Sports

20 articles found

Ikipe y’igihugu y’ u Rwanda Amavubi yamaze kugera muri Afurika Yepfo aho igiye gukina umukino wa 8 wo gushaka itike y’igikombe cy’isi.
SPORTS

Ikipe y’igihugu y’ u Rwanda Amavubi yamaze kugera muri Afurika Yepfo aho igiye gukina umukino wa 8 wo gushaka itike y’igikombe cy’isi.

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi bamaze kugera muri Afurika y’Epfo, aho bitegura gukina na Zimbabwe mu mukino w’umunsi wa 8 wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026. Ibi bibaye nyuma y’uko ku munsi wa 7 Amavubi atsinzwe na Nigeria 1-0, bituma Nigeria iyarusha amanota igahita ijya imbere yayo. Kugeza ubu, u Rwanda ruri ku mwanya wa 4 mu itsinda C n’amanota 8. Itsinda riyobowe na Afurika y’Epfo ifite amanota 16, igakurikirwa na Benin ifite 11, nyuma hakaza Nigeria ifite 10, naho u Rwanda rukagira 8. Amavubi azakina na Zimbabwe ku wa 2, aho aramutse atsindiye amanota atatu yagira amanota 11, akazategereza ibiva mu yindi mikino yo mu itsinda C kugira ngo hamenyekane amahirwe yo gukomeza mu rugendo rwo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026.

Amataliki umukino wa APR FC na Pyramids uzakinirwaho yamenyekanye
SPORTS

Amataliki umukino wa APR FC na Pyramids uzakinirwaho yamenyekanye

ku wa 1 Ukwakira 2025 saa 14:00 za Kigali kuri Kigali Pelé Stadium, mu gihe umukino wo kwishyura uzakinwa ku wa 5 Ukwakira 2025 mu Misiri. Aya masaha yatunguye benshi kuko imikino myinshi ikinwa nijoro, bamwe bakabifata nk’amayeri ya APR FC yo gukinira ku zuba ryinshi mu gihe Pyramids FC imenyereye imikino yo nijoro. Uyu mukino uzasifurwa n’abasifuzi bayobowe n’umunya-Afurika y’Epfo Masixole Bambiso, naho Komiseri azaba ari Ahmed Iddi Mgoyi wo muri Tanzania. Nyuma y’uko Kigali Pelé Stadium yari yabanje kwangwa, APR FC yari yasabye kwakirira umukino kuri Stade Amahoro, ariko CAF imaze kongera kwemera Pelé Stadium, umukino wahise usubizwa kuri iki kibuga. APR FC yari igishaka gukinira kuri Pelé Stadium kuko gifite tapis (artificial turf), mu gihe amakipe menshi yo mu Misiri akina ku bibuga by’ibyatsi, bityo kubajyana kuri Stade Amahoro byari kubaha inyungu.

Lamptey yatandukanye na APR FC.
SPORTS

Lamptey yatandukanye na APR FC.

Umunya-Ghana Richmond Lamptey yatandukanye na APR FC, yerekeza mu cyiciro cya mbere muri Libya mu ikipe ya Ittihad Misurata. Lamptey yari aherutse kugaruka i Kigali avuye Dar es Salaam, aho yari kumwe na APR FC muri CECAFA Kagame Cup. Iyi mpinduka ikurikiye ibihuha byari bimaze iminsi bivuga ko APR FC ishaka gutandukana n’uyu mukinnyi, n’ubwo byavugwaga ko atabyemera. Ittihad Misurata yamutanzeho ibihumbi 50 by’amadorali (asaga miliyoni 75 Frw). Lamptey yari yinjiye muri APR FC mu 2024, agurwa asaga ibihumbi 150 by’amadorali, aho yahembwaga ibihumbi 12 by’amadorali ku kwezi, bikamugira umwe mu bakinnyi bahembwaga neza muri APR FC no mu Rwanda muri rusange. Uyu mukinnyi wakiniye ikipe y’igihugu ya Ghana mu AFCON 2023, anitwara neza muri Asante Kotoko, yagize ibibazo by’imvune mu 2024 byatumye adakina igihe kinini. Mu gihe yamaze mu Rwanda kingana n’umwaka, yakinnye imikino 8 gusa, nta gitego cyangwa umupira wavuyemo igitego yatanze, uretse umupira wavuyemo igitego cya Mamadou Cy mu minota ya nyuma y’umukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup.

umunyarwanda umwe gusa mu basifuzi bateganyijwe gusifura CHAN 2025
SPORTS

umunyarwanda umwe gusa mu basifuzi bateganyijwe gusifura CHAN 2025

CAF yatangaje urutonde rw’abasifuzi bazayobora imikino ya CHAN 2025 izabera muri Kenya, Tanzania na Uganda kuva ku wa 2 kugeza ku wa 30 Kanama 2025. Muri uru rutonde harimo abasifuzi, abafasha babo n’abasifuzi bakoresha ikoranabuhanga (VMOs). U Rwanda ruhagarariwe n’umusifuzi umwe gusa, Dieudonné Mutuyimana, watoranyijwe mu cyiciro cy’abasifuzi b’abafasha (assistant referees), akaba ari we Munyarwanda wenyine uzitabira iri rushanwa. Abandi basifuzi baturutse mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika birimo Maroc, Senegal, Algeria, Nigeria, Uganda na Cameroun.

Muri Rayon Sports “Ubururu bwacu, agaciro kacu” biri gutanga umusaruro.
SPORTS

Muri Rayon Sports “Ubururu bwacu, agaciro kacu” biri gutanga umusaruro.

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bushimira abafana bose bagize uruhare muri iyi gahunda, bukanasaba abataratanga igiceri cy’ijana gukomeza kubigiramo uruhare, bakanatanga n’ubundi bufasha bwose bushoboka. Iyi gahunda yatangijwe ku wa 10 Nyakanga na Perezida wa Rayon Sports Twagirayezu Thadeo, ikoreshejwe uburyo bwa MoMo (Akanyenyeri). Rayon Sports yatangiye imyitozo yitegura umwaka w’imikino 2025/26, uzatangira ku wa 8 Kanama ikina na APR FC. Iyi kipe izahagararira kandi u Rwanda muri CAF Confederation Cup, aho iheruka kwitabira mu 2024, ikaba yarageze kure mu 2018 igera muri kimwe cya kane. Amafaranga azava muri “Ubururu Bwacu Agaciro Kacu” azakoreshwa mu kugura abakinnyi basigaye no mu myiteguro rusange y’uyu mwaka w’imikino.

FC Barcelona na Real Madrid: ihangana ry’aya makipe rikomereje ku isoko ry’igura n’igurisha.
SPORTS

FC Barcelona na Real Madrid: ihangana ry’aya makipe rikomereje ku isoko ry’igura n’igurisha.

FC Barcelona yatangaje ko yasinyishije Rooney Bardghji w’imyaka 19 avuye muri FC Copenhagen ku mafaranga ya miliyoni 2 z’amayero, amusinyisha amasezerano azageza 2029. Uyu musore ukina asatira ku ruhande rw’ibumoso yiyongereye ku mushinga mushya w’iyi kipe. Muri icyo gihe kandi, Lamine Yamal arerekanywa imbere y’abafana nyuma yo kongera amasezerano, aho agiye kwambara nimero 10 guhera ubu. Ku ruhande rwa Real Madrid, yasinyishije Álvaro Correras avuye muri Benfica ku masezerano azageza 2031, akaba agiye kwerekanwa uyu munsi. Uyu abaye umukinnyi wa gatanu winjiye muri Real Madrid nyuma ya Dean Huijsen, Trent Alexander-Arnold, Franco Mastantuono na Rachad Fettal. FC Barcelona ntiyaguze Rooney Bardghji gusa, kuko yanaguze Joan García, umunyezamu wavuye muri Espanyol ku mafaranga ya miliyoni 25 z’amayero, amusinyisha amasezerano y’imyaka 6. Iyi kipe kandi iracyari mu biganiro byo gusinyisha Luis Díaz wa Liverpool na Marcus Rashford wa Manchester United.

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Repubulika ya Congo akekwaho kunyereza miliyoni $1.3 y’amadolari ya FIFA
SPORTS

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Repubulika ya Congo akekwaho kunyereza miliyoni $1.3 y’amadolari ya FIFA

Mayolas n’Umunyamabanga Mukuru wa Fecofoot, Badji Mombo Wantete, bahakanye ibyo bashinjwa, babita ikinyoma. Iperereza rivuga ko amafaranga ya FIFA yakoreshejwe binyuze mu masosiyete y’ikirenga, aho mu $500,000 yoherejwe mu 2021, $20,000 gusa ari zo zageze ku makipe y’abagore. Anashinjwa kunyereza $800,000 zagombaga kubaka Ikigo cy’amahugurwa i Ignié, cyataye agaciro kitigeze kirangira. Mayolas yari yarigeze guhagarikwa na FIFA mu 2015 ku byaha bya ruswa. Mu Gashyantare 2025, yahagaritswe n’igihugu mu gihe cy’iperereza, ariko FIFA ihita ihagarika Congo mu marushanwa mpuzamahanga kubera kwivanga kwa politiki. Ibi byatumye Congo yamburwa amanota mu gushaka itike ya World Cup, mbere yo gusubizwa mu marushanwa muri Gicurasi. Kugeza ubu, FIFA ntiyatangaza iperereza ku mugaragaro, kandi yanze kugira icyo ivuga kuri ibi birego.

Guhuza siporo n’imico yawe bituma uyikunda kurushaho
SPORTS

Guhuza siporo n’imico yawe bituma uyikunda kurushaho

Ubushakashatsi bushya bugaragaza ko guhuza imyitozo ngororamubiri n’imico y’umuntu bituma ayikunda kurushaho kandi ikamugirira akamaro. Abantu basabana (extroverts) bashimishwa n’imyitozo ikorerwa mu matsinda n’imikino y’amakipe, mu gihe abakunda kuba bonyine (neurotic) bakunda imyitozo ituje bakora bonyine kandi itarimo abantu benshi. Abashakashatsi bavuga ko ubu buryo bwafasha abaganga n’abatoza gutanga inama zishingiye ku miterere y’umuntu, bityo bikamufasha gukunda siporo no kuyikora kenshi. Ibi binerekana ko atari ngombwa gukora imyitozo ikaze gusa, kuko no gutembera cyangwa imyitozo yoroshye ishobora gutanga umusaruro mwiza iyo ihuye n’imico yawe.

Rugaju Reagan ufatwa nk’umusesenguzi wa mbere mu Rwanda yamaze kwinjira mu mwuga w’ubutoza
SPORTS

Rugaju Reagan ufatwa nk’umusesenguzi wa mbere mu Rwanda yamaze kwinjira mu mwuga w’ubutoza

Rugaju Reagan, uzwi cyane nk’umusesenguzi w’umupira w’amaguru mu Rwanda, yamaze kwinjira ku mugaragaro mu mwuga w’ubutoza, aho yagizwe umutoza wungirije wa Gorilla FC nyuma yo kubona risanse C imwemerera gutoza mu cyiciro cya mbere. Azakorana n’umutoza mukuru Alain Kirasa. Reagan yari asanzwe agaragaza icyifuzo cyo gukora ibintu binini mu mupira w’amaguru w’u Rwanda, kandi akazi ke gashya ntikazatuma areka itangazamakuru, ahubwo kazamufasha kubona ubunararibonye n’izindi risanse mu ntego yo kuba umutoza ukomeye. Aya makuru yemejwe na we ubwe.

Abakinnyi babiri b’Abanyarwanda, bamaze kugera mu ikipe y’abato ya Bayern Munich.
SPORTS

Abakinnyi babiri b’Abanyarwanda, bamaze kugera mu ikipe y’abato ya Bayern Munich.

Abakinnyi babiri b’Abanyarwanda, Ndayishimiye Barthazar na David Okoce, batoranyijwe mu bazaba bagize ikipe ya Bayern Munich y’Abatarengeje imyaka 19, nyuma yo gutsinda ijonjora. Bagiyeyo kwinjira mu irerero (Academy) rya Bayern Munich mu Budage, rifasha iyi kipe kuzamuramo abakinnyi bakiri bato. Ibi ni intambwe ikomeye ku iterambere ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, kuko bifungura amahirwe ku bakinnyi b’abato bafite impano, bikazamura ireme ry’amakipe y’abakiri bato ndetse bikarinda ejo hazaza h’umupira w’igihugu. Iyi gahunda iri mu masezerano y’imyaka itanu u Rwanda rwasinyanye na Bayern Munich mu 2023, azageza mu 2028, agamije kwamamaza ubukerarugendo no guteza imbere umupira w’amaguru w’u Rwanda.

IFA yafunguye ibiro muri Trump Tower, ikomeza umubano wayo na Perezida wa Amerika
SPORTS

IFA yafunguye ibiro muri Trump Tower, ikomeza umubano wayo na Perezida wa Amerika

FIFA yatangaje ko yafunguye ibiro bishya muri Trump Tower i New York, mu rwego rwo gukomeza umubano wayo na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump, no kwiyegereza ibikorwa bikomeye by’umupira w’amaguru bizabera muri Amerika, birimo Club World Cup n’Igikombe cy’Isi cya 2026. Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, yavuze ko kuba hafi y’ahabera ibyemezo bikomeye ku rwego mpuzamahanga ari ingenzi ku muryango wa FIFA. Nubwo hatatangajwe neza abakozi bazakorera muri ibyo biro, FIFA yakodesheje inyubako ya Trump, bikomeza kugaragaza umubano wihariye hagati ya Infantino na Trump. Ibi byiyongera ku bindi biro FIFA yafunguye i Miami muri 2024, byibanze ku by’amategeko n’imyiteguro y’amarushanwa.

CAF yakubye kabiri amafaranga iha amakipe azitabira amarushanwa y’amakipe yo ku mugabane w’Afurika
SPORTS

CAF yakubye kabiri amafaranga iha amakipe azitabira amarushanwa y’amakipe yo ku mugabane w’Afurika

agenerwa amakipe yabonye itike yo guhagararira ibihugu byayo mu marushanwa Nyafurika. Amafaranga yo kwitegura yazamuwe ava kuri $50,000 agera kuri $100,000 kuri buri kipe. Ku Rwanda, amakipe azahagararira igihugu ni Rayon Sports mu CAF Confederation Cup na APR FC mu CAF Champions League, aho buri imwe izahabwa $100,000, angana n’asaga miliyari 1.5 Frw yo kubafasha kwitegura umwaka w’imikino 2025–2026. Iyi politiki ijyanye n’icyerekezo cya Dr Patrice Motsepe, uyobora CAF kuva mu 2021, cyo kuzamura umupira w’Afurika binyuze mu kongera ishoramari n’inkunga z’abaterankunga. Kwiyongera kw’ibihembo by’amafaranga byazamuye ireme n’ihangana ry’amarushanwa ategurwa na CAF ku mugabane wa Afurika.

Biramahire Abeddy Christophe yasinye amasezerano y’imyaka 2 muri Rayon Sports
SPORTS

Biramahire Abeddy Christophe yasinye amasezerano y’imyaka 2 muri Rayon Sports

Biramahire Abeddy, w’imyaka 26, yongereye amasezerano y’imyaka ibiri na Rayon Sports nyuma y’uko amasezerano y’amezi atandatu yari afitanye na yo yarangiye. Yaje muri Rayon Sports mu ntangiriro z’umwaka wa 2025 asimbura rutahizamu Fall Ngagne wari ufite imvune. Biramahire yakiniye amakipe atandukanye hanze no mu Rwanda, arimo UD Songo (Mozambique), Club Sportif Sfaxien (Tunisia, 2018-2019) n’ikipe ya Mukuru VS. Mu Rwanda, yazamukiye mu irerero rya Heroes, ajya muri Bugesera FC (2015) na Police FC (2017) mbere yo kujya hanze.

Ibiciro bya Ticket ya 1/2 cy’igikombe cy’isi cy’ama clubs byakubiswe hasi
SPORTS

Ibiciro bya Ticket ya 1/2 cy’igikombe cy’isi cy’ama clubs byakubiswe hasi

FIFA yagabanyije cyane igiciro cy’itike isanzwe ku mukino wa 1/2 wa Club World Cup uzahuza Chelsea na Fluminense, uteganyijwe ku wa Kabiri kuri MetLife Stadium i New Jersey. Igiciro cy’itike cyavuye kuri $473.90 kigera kuri $13.40, ni igabanuka rirenga 97%, mu rwego rwo gukurura abafana benshi. Iri gabanywa ryagizwemo uruhare n’uburyo bwa dynamic pricing FIFA ikoresha mu mikino yose y’iri rushanwa. Mu wundi mukino wa 1/2 uzahuza PSG na Real Madrid, uteganyijwe ku wa Gatatu, itike isanzwe igura $199.60.

APR FC yemeje bidasubirwaho ko yasinyishije myugariro wo hagati, Nduwayo Alexis wakiniraga Gasogi United.
SPORTS

APR FC yemeje bidasubirwaho ko yasinyishije myugariro wo hagati, Nduwayo Alexis wakiniraga Gasogi United.

APR FC yasinyishije umukinnyi ukiri muto, Nduwayo Alexis, ku masezerano y’imyaka ine akina nk’umukinnyi wa yo. Alexis avuye muri Gasogi United, aho azafatanya na Clement Niyigena, Aliou Suane na Yunnus Nshimiyimana mu ikipe ya APR FC. Yatanzweho 25 miliyoni Rwfr kandi azajya ahabwa umushahara wa 900,000 Rwfr. Nduwayo yiyongereye ku bakinnyi batanu b’abanyarwanda n’abandi banyamahanga batatu bamaze gusinyira APR FC. Biteganyijwe ko rutahizamu wa kane azagezwa vuba, nyuma y’aho ikipe izafunga isoko ry’iyi mpeshyi, yitegura shampiyona n’imikino mpuzamahanga.

Rutahizamu w’Umurundi Nibibona Eddy yasinyiye Amagaju FC amasezerano y’imyaka ibiri.
SPORTS

Rutahizamu w’Umurundi Nibibona Eddy yasinyiye Amagaju FC amasezerano y’imyaka ibiri.

Rutahizamu w’Umurundi, Nibibona Eddy w’imyaka 23, wakiniraga Rukunzo FC, yasinyiye Amagaju FC ku masezerano y’imyaka ibiri. Eddy yari umwe mu bakinnyi batsinze ibitego byinshi muri Shampiyona y’u Burundi 2024-25, aho yatsinze ibitego 20, akaba agiye gufasha Amagaju FC mu mwaka w’imikino 2025-2026. Uyu mukinnyi azahura na Iradukunda Desire, undi Rutahizamu w’Umurundi wari ukinira Ngozi City, nawe wasinyiye Amagaju FC amasezerano y’imyaka ibiri.

Yasambanije Abakobwa benshi, none yatawe muri yombi.
SPORTS

Yasambanije Abakobwa benshi, none yatawe muri yombi.

Reza Parastesh, umugabo ukomoka mu Iran, ashinjwa gusambanya abakobwa benshi akoresheje isura ye isa na Lionel Messi, ndetse akoresha imyambaro n’ikarita ya nimero 10 y’ikipe ya FC Barcelona kugira ngo agire uwo yibutsa. Yatangiye kumenyekana mu 2017 ubwo yasabye papa we kumwemerera kwambara imyenda ya Barça, bigatuma afotwa asa na Messi, bityo amasosiyete n’abantu bamumenye bamushaka ku bikorwa by’ubucuruzi no gufata amafoto.

Mbappé yigaragaje mu buryo budasanzwe Real Madrid itsinda Borussia Dortmund 3-2
SPORTS

Mbappé yigaragaje mu buryo budasanzwe Real Madrid itsinda Borussia Dortmund 3-2

Nubwo yari akiri mu bitaro kubera gastroenteritis yamutwaye ibiro 5, Kylian Mbappé ntiyigeze atenguha abafana ba Real Madrid. Mu mukino wahuje Real Madrid na Borussia Dortmund, yatsinze igitego cy’intsinzi mu minota y’inyongera, akoresheje sideways scissor kick cyateje ibyishimo mu bafana. Mbappé ataragarura imbaraga 100%, yiteguye umukino wa 1/2 cy’irangiza uzaba ku wa Gatatu, aho ashobora guhura n’ikipe yo mu gihugu cye yigeze gufasha kwegukana igikombe cy’Isi, ari ubwa mbere azahura nayo nka mukinnyi wa Real Madrid.

Chelsea na Aston Villa Bahaniwe Kurenga ku Mategeko y’Imari ya UEFA
SPORTS

Chelsea na Aston Villa Bahaniwe Kurenga ku Mategeko y’Imari ya UEFA

Amakipe ya Chelsea na Aston Villa yahanwe na UEFA kubera kurenga ku mategeko agenga imikoreshereze y’amafaranga (financial fair play). Aya makipe ashobora kutemererwa kwandika abakinnyi bashya mu marushanwa ya UEFA 2025-2026, keretse habayeho inyungu zisobanutse mu kugura no kugurisha abakinnyi mbere y’uko isoko rifungwa. Chelsea yaciwe miliyoni 31 z’amayero (ishobora kwiyongera ku miliyoni 60 mu gihe cy’imyaka ine) Aston Villa yahanishijwe miliyoni 11 z’amayero (ishobora kongerwa ku miliyoni 15 mu gihe cy’imyaka itatu) Ibi bihano bijyanye n’uko amafaranga yishyurwa abakinnyi n’abatoza arenze 80% by’umusaruro w’amakipe. Chelsea izitabira Champions League, naho Aston Villa Europa League umwaka utaha.