera, Ngirabanzi Laurien, Rwigema Pierre Céléstin na Dr Nsengimana Joseph, umuyobozi wa mbere wa Minisiteri nyuma ya Jenoside.
Minisiteri ikomeje guca agahigo ko guhindurirwa abayobozi, ariko buri Minisitiri yashyizeho politiki n’impinduka zigaragara mu burezi bw’u Rwanda.
Carine NIYAKIRE
•
July 12, 2025
•
1 min