U Bwongereza bushaka kwisubiza amafaranga yari yaragenewe abimukira bari koherezwa mu Rwanda
Guverinoma nshya y’u Bwongereza iyobowe na Keir Starmer yatangiye gusuzuma niba hari amafaranga yari yaragenewe gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda yakongera kugaruzwa cyangwa agakoreshwa mu zindi gahunda. Aya mafaranga ashobora no kwifashishwa mu rwego rushya rushinzwe umutekano wo ku mipaka. Iyi gahunda imaze gutangwaho amafaranga menshi ariko abimukira bane gusa ni bo bayikoresheje ku bushake. Kugeza mu 2023, u Bwongereza bwari bwaramaze guha u Rwanda miliyoni 249£, ariko ntiharamenyekana niba ayo mafaranga azagaruzwa.