Kigali Yiteguye kwakira isiganwa ry’amaguru (Marato) mpuzamahanga ry’amahoro ku nshuro ya 20
Umujyi wa Kigali witeguye kwakira ku nshuro ya 20 Marato Mpuzamahanga y’Amahoro tariki 8 Kamena 2025, ifite insanganyamatsiko igira iti: “Kuzana Isi i Kigali no Kujyana Kigali mu Isi”. Iri rushanwa rigamije guteza imbere amahoro, ubumwe n’imibanire myiza hagati y’ibihugu binyuze muri siporo. Marato izaba igizwe n’ibyiciro bitatu: Gusiganwa 10 km (Run for Peace) Igice cya marato: 21.097 km Marato yuzuye: 42.195 km Iri siganwa ryatangiye mu 2005, riterwa inkunga n’Umukuru w’Igihugu Paul Kagame, RAF, Minisiteri ya Siporo n’abandi bafatanyabikorwa. Mu mwaka wa 2024, ryitabiriwe n’abantu 10,183 baturutse mu bihugu 35, abarenga 4,000 baturutse hanze y’u Rwanda.