POLITICS
Ku wa 24 Nyakanga 2025, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho Guverinoma nshya ashingiye ku ngingo ya 116 y’Itegeko Nshinga, agena Abaminisitiri 21, Abanyamabanga ba Leta 10 n’abandi Bayobozi Bakuru 4. Ibi byabaye nyuma y’ishyirwaho rya Minisitiri w’Intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva, wasimbuye Dr. Eduard Ngirente wari umaze imyaka umunani muri izo nshingano, bikaba byatumye Guverinoma yari ihari iseswa hashingwa indi nshya nk’uko biteganywa n’Itegeko Nshinga.
Mu mpinduka z’ingenzi zabayeho, Dominique Habimana yagizwe Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean de Dieu Uwihanganye agirwa Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ibikorwaremezo, Dr. Bernadette Arakwiye agirwa Minisitiri w’Ibidukikije, naho Dr. Telesphore Ndabamenye agirwa Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi. Nick Barigye yagizwe Guverineri Wungirije wa Banki Nkuru y’Igihugu asimbuye Dr. Justin Nsengiyumva wagizwe Minisitiri w’Intebe. Byongeye, ibigo bya RMB na RCB byashyizwe munsi y’Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda, mu rwego rwo kunoza imikorere n’iterambere ry’igihugu.
Carine NIYAKIRE
•
January 5, 2026
•
2 min