APR FC yemeje bidasubirwaho ko yasinyishije myugariro wo hagati, Nduwayo Alexis wakiniraga Gasogi United.
APR FC yasinyishije umukinnyi ukiri muto, Nduwayo Alexis, ku masezerano y’imyaka ine akina nk’umukinnyi wa yo. Alexis avuye muri Gasogi United, aho azafatanya na Clement Niyigena, Aliou Suane na Yunnus Nshimiyimana mu ikipe ya APR FC. Yatanzweho 25 miliyoni Rwfr kandi azajya ahabwa umushahara wa 900,000 Rwfr. Nduwayo yiyongereye ku bakinnyi batanu b’abanyarwanda n’abandi banyamahanga batatu bamaze gusinyira APR FC. Biteganyijwe ko rutahizamu wa kane azagezwa vuba, nyuma y’aho ikipe izafunga isoko ry’iyi mpeshyi, yitegura shampiyona n’imikino mpuzamahanga.